• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Ubwanditsi 12 Jul 2018 Mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyatangaje ko mu muhango wo Kwita Izina uteganyijwe ku wa 7 Nzeri uyu mwaka, abana 23 b’Ingagi bazahabwa amazina mu gikorwa kizabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ni umuhango ugiye kuba mu gihe umubare w’izi ngagi zo mu birunga zitaba ahandi ku Isi, ukomeje kwiyongera, kuko ibarura riheruka ryerekanye ko hari izigera kuri 604.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Belise Kariza, yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu ko icyiza cyo kwishimira ari uko “umubare w’ingagi ugenda wiyongera.”

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko ubu bukerarugendo bugenda bunatanga umusaruro ku baturiye za pariki, binyuze muri gahunda yo kubasaranganya 10% by’inyungu bubyara.

Ibyo bijyana n’uko abahoze ari ba rushimusi b’inyamaswa babonye icyo bakora, ubu bakaba aribo bazicungira umutekano.

Yagize ati “Abari abanzi b’ibidukukijije ubu ni abakunzi, bafite amatorero y’ababyinnyi, abashoferi ba mukerarugendo, abari ba rushimusi ubu ni inshuti z’ibidukikije. Hari imihanda myiza yakozwe muri kariya gace, amashuri n’ibindi bivuye mu musaruro w’ubukerarugendo.”

Guverineri Gatabazi yavuze ko ubu abaturage biteguye uyu munsi ukomeye, ku buryo abazitabira uyu muhango barimo n’abashyitsi b’abanyamahanga bazakirwa neza bagataha banyuzwe.

Umwe mu bahagarariye gahunda irengera ingagi, International Gorilla Conservation Programme, Anna Behm Masozera, yavuze ko kuba hari abana 23 bagiye kwitwa amazina, ari ikimenyetso gikomeye ko umubare w’izi ngagi uri kwiyongera mu bihugu zibonekamo ari byo, u Rwanda, Uganda na RDC.

Kugeza ubu hari gukorwa inyigo yo kurushaho kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, kugira ngo uko inyamaswa ziyituye ziyongera n’aho zisanzurira haguke.

RDB yatangaje ko mu minsi mike izatangaza amazina y’abashyitsi bihariye bazitabira uyu muhango, barimo n’abashobora kuzaba bahagarariye ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza.

Ni nyuma y’amasezerano impande zombi ziheruka gushyiraho umukono, yo kwamamaza u Rwanda nk’icyerekezo gikwiye mu bukerarugendo n’ishoramari, binyuze muri gahunda yiswe ‘Visit Rwanda’, amagambo azajya anagaragara ku myambaro y’abakinnyi ba Arsenal.

Iyi kipe y’umupira w’amaguru yo mu Bwongereza iherutse kugirana ubufatanye n’u Rwanda bugamije guteza imbere ubukerarugendo. Binyuze muri ubu bufatanye, abakinnyi ba Arsenal bazajya bambara imipira yanditseho ku kuboko kw’ibumoso amagambo ‘Visit Rwanda’ (Tembera u Rwanda) mu gihe cy’imyaka itatu uhereye mu mwaka w’imikino wa 2018/2019 uzatangira mu kwezi gutaha.

Arsenal yagiraganye amasezerano n’u Rwanda yo kwamamaza ubukerarugendo babinyujije muri gahunda ya Visit Rwanda

Kariza yavuze ko Kwita Izina 2018 ifite umwihariko kuko ije mu gihe u Rwanda rwatangiye ubukangurambaga bwa ‘Visit Rwanda’ ku bufatanye na Arsenal kandi ko muri iyi minsi yo gutegura uyu muhango hari ubutumwa bwinshi buzagenda bugaruka kuri ubu bukangurambaga haba ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hatandukanye.

Amasezerano ya ‘Visit Rwanda’ akomeje kuvugisha benshi kuva yasinywa muri Gicurasi 2017 harimo abayanenga nko kwikanyiza k’u Rwanda ku kuba ruzatanga amadolari menshi ku ikipe ya Arsenal ariko abareba kure bakayashima nk’uburyo bwo kwimenyekanisha buzatuma u Rwanda rwinjiza akayabo binyuze mu bukerarugendo n’ishoramari mvamahanga.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Ubwanditsi 20 Apr 2021
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet
Amakuru

Mu Bakinnyi Umutoza w’Amavubi yahamagaye harimo na Kevin Monnet Paquet

Ubwanditsi 07 Oct 2020
Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?
Amakuru

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Ubwanditsi 08 Jan 2021
Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare
Mu Rwanda

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Ubwanditsi 03 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru