• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Ubwanditsi 13 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuva intambara yatangira guca ibintu mu burasirazuba bwa Kongo, amajwi ashinja ingabo z’u Rwanda uruhare muri iyo ntambara yakomeje kwiyongera, ashingiye gusa ku kugenekereza, no ku birego bya Leta ya Kongo bitagira ibimenyetso, uretse gusa ko abarwana nayo bavuga ikinyarwanda.

Imwe mu miryango mpuzamahanga, umuntu atatinya kwita “nyamwongerabibi”, ndetse n’abiyita “impuguke” za Loni zakabaye zifasha ibihugu gukemura amakimbirane, nabo baguye mu mutego w’ikinyoma wa Leta ya Kongo, basohora ibyegeranyo bishinja uRwanda gufasha M23, ngo kuko nta mutwe w’inyeshyamba warusha ingabo za leta ubutwari, disipuline, ubuhanga n’ibikoresho, udashyigiwe byanze bikunze n’igisirikari gikomeye nka RDF, Ingabo z’uRwanda. Ibyo gusa biba bibaye ihame, ko impamvu M23 irusha ingabo za leta imbaraga ari uko iterwa inkunga n’uRwanda.

Inshuro zose Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yabajijwe niba koko u Rwanda rufite ingabo muri Kongo, yabajije ba nyir’icyo kibazo impamvu bumva nta kuntu ingabo z’u Rwanda zaba zitari muri Kongo. Kugeza ubu ntawe urasubiza icyo kibazo cya Perezida Kagame, ahubwo bose bahitamo kwigumira mu gihirahiro bishyizemo ubwabo.

Habuze n’umwe usubiza Perezida Kagame ati, “Ntawe uRwanda rugomba kubanza gusaba uruhushya mbere yo gufata ingamba zo kwirindira umutekano”.

Habuze n’umwe ugira ati: “Nubwo nta bimenyetso dufite, dusanga uRwanda ruramutse rwarohereje ingabo muri Kongo, nta kosa rwaba rufite, kuko rudakwiye kwipfumbata no kurebera, mu gihe leta ya Kongo itahwemye gufasha FDLR mu myiteguro yo gutera uRwanda ngo yongere yimike ubutegetsi b’abajenosideri”.

Uwagenera Perezida Kagame icyo gisubizo, yakwibutsa amagambo ya Perezida Tshisekedi, wivugiye ko azashyigikira uwo ari we wese uzashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda, ko rero nta kuntu RDF yaba itarafashe ingamba zo kubuza Tshisekedi gushyira mu bikorwa umugambi we.

Abananiwe gusubiza Perezida Kagame impamvu bakeka ko uRwanda rufite ingabo muri Kongo, kuki batamubwira ko basanga zaba zaragiye guca intege FDLR, ngo itongera kugaba ibitero nk’icyo yagabye mu Kinigi muw’2019, ndetse inzirakarengane zikahasiga ubuzima?

Nibyo, ni amakosa kwemeza ko ingabo z’igihugu runaka zambutse umupaka zikajya ku butaka bw’ikindi gihugu, utabifitiye ibimenyetso simusiga. Muri Bibiliya ho banavuga ko “gukeka ari ko kubeshya”. Gusa uramutse uvuze ko nta mpamvu ubona yatuma Rwanda rutega ijosi ngo Tshisekedi na FDLR ye bazaze bateme, hari benshi bashyigikira igitekerezo cyawe.

Ubutaha Perezida Kagame nakubaza impamvu utekereza ko uRwanda rufite abasirikari muri Kongo, uzamusubize ko ubuzima bw’inkware itabukesha impuhwe z’agaca. Uti: “Kuba rero n’ Abanyarwanda bari mu mahoro n’umudendezo, si ku bw’mbabazi za Tshisekedi, FDLR, P5 , FLN n’abandi bagizi ba nabi, ahubwo ni umusaruro w’ingamba z’ubwirinzi uRwanda rwashyizeho”.

2025-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?

Ubwanditsi 11 Jan 2021
Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ubwanditsi 05 Sep 2016
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024
AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Ubwanditsi 24 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG
Amakuru

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Ubwanditsi 31 Mar 2021
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi
Amakuru

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025
Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda
Amakuru

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru