• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Pierre-Célestin Ndikumana, umudepite utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yashinjwe gushaka kwica Perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru.

Mu ijoro ryo ku wa 18 Ukwakira 2018, nibwo uwahoze ari umukozi mu rugo rwa Ndikumana yagaragaye kuri televiziyo y’igihugu avuga uburyo uyu mugabo uyobora itsinda ry’abadepite bigenga ryitwa ‘Amizero y’Abarundi’ yateguye uriya mugambi.

Uyu mukozi yavuze ko mu byumweru bibiri bishize, yamuhaye akazi ko kwica umugabo n’umugore bari mu Nteko Ishinga Amategeko bahagarariye ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Uyu mugambi ariko waje kubapfubana utaratangira gushyirwa mu bikorwa.

RFI dukesha iyi nkuru ivuga ko Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano, Pierre Nkurikiye yahise yerekana urwandiko Ndikumana yandikiye umukozi we rugaragaza uko umugambi wabo uzashyirwa mu bikorwa.

Ati “Uyu mukozi n’inshuti ze ebyiri bari bahawe inshingano zo kwica Perezida Pierre Nkurunziza, ba visi perezida be babiri ndetse na perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.”

Yakomeje avuga ko nawe Ndikumana yamugaragaje nk’umuntu ubangamira ibikorwa bye bya politiki, kandi nubwo atari ku rutonde rw’abari kwicwa bigaragara ko azamugirira nabi.

Ibi birego ariko depite Ndikumana yabyamaganiye kure avuga ko kumwitirira umugambi urimo kwifashisha abakozi bo mu rugo we mu gushaka guhirika umukuru w’igihugu, ari ukumufata nk’utagira ubwenge.

Kuri ubu uyu mudepite uvuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo gushaka gucecekesha umuntu umwe rukumbi udatinya kunenga ubutegetsi ari mu gihugu, ahangayikishijwe n’uko ashobora gukurirwaho ubudahangarwa ahabwa no kuba ari mu Nteko.

Umudepite ashinjwa umugambi wo kwica Perezida Pierre Nkurunziza

2018-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye abayobozi kudahora basaba imbabazi

Perezida Kagame yasabye abayobozi kudahora basaba imbabazi

Ubwanditsi 12 Mar 2019
U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi

U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Ubwanditsi 06 Jun 2020
Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Ubwanditsi 19 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    October 20, 20185:27 pm -

    Noooo ibi noneho ni urukoza soni peeee bigeze aho president nkurunziza ashaka kwicwa n’umuboyi koko?!!birababaje mwarangiza ngo I burundi hari umutekano???!! mugihe president ahigwa n’umuboyi ubwo abaturage bo byifashe bite??!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingingo Z’ingenzi Z’ Urwandiko Rwa MUSONI Shafique Rusaba Guhindura Amazina
Amakuru

Ingingo Z’ingenzi Z’ Urwandiko Rwa MUSONI Shafique Rusaba Guhindura Amazina

Ubwanditsi 03 Feb 2022
Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Ubwanditsi 21 Dec 2019
Mukabalisa  wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko
POLITIKI

Mukabalisa wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru