• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Pierre-Célestin Ndikumana, umudepite utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yashinjwe gushaka kwica Perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru.

Mu ijoro ryo ku wa 18 Ukwakira 2018, nibwo uwahoze ari umukozi mu rugo rwa Ndikumana yagaragaye kuri televiziyo y’igihugu avuga uburyo uyu mugabo uyobora itsinda ry’abadepite bigenga ryitwa ‘Amizero y’Abarundi’ yateguye uriya mugambi.

Uyu mukozi yavuze ko mu byumweru bibiri bishize, yamuhaye akazi ko kwica umugabo n’umugore bari mu Nteko Ishinga Amategeko bahagarariye ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Uyu mugambi ariko waje kubapfubana utaratangira gushyirwa mu bikorwa.

RFI dukesha iyi nkuru ivuga ko Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano, Pierre Nkurikiye yahise yerekana urwandiko Ndikumana yandikiye umukozi we rugaragaza uko umugambi wabo uzashyirwa mu bikorwa.

Ati “Uyu mukozi n’inshuti ze ebyiri bari bahawe inshingano zo kwica Perezida Pierre Nkurunziza, ba visi perezida be babiri ndetse na perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.”

Yakomeje avuga ko nawe Ndikumana yamugaragaje nk’umuntu ubangamira ibikorwa bye bya politiki, kandi nubwo atari ku rutonde rw’abari kwicwa bigaragara ko azamugirira nabi.

Ibi birego ariko depite Ndikumana yabyamaganiye kure avuga ko kumwitirira umugambi urimo kwifashisha abakozi bo mu rugo we mu gushaka guhirika umukuru w’igihugu, ari ukumufata nk’utagira ubwenge.

Kuri ubu uyu mudepite uvuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo gushaka gucecekesha umuntu umwe rukumbi udatinya kunenga ubutegetsi ari mu gihugu, ahangayikishijwe n’uko ashobora gukurirwaho ubudahangarwa ahabwa no kuba ari mu Nteko.

Umudepite ashinjwa umugambi wo kwica Perezida Pierre Nkurunziza

2018-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    October 20, 20185:27 pm -

    Noooo ibi noneho ni urukoza soni peeee bigeze aho president nkurunziza ashaka kwicwa n’umuboyi koko?!!birababaje mwarangiza ngo I burundi hari umutekano???!! mugihe president ahigwa n’umuboyi ubwo abaturage bo byifashe bite??!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018
Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano
Mu Mahanga

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite
SHOWBIZ

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru