• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Ubwanditsi 15 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu Kiganiro Moïse Katumbi yagiranye na Jeune Afrique, yatangaje byinshi ku miyoborere ya Perezida Félix Tshisekedi, anavuga ibijyanye n’ibyifuzo byo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Katumbi ashinja Tshisekedi gushaka kuguma ku butegetsi mu buryo butemewe, cyane cyane gukoresha impinduka mu Itegeko Nshinga kugira ngo abone manda ya gatatu.

Katumbi agaragaza impungenge zikomeye ku myifatire ya Tshisekedi, avuga ko ibyifuzo byo guhindura Itegeko Nshinga bigamije inyungu bwite za Tshisekedi, aho kurengera abaturage cyangwa kuzamura igihugu. Yagize ati: “Birababaje kubona bamwe batekereza kuguma ku butegetsi aho gukorera rubanda. Kwifuza guhindura Itegeko Nshinga ku nyungu zawe bwite, ni ukwiyemeza gusubiza igihugu inyuma kurushaho.” Yongeyeho ko ibyo byose ari amayeri ya politiki ya Perezida kugira ngo akomeze kuguma ku butegetsi.

Ku bijyanye n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange, Katumbi avuga ko amatora ya 2018 yabaye ay’uburiganya, aho yemeza ko Félix Tshisekedi nta bubasha afite buhabwa n’abaturage. Ati: “Félix Tshisekedi nta bubasha yemererwa n’abaturage.” Yibaza ukuntu bashobora kugirana ibiganiro na Perezida utajya yerekana ko hari ibibazo bikomeye igihugu gifite.

Ku bwe, guverinoma n’abayobozi bagize ubutegetsi bwa Tshisekedi bagakwiye gushyira imbere gukemura ibibazo by’abaturage, aho guhindura Itegeko Nshinga ku nyungu bwite z’ubuyobozi.

Ku kibazo cy’uko Katumbi yaba afite umubano n’abarwanya ubutegetsi cyangwa ashaka guteza umutekano muke, by’umwihariko ku bikorwa by’ubwubatsi byakozwe n’ubufasha bwa Katumbi mu gace ka Haut-Katanga, asobanura ko ibyo ari ibinyoma, kandi ko ibikorwa bye bigamije iterambere ry’abaturage. Yibutsa ko yagiye yubaka amashuri n’ibitaro byo gufasha abaturage kandi ko nta mugambi wo guteza umutekano muke afite.

Ku birego byo kuvugurura ibibuga by’indege mu buryo bunyuranyije n’amategeko, Katumbi agaragaza ko ibyo bikorwa biri mu murima we kandi ko amategeko amwemerera kubikora atabanje gusaba uruhushya, kuko ari ibikorwa byo gusana ibibuga by’indege bimaze igihe kirekire bikoreshejwe.

Katumbi kandi atangaza ko ubutegetsi bwa Tshisekedi buri kugerageza kumubuza gukorera abaturage, ariko atemera ko ibyo bizatsinda. Yavuze ko n’ubwo Perezida Tshisekedi atigeze amubuza ibikorwa bye by’ubugiraneza, ubutegetsi buri kugerageza kumucisha bugufi binyuze mu bimenyetso bya politiki n’ibirego.

Yasobanuye ko n’ubwo yari afite umutima utuje, ibikorwa byo guhiga abo batavuga rumwe n’ubutegetsi bigamije gucecekesha abantu badashyigikiye ubutegetsi. Katumbi yatanze urugero rw’ibyo avuga, ashingiye ku rupfu rwa Chérubin Okende n’ifatwa rya Salomon Idi Kalonda, avuga ko ibyo ari bimwe mu bikorwa bishobora gukorwa mu rwego rwo gukuraho abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Mu gusoza Katumbi ashinja Perezida Tshisekedi gukoresha ubutegetsi mu nyungu ze bwite, no kugerageza guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo agume ku butegetsi. Katumbi akomeza kugaragaza ko ubuyobozi bwa Tshisekedi bukoresha iterabwoba n’ibinyoma mu guhangana n’abatavuga rumwe na bwo, ariko yemeza ko batazabasha kumuhagarika ngo areke gufasha abaturage bo muri RDC.

2024-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Ubwanditsi 02 Apr 2016
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Umukobwa wa Anatole Nsengiyumva yagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yimuriwe muri Kongo igihe abicanyi bahungiragayo

Ubwanditsi 28 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.
Amakuru

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021
Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya
Mu Rwanda

Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Ubwanditsi 17 May 2017
Abanyamahanga baba muri Afurika  y’Epfo barahigwa bukware
ITOHOZA

Abanyamahanga baba muri Afurika y’Epfo barahigwa bukware

Ubwanditsi 16 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru