• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Xi Jinping yagaragaje ko umubano w’u Bushinwa n’u Rwanda ari ntagereranywa

Perezida Xi Jinping yagaragaje ko umubano w’u Bushinwa n’u Rwanda ari ntagereranywa

Ubwanditsi 22 Jul 2018 POLITIKI

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, utegerejwe ku butaka bw’u Rwanda kuri iki Cyumweru, yagaragaje ko umubano w’ibihugu byombi ari ntagereranywa ndetse urukundo bifitanye rusumba imisozi.

Perezida Xi Jinping yatangaje aya magambo mu gitekerezo yanditse nk’integuza y’uruzinduko rwe rw’amateka mu rwa Gasabo ruteganyijwe hagati ya 22 na 23 Nyakanga 2018.

Uyu mukuru w’igihugu uri ku butegetsi kuva ku wa 14 Werurwe 2013, aratangira urugendo rw’iminsi ibiri rwitezweho kunoza umubano umaze imyaka 47 ushinze imizi hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Xi ugiye kuba uwa mbere mu bayoboye u Bushinwa ugeze mu rw’Imisozi 1000, yavuze ko yiteze byinshi mu ruzinduko yatumiwemo na Perezida Kagame.

Yavuze ko u Rwanda rushushanya imbaraga n’ubwitange bw’abarutuye mu kwiyubaka kwihuse.

Yagize ati “Mu myaka ishize, binyuze mu buyobozi bwa Perezida Kagame, Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda bakoresheje imbaraga zidasanzwe bafata iya mbere mu guharura inzira y’iterambere ribabereye. U Rwanda rushinga imizi muri gahunda zose z’iterambere, bitewe n’imiyoborere myiza n’ubwisanzure rusange.”

Perezida Xi yagaragaje ko yishimiye ibyo igihugu cyagezeho, anacyifuriza gukomeza kwicuma imbere.

Ati “Mu kuzamuka kutajegajega k’ubukungu mu Karere no ku Isi, u Rwanda rwabereye icyitegererezo ibihugu bifite gahunda yo kwiteza imbere no kongera kwiyubaka haba muri Afurika no hanze yayo.”

Kuva mu 1971, u Bushinwa n’u Rwanda bifitanye umubano mu bya dipolomasi, ushingiye ku bwubahane n’ubucuti. Perezida XI yavuze ko kuba ibihugu byombi biri ku ntera ndende, itandukaniro ry’ubuso n’umuco ariko “Inshuti nziza zumva zegeranye nubwo zaba zitandukanyijwe n’intera ndende.”

Yagize ati “Ibihugu byacu byanyuze mu mateka akomeye, ni yo mpamvu duha agaciro umudendezo w’igihugu, kutaronda ubwoko n’iterambere ry’ubukungu ndetse tukishimira ibyo twagezeho muri uru rugendo.”

Umubano w’u Bushinwa n’u Rwanda umaze kwaguka

Perezida XI yishimira ko hari imbaraga zashyizwe mu kwagura imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

U Bushinwa buri ku isonga mu gukorana n’u Rwanda ibijyanye n’ubucuruzi n’iyubakwa ry’ibikorwa remezo. Mu mishinga migari, iki gihugu cyateye inkunga harimo iyubakwa rya Stade Amahoro, Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro rya Musanze, uruganda rw’imyenda ruri muri gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda ndetse n’ikompanyi yubaka imihanda minini mu gihugu ifite isoko rya 70%.

Perezida Xi yavuze ko ubucuti hagati y’abaturage ari izingiro ry’umubano mwiza w’ibihugu. Buri mwaka abanyeshuri b’Abanyarwanda bajya kwiga mu Bushinwa kuri buruse z’iki gihugu. Abagera ku 5000 biyandikishije mu Ishuri ryigisha Igishinwa rya Confucius Institute riri muri Kaminuza y’u Rwanda. Mu mikino, Ishyirahamwe rya Kung Fu/Wushu mu Rwanda rifite abarenga 2,000 bawukina.

Iki gihugu kirateganya umushinga wo kubaka amariba 200 azafasha abaturage barenga 110,000 kubona amazi. Mu minsi ishize, u Bushinwa bwatangiye gutanga Televiziyo za Rutura biteganyijwe ko zizagezwa ku bagera ku 150,000 batuye mu duce 10,000 tw’ibyaro.

Perezida Xi agiye kugenderera u Rwanda nyuma y’uruzinduko Perezida Kagame yagiriye mu Bushinwa muri Werurwe 2017. Abakuru b’ibihugu baganiriye ku mikoranire mu mishinga y’iterambere.

Yagize ati “Ndizera ko urugendo rwanjye ruzongerera imbaraga ubucuti dusanganywe, kwagura umubano ku rundi rwego no kuwubyaza umusaruro ufitiye abaturage bacu akamaro. Imbaraga za guverinoma n’abaturage bacu zitanga icyizere cy’ahazaza.”

Perezida Xi yavuze ko hakenewe umuvuduko uganisha mu bwizerane muri politiki, guhuza gahunda z’iterambere no kwagura imikoranire mu nzego zose, gusangizanya ubunararibonye mu burezi, umuco, ubuzima, ubukerarugendo n’andi mahugurwa bizatuma hubakwa umusingi uhuriweho wubakiye ku bucuti burambye.

Yanashimangiye ko u Bushinwa bushyigikiye kandi buha agaciro uruhare rw’u Rwanda mu gusigasira ubumwe n’iterambere ry’umugabane, mu gihe Perezida Kagame ayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Ati “Ibihugu byacu bizakomeza gushyigikira inyungu z’ibikiri mu nzira y’iterambere, binyuze mu kunoza itangwa ry’amakuru n’uburyo bwo gukurikirana gahunda zo mu karere no ku rwego mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko hakwiye imikoranire y’u Bushinwa n’u Rwanda mu iterambere ry’ibihugu byombi ndetse n’umugabane wa Afurika muri rusange.

Perezida Xi aragera mu Rwanda nyuma y’uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Sénégal. Biteganyijwe ko azaruvamo akomereza muri Afurika y’Epfo aho azitabira inama ihuza ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu izwi nka “BRICS”, birimo Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo, asoreze urugendo rwe ku mugabane wa Afurika asura Ibirwa bya Maurice.

2018-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.

Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Ubwanditsi 11 Dec 2018
New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

Ubwanditsi 12 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira
Amakuru

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025
Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya  Leta y’u Rwanda
ITOHOZA

Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.
Amakuru

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 27 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru