• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yavuze ko ashobora gusohoka mu biganiro azagirana na Kim Jong bitarangiye

Trump yavuze ko ashobora gusohoka mu biganiro azagirana na Kim Jong bitarangiye

Ubwanditsi 19 Apr 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibiganiro ateganya kugirana na Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, nabona bidatanga umusaruro azabivamo akagenda.

Biteganyijwe ko muri Kamena 2018 aba bayobozi bombi bazagirana ibiganiro by’amateka byitezwemo kuvuga ku bijyanye no guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi impande zombi zitumvikanaho.

Mu kiganiro Trump yagiranye n’itangazamakuru ari kumwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzo Abe, yavuze ko igitutu gihagije kigomba gukomeza gushyirwa kuri Koreya ya Ruguru kugira ngo ihagarike ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi.

Trump yemeje ko Umuyobozi w’Urwego rw’ubutasi (CIA), Mike Pompeo, yakoreye urugendo rw’ibanga muri Koreya ya Ruguru agahura na Perezida Kim. Avuga ko uko guhura kwagenze neza kandi bakanoza umubano nk’uko BBC yanyanditse.

Icyakora yongeyeho ko ubwo azahura na Kim, ibiganiro byabo nibitagenda neza azabivamo akagenda.

Yagize ati “Iyo tuza kuba dutekereza ko ibiganiro bitazatanga umusaruro ntitwari kubyemera. Nimba ndi mu nama nkabona idatanga umusaruro nzayivamo ngende. Icyakora twizere ko izagenda neza kuko nibyo twiteye.”

Ntiharemezwa aho bazahurira abo bayobozi bombi bazahurira.

Kuva Trump yajya ku butegetsi yakajije ibihano kuri Koreya ya Ruguru ari nako ashyira igitutu ku Bushinwa ngo buyishyire mu kato. Gusa nubwo abayobozi bombi bagiye guhura ngo ibi ntabwo bizigera bigabanuka.

Kuva mu 2000 nta muyobozi wa Koreya ya Ruguru wahuye n’uwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Buri Perezida wa Amerika yagiye agira uburyo butandukanye n’ubw’undi yahanganyemo na Koreya ya Ruguru.

Nka George W Bush yigeze kwita Koreya ya Ruguru ‘Agace gatuwe n’amashitani’, mu gihe uwamusimbuye Barack Obama ntako atagize ngo yigaragaze nk’udashaka gukoma rutenderi ariko bikavugwa ko ariwe Perezida wayifatiye ibihano bikomeye mu by’ubukung.

2018-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Burundi: Perezida Nkurunziza avuga ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2020

Burundi: Perezida Nkurunziza avuga ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2020

Ubwanditsi 07 Jun 2018
ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

RUSHYASHYA 23 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje
Amakuru

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?
Amakuru

Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Ubwanditsi 07 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru