• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Ubwanditsi 02 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Guhera ku itariki ya Mbere mutarama 2017, u Rwanda rwatangiye kwakira abanyamahanga baje nta byangombwa byanditse bitwaje, mu gihe bemerewe kumara iminsi  itarenze 30 mu Rwanda.

Guhera mu kwezi kwa 11 umwaka ushize, ni bwo u Rwanda twatangaje ko abantu baturutse mu bihugu byo mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba bemerewe kumara amezi 6 mu Rwanda, aho baba bemerewe gufatira ibyangombwa mu Rwanda cyangwa ababishoboye bakabyakira ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu bihugu byabo baba baturutsemo.

Aya masezerano yemeza ko mu bihugu birimo Benin, Central African Republic, Chad, DRC, Ghana, Guinea, Indonesia, Haiti, Mauritius, Philippines, Senegal, Seychelles, Sao Tome et Principe ndetse na Singapore bemerewe gusura u Rwanda mu gihe kingana n’iminsi 90 nta rupapuro rw’inzira (Visa), nk’uko byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu.

Abanyamahanga bashobora gufatira ibyangombwa mu Rwanda bamaze kuhagera, bakaba babisaba hakoreshejwe uburyo bw’itumanaho ra interineti, cyangwa bakajya ku bigo bishinzwe imigenderanire mu gihugu baba baturutsemo.

Abazajya baturuka mu bihubu birimo Australia, u Budage, Israel, New Zealand, Sweden, United Kingdom, ndetse na Leta zunze ubumwe z’Amerika bemerewe uruhushya rwo kumara iminsi 30 gusa nabwo bakishyura Amadolari 30 yonyine nta zindi mpapuro zifashishijwe.

Ikigo cyo mu Rwanda gishinzwe abinjira n’abasohoka gitangaza ko izi mpushya z’igihe gito zitemerewe kugenderwaho ngo zifashishwe n’abaza bashaka akazi kuko baba bazatinda.

Abaturuka mu gihugu cya Hong Kong bo basabwa kubanza kwishyura mbere yo kuza.

Ibi bitandukanye n’uburyo byajyaga bikorwa, aho ushaka kuza gutembera mu Rwanda yabanzaga agashakira ibyangombwa iwabo, gusa ubwo buryo bukaba butarakuweho ahubwo ko umuntu akora ikimworoheye.

Abaturage bandi bo ku mugabane bashaka kuza mu Rwanda, cyangwa abashaka kuhanyura bajya mu bindi bihugu, bazajya bishyura Amadolari 30 gusa bamaze kugera mu Rwanda, ndetse batiriwe babisaba.

Mu Gushyingo 2017, nibwo Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga mu Rwanda yatangaje ko ubu buryo bushya bwo kwinjiza abanyamahanga mu Rwanda nta mbogamizi biri muri gahunda y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe, bikazaha abaturage ukwishyira ukizana mu bihugu byose hagamijwe guteza imbere ubuhahirane ku mugabane w’Afurika, bikaba bizateza imbere ubukerarugendo ndetse n’ubushoramari mu Rwanda.

Mu nama ya 27 y’Afurika yunze ubumwe yabereye I Kigali mu kwezikwa Karindwi 2016, hemejwe paseporo nyafurika no kureba abaturage bakishyira bakizana muri buri gihugu.

The new Times dukesha iyi nkuru ivuga ko abateguye iyo nama bemeje ko ibi ari bimwe mu bizongera ubushoramari mu Rwanda ndetse u Rwanda rukazarushaho no kujya rwakira inama mpuzamahanga zitandukanye.

Kuva muri 2013, umubare w’abinjira mu Rwanda bo ku mugabane w’Afurika wiyongereye kuva kuri 31,054kugeza kuri  77,377 muri 2016.

Byibuze abantu 350 biyandikisha mu buryo bw’ikoranabuhanga buri munsi.

2018-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha
Mu Rwanda

‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha

Ubwanditsi 04 Oct 2017
‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara
ITOHOZA

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017
PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite
POLITIKI

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru