• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

RUSHYASHYA 29 Jun 2026 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUREZI

Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’ingengo y’imari n’umutungo bya Leta (PAC), bagaragaje ko bitumvikana ukuntu ibitabo bigenewe abanyeshuri bikererwa kugerayo ku buryo umwana kigenewe arangiza umwaka yigamo akimuka atakibonye.

Byagarutsweho ku wa 29 Kamena 2026, ubwo REB yisobanuraga ku makosa yagaragaye muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2025.

Kimwe mu bibazo byafashe amasaha menshi ni icyerekeye ubutinde mu kwemeza ibishushanyo by’ibitabo byo mu mashuri byatinze iminsi irenga 200, n’ubukererwe bw’iminsi 372 bwo ibitabo bisohorwa mu nyandiko mu macapiro atandukanye.

Visi Perezida wa PAC, Murumunawabo Cecile yavuze ko ubushize bari bemeje ko ari uburangare ariko ubu hatanzwe impamvu zirimo imvura n’amatora mu buryo butumvikana.

Yavuze ko hari icapiro ry’ibitabo ryagombaga gusohora ibitabo ibihumbi 396 byatinze koherezwa mu mashuri, ndetse mu gihe komisiyo yasuraga byari bikiri mu bubiko.

Ati “Ubwo abana baba bigira mu ki? Kongera amasezerano inshuro eshanu abana bicaye mu ishuri batari kwiga!”

Mu bindi bibazo birimo harimo kuba barishyuye amafaranga y’urugendo angana na miliyoni 12 Frw ariko ibitabo ntibyagera ku mashuri byari biteganyirijwe.

Murumunawabo ati “Abo bana barimutse? Bimutse batabibonye, abarimu batabikoresheje?”

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr Mbarushimana Nelson, yavuze ko iyo hoherejwe ibishushanyo [artwork] cyangwa inyandiko hari abantu bashinzwe gusuzuma ireme rya buri kintu kugira ngo ibitabo bitangwe bifite ireme.

Ati “Iyo rero azanye artwork ya mbere kugira ngo yemezwe hari abapima muri REB. Hari ibikoresho dufite bipima ibitabo aho dupima ireme ry’igifuniko cy’inyuma, bagapima uko amashusho ameze, uko atondetse, uko inyandiko zimeze hakarebwa ngo ese biragaragara? Bakongera bakareba niba nta makosa yakozwe mu myandikire.”

Rwiyemezamirimo iyo amaze gutanga ibikosoye atangira kubisohora mu ngano ikenewe igomba kujyanwa mu mashuri.

Urugero ni ibitabo bijyanye n’amasomo y’ubuforomo n’ububyaza mu mashuri yisumbuye, n’ibijyanye n’ibaruramari byatinze iminsi 201.

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens ati “Iminsi 201 byagenze bite? Azanye impagararizi, ubundi mwiyemeje ni 30, ni namwe mwabishyizeho, noneho ibaye 30 gukuba hafi karindwi.”

Umuyobozi ushinzwe Integanyanyigisho n’ibikoresho byigirwamo n’imfashanyigisho muri REB, Joan Umurungi yavuze ko ibitabo bisaba gusuzumwa mu buryo bwihariye kugira ngo hatagira amakosa agaragaramo.

By’umwihariko ku by’amashuri yigisha ubuforomo n’ububyaza avuga ko byatewe n’isoko ryatanzwe ari ibitabo bike cyane bituma bihenda.

Ati “Ni impinduka zabayemo hagati mu mwaka biva muri TVET bijya muri REB hatangira urugendo rwo kwandika no kugira ngo tubinoze, hagera igihe cyo gusinya amasezerano, amasezerano ahenze ku buryo wasangaga hari igitabo kimwe wasangaga kigura ibihumbi 100 Frw hari n’ibyaguraga ibihumbi 200 Frw cyangwa arenga.”

Yasobanuye ko amasezerano byagaragaye ko azagorana gushyirwa mu bikorwa byongera gusubira mu biganiro.

Ati “Hari amashuri arindwi atangiye mu buforomo n’ububyaza arimo abanyeshuri 210. Iyo ibitabo ari bike, ibiciro bijya hejuru.”

Umwarimu utabonye igitabo yigisha ate?

Depite Mussolini Eugene yagaragaje impungenge ku ireme ry’uburezi abanyeshuri bahabwa mu gihe abarimu badafite ibitabo.

Ati “Si n’amakosa ahubwo ni ukwangiza. Niba urugendo rwo kubona igitabo cy’umwana twohereje ku ishuri mu mwaka wa mbere azagera mu wa gatatu kandi dufite inyandiko y’ikoranabuhanga, ariko kugisohora ku mpapuro bigatwara iminsi 300, habura iminsi 65 ngo umwaka urangire, uwo twohereje mu wa mbere arabibuze, ugiye mu wa kabiri arabibuze, asoje uwa gatatu nta gitabo kiramugeraho…wasohora ibitamo mu nyandiko [printing] imyaka itatu?”

Umurungi yasobanuye ko iyo rwiyemezamirimo atanzee igice kizima atangira kugitubura, ibitanoze bigakomeza gukosorwa, hakazemezwa itariki ya nyuma byatangiweho ari uko atanze igitabo cya nyuma.

REB ivuga ko ibitabo byamaze gusohoka ku mpapuro bihita byoherezwa ku mashuri mu gihe ibindi bikinozwa.

Perezida Muhakwa ati “Ubwo abari bakeneye gukoresha ibi bitabo barasibira? Bazagaruka babyige, bazabyigira mu mwaka bagezemo?”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi Karakye Charles yavuze ko hemezwa ibitabo bigomba kugurwa hamaze kwemezwa aho bikenewe.

Ati “ Twasanze dufitemo igenamigambi ritanoze mu kugura no kugeza amashuri ku gihe nk’uko bigaragara umunyeshuri wagombaga kubona igitabo akaba arangije umwaka cyangwa ibiri atarakibona. Iyi gahunda twarayiganiriye twemeza ko tugiye gukora impinduka ku buryo twizera ko uyu mwaka w’ingengo y’imari utangiye tuzaba dufitemo uburyo bwo kugura no gukwirakwiza ibitabo bwiza.”

Perezida wa PAC, Muhakwa Valens yagaragaje impungenge z’uko mu gihe abana batabonye ibitabo bazazamuka nta bumenyi bufite ireme bafite

Umuyobozi Mukuru wa REB, Nelson Mbarushimana yavuze ko biyemeje gukemura ikibazo cy’ibitabo bitagera mu mashuri ku gihe

Joan Umurungi yavuze ko mbere y’uko ibitabo bituburwa habanza gusuzuma buri kintu niba kiri ku murongo, bigatuma bitinda

2026-06-29
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Ubwanditsi 07 Jan 2021
Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Ubwanditsi 14 Feb 2023
Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa
Mu Rwanda

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Ubwanditsi 05 May 2017
Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco
Mu Mahanga

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Ubwanditsi 03 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru