• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Ubwanditsi 16 Apr 2018 POLITIKI

Mu gitondo cya kare cyo ku wa 14 Mata nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa bagabye ibitero byinshi mu duce dutandukanye muri Syria, intego ari uguhiga no gushyira hasi ibice bikekwa ko birimo intwaro z’ubumara.

Ni ibitero ubuyobozi bwahamije ko bitagamije gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Bashar Al Assad, ahubwo ari ibyo gushegesha ubushobozi bwa guverinoma y’icyo gihugu mu bijyanye n’intwaro zirimo ibinyabutabire bihumanya, nk’izatewe ku gace ka Douma, abasaga 75 bakahasiga ubuzima.

Indege za Tornado z’u Bwongereza

Nk’uko bigaragara mu cyegeranyo CNN yakoze, u Bwongereza bwatanze indege z’intambara enye za Tornado zihetse missile zo mu bwoko bwa Storm Shadow zihuta cyane kandi zishobora gukora intera ndende, nk’uko Minisiteri y’ingabo y’icyo gihugu yabitangaje. Nyuma byaje gutangazwa ko haje no kwifashishwa indege z’intambara zo mubwoko bwa Typhoon.

Izo ndege zahagurukiye ku birindiro by’indege z’intambara z’u Bwongereza ahitwa Akrotiri muri Chypre, mu Burasirazuba bwa Méditerranée, maze zimisha ibyo bisasu mu duce twagenwe, twakekwagamo intwaro zirimo ibinyabutabire bitemewe, mu Muyi wa Homs.

Izo ndege zigendera kuri moteri ebyiri zo mu bwoko bwa Tornado GR4, zifite ubushobozi bwo gutwara ibisasu bipima ibiro 400 mu bilometero 400, ku buryo kugira ngo zirase muri Syria bitagombga gusaba ko ziguruka cyane cyangwa ngo bizisabe kwinjira mu kirere cyayo.

Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yatangaje ko u Bwongereza bwarashe missile umunani zo mu bwoko bwa Storm Shadow.

Rafale z’u Bufaransa

Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa byashyize ahagaragara amashusho agaragaza indege zo mu bwoko bwa Rafale ziguruka zerekeza mu butumwa muri Syria.

Minisitiri w’Ingabo w’u Bufaransa, Florence Parly, yavuze ko izo ndege zahagurukiye ku birindiro byo mu Bufaransa. Kimwe na Tornado z’Abongereza, Rafale nazo zigira moteri ebyiri, zarimo missile za Storm Shadow zishobora kugenda ibikometero 400. Nazo zashoboraga kurasa muri Syria bidasabye ko zigera mu kirere cyayo.

Ubuyobozi bwa Amerika bunavuga ko hari indege za Mirage z’u Bufaransa zakoreshejwe muri icyo gitero, bukaba bwararashe missile icyenda.

Indege za B-1 za Amerika

Ubuyobozi bwa Minisiteri y’Ingabo ya Amerika bwatangaje ko Ingabo zirwanira mu kirere zifashishije indege ebyiri za B-1B. Izo ndege zigendera kuri moteri enye za B-1 zarashe missile 19.

Amakuru yashyizwe hanze ntiyasobanuye neza aho izo ndege zahagurukiye, ariko ubuyobozi bw’ingabo za Amerika zirwanira mu kirere buheruka kugaragaza indege z’intambara zigera ku kibuga cy’indege za gisirikare cya Al Udeid muri Qatar.

Hari n’ubwato bw’intambara bwa Amerika n’uburasa bukanashwanyuza ibisasu, aho Minisiteri y’Ingabo ya Amerika ivuga ko nabyo byagize uruhare mu bitero byo muri Syria.

Minisiteri y’Ingabo yavuze ko Amerika yohereje ubwato butatu bw’intambara na bumwe bukorera munsi y’amazi (submarine), byose byohereza missile zo mu bwoko bwa Tomahawk muri Syria.

Ubwato USS Monterey bwari mu nyanja itukura nabwo bwarashe missile 30 zo mu bwoko bwa Tomahawks, ndetse ubwa USS Laboon burasa izindi zirindwi. Hagati aho USS Higgins yarashe Tomahawks 23 zituruka mu kigobe cya ruguru cy’Abarabu. Naho ubugendera munsi y’amazi bwa USS John Warner bwarashe Tomahawks esheshatu buturukije mu Nyanja ya Méditerranée.

Hanakoreshejwe izindi ntwaro zo mu mazi nk’iz’ubwoko bwa Arleigh Burke, Ticonderoga na Virginia, zarashe missile nyinshi za Tomahawk zishobora kuraswa mu bilometero 2,500.

Izi missile za Tomahawk zirikwifashishwa cyane na Amerika, kuko ari nazo ziheruka guterwa muri Syria, ikindi gihe na none icyo gihugu cyakoreshaga intwaro z’uburozi ku basivili.

U Bufaransa kandi bwifashishijwe ubwato bw’intambara bwo mu bwoko bwa Frigate buri mu Nyanja ya Méditerranée. Intera ubu bwato bushobora kurasaho ntiyatangajwe, gusa ikigo kibukora kivuga ko “burasa kure cyane”, abandi bakavuga ko bushobora kugeza mu ntera ya kilometero 1000.

Gusa nyuma y’iki gitero, ibinyamakuru bitandukanye byo mu Burusiya byatangaje ko nibura missile 71 mu 103 zarashwe zashwanyuwe n’ubwirinzi bw’ibisasu nk’ibyo bwa Syria, harimo no kuburizamo missile 12 zose zarashwe ku kigo cy’indege za gisirikare cya Al-Dumyar mu majyaruguru y’Umurwa Mukuru Damascus.

U Bwongereza bwatanze indege z’intambara enye za Tornado zihetse missile zo mu bwoko bwa Storm Shadow zihuta cyane kandi zishobora gukora intera ndende

Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa byashyize ahagaragara amashusho agaragaza indege zo mu bwoko bwa Rafale ziguruka zerekeza mu butumwa muri Syria

U BUfaransa bwanakoresheje ubwato bw’intambara bwo mu bwoko bwa Frigate buzwi nka Aquitaine

US B-1 zatanzwe na Amerika

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Impuguke mu by’umutekano Alex Ward yavuze uko abona ahazaza ha Trump na Iran

Impuguke mu by’umutekano Alex Ward yavuze uko abona ahazaza ha Trump na Iran

Ubwanditsi 21 May 2018
Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda

Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine
HIRYA NO HINO

Uganda: U Burundi bwahaye Igipolisi cya Uganda amakuru yatumye hafatwa umucuruzi ruharwa wa cocaine

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league
Amakuru

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league

Ubwanditsi 25 Jul 2024
Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Ubwanditsi 01 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru