• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Ubwanditsi 16 Apr 2018 POLITIKI

Mu gitondo cya kare cyo ku wa 14 Mata nibwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa bagabye ibitero byinshi mu duce dutandukanye muri Syria, intego ari uguhiga no gushyira hasi ibice bikekwa ko birimo intwaro z’ubumara.

Ni ibitero ubuyobozi bwahamije ko bitagamije gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Bashar Al Assad, ahubwo ari ibyo gushegesha ubushobozi bwa guverinoma y’icyo gihugu mu bijyanye n’intwaro zirimo ibinyabutabire bihumanya, nk’izatewe ku gace ka Douma, abasaga 75 bakahasiga ubuzima.

Indege za Tornado z’u Bwongereza

Nk’uko bigaragara mu cyegeranyo CNN yakoze, u Bwongereza bwatanze indege z’intambara enye za Tornado zihetse missile zo mu bwoko bwa Storm Shadow zihuta cyane kandi zishobora gukora intera ndende, nk’uko Minisiteri y’ingabo y’icyo gihugu yabitangaje. Nyuma byaje gutangazwa ko haje no kwifashishwa indege z’intambara zo mubwoko bwa Typhoon.

Izo ndege zahagurukiye ku birindiro by’indege z’intambara z’u Bwongereza ahitwa Akrotiri muri Chypre, mu Burasirazuba bwa Méditerranée, maze zimisha ibyo bisasu mu duce twagenwe, twakekwagamo intwaro zirimo ibinyabutabire bitemewe, mu Muyi wa Homs.

Izo ndege zigendera kuri moteri ebyiri zo mu bwoko bwa Tornado GR4, zifite ubushobozi bwo gutwara ibisasu bipima ibiro 400 mu bilometero 400, ku buryo kugira ngo zirase muri Syria bitagombga gusaba ko ziguruka cyane cyangwa ngo bizisabe kwinjira mu kirere cyayo.

Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yatangaje ko u Bwongereza bwarashe missile umunani zo mu bwoko bwa Storm Shadow.

Rafale z’u Bufaransa

Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa byashyize ahagaragara amashusho agaragaza indege zo mu bwoko bwa Rafale ziguruka zerekeza mu butumwa muri Syria.

Minisitiri w’Ingabo w’u Bufaransa, Florence Parly, yavuze ko izo ndege zahagurukiye ku birindiro byo mu Bufaransa. Kimwe na Tornado z’Abongereza, Rafale nazo zigira moteri ebyiri, zarimo missile za Storm Shadow zishobora kugenda ibikometero 400. Nazo zashoboraga kurasa muri Syria bidasabye ko zigera mu kirere cyayo.

Ubuyobozi bwa Amerika bunavuga ko hari indege za Mirage z’u Bufaransa zakoreshejwe muri icyo gitero, bukaba bwararashe missile icyenda.

Indege za B-1 za Amerika

Ubuyobozi bwa Minisiteri y’Ingabo ya Amerika bwatangaje ko Ingabo zirwanira mu kirere zifashishije indege ebyiri za B-1B. Izo ndege zigendera kuri moteri enye za B-1 zarashe missile 19.

Amakuru yashyizwe hanze ntiyasobanuye neza aho izo ndege zahagurukiye, ariko ubuyobozi bw’ingabo za Amerika zirwanira mu kirere buheruka kugaragaza indege z’intambara zigera ku kibuga cy’indege za gisirikare cya Al Udeid muri Qatar.

Hari n’ubwato bw’intambara bwa Amerika n’uburasa bukanashwanyuza ibisasu, aho Minisiteri y’Ingabo ya Amerika ivuga ko nabyo byagize uruhare mu bitero byo muri Syria.

Minisiteri y’Ingabo yavuze ko Amerika yohereje ubwato butatu bw’intambara na bumwe bukorera munsi y’amazi (submarine), byose byohereza missile zo mu bwoko bwa Tomahawk muri Syria.

Ubwato USS Monterey bwari mu nyanja itukura nabwo bwarashe missile 30 zo mu bwoko bwa Tomahawks, ndetse ubwa USS Laboon burasa izindi zirindwi. Hagati aho USS Higgins yarashe Tomahawks 23 zituruka mu kigobe cya ruguru cy’Abarabu. Naho ubugendera munsi y’amazi bwa USS John Warner bwarashe Tomahawks esheshatu buturukije mu Nyanja ya Méditerranée.

Hanakoreshejwe izindi ntwaro zo mu mazi nk’iz’ubwoko bwa Arleigh Burke, Ticonderoga na Virginia, zarashe missile nyinshi za Tomahawk zishobora kuraswa mu bilometero 2,500.

Izi missile za Tomahawk zirikwifashishwa cyane na Amerika, kuko ari nazo ziheruka guterwa muri Syria, ikindi gihe na none icyo gihugu cyakoreshaga intwaro z’uburozi ku basivili.

U Bufaransa kandi bwifashishijwe ubwato bw’intambara bwo mu bwoko bwa Frigate buri mu Nyanja ya Méditerranée. Intera ubu bwato bushobora kurasaho ntiyatangajwe, gusa ikigo kibukora kivuga ko “burasa kure cyane”, abandi bakavuga ko bushobora kugeza mu ntera ya kilometero 1000.

Gusa nyuma y’iki gitero, ibinyamakuru bitandukanye byo mu Burusiya byatangaje ko nibura missile 71 mu 103 zarashwe zashwanyuwe n’ubwirinzi bw’ibisasu nk’ibyo bwa Syria, harimo no kuburizamo missile 12 zose zarashwe ku kigo cy’indege za gisirikare cya Al-Dumyar mu majyaruguru y’Umurwa Mukuru Damascus.

U Bwongereza bwatanze indege z’intambara enye za Tornado zihetse missile zo mu bwoko bwa Storm Shadow zihuta cyane kandi zishobora gukora intera ndende

Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa byashyize ahagaragara amashusho agaragaza indege zo mu bwoko bwa Rafale ziguruka zerekeza mu butumwa muri Syria

U BUfaransa bwanakoresheje ubwato bw’intambara bwo mu bwoko bwa Frigate buzwi nka Aquitaine

US B-1 zatanzwe na Amerika

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta muntu numwe uri hejuru y’Amategeko

Nta muntu numwe uri hejuru y’Amategeko

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Ubwanditsi 24 Oct 2024
Angola: Dos Santos arashyize amanika amaboko yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka 37 “INKURU IRAMBUYE”

Angola: Dos Santos arashyize amanika amaboko yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka 37 “INKURU IRAMBUYE”

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 13 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo
INKURU NYAMUKURU

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!
Amakuru

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Soma Useke
Mu Mahanga

Soma Useke

Ubwanditsi 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru