• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Pierre-Célestin Ndikumana, umudepite utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yashinjwe gushaka kwica Perezida Pierre Nkurunziza n’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru.

Mu ijoro ryo ku wa 18 Ukwakira 2018, nibwo uwahoze ari umukozi mu rugo rwa Ndikumana yagaragaye kuri televiziyo y’igihugu avuga uburyo uyu mugabo uyobora itsinda ry’abadepite bigenga ryitwa ‘Amizero y’Abarundi’ yateguye uriya mugambi.

Uyu mukozi yavuze ko mu byumweru bibiri bishize, yamuhaye akazi ko kwica umugabo n’umugore bari mu Nteko Ishinga Amategeko bahagarariye ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Uyu mugambi ariko waje kubapfubana utaratangira gushyirwa mu bikorwa.

RFI dukesha iyi nkuru ivuga ko Umuvugizi wa Minisiteri y’Umutekano, Pierre Nkurikiye yahise yerekana urwandiko Ndikumana yandikiye umukozi we rugaragaza uko umugambi wabo uzashyirwa mu bikorwa.

Ati “Uyu mukozi n’inshuti ze ebyiri bari bahawe inshingano zo kwica Perezida Pierre Nkurunziza, ba visi perezida be babiri ndetse na perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.”

Yakomeje avuga ko nawe Ndikumana yamugaragaje nk’umuntu ubangamira ibikorwa bye bya politiki, kandi nubwo atari ku rutonde rw’abari kwicwa bigaragara ko azamugirira nabi.

Ibi birego ariko depite Ndikumana yabyamaganiye kure avuga ko kumwitirira umugambi urimo kwifashisha abakozi bo mu rugo we mu gushaka guhirika umukuru w’igihugu, ari ukumufata nk’utagira ubwenge.

Kuri ubu uyu mudepite uvuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo gushaka gucecekesha umuntu umwe rukumbi udatinya kunenga ubutegetsi ari mu gihugu, ahangayikishijwe n’uko ashobora gukurirwaho ubudahangarwa ahabwa no kuba ari mu Nteko.

Umudepite ashinjwa umugambi wo kwica Perezida Pierre Nkurunziza

2018-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Burundi : Imbonerakure zahitanye Barutwanayo wari Umuyobozi wa Komini zimuteraguye ibyuma

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ubwanditsi 02 Feb 2018
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Ubwanditsi 01 Sep 2018

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    October 20, 20185:27 pm -

    Noooo ibi noneho ni urukoza soni peeee bigeze aho president nkurunziza ashaka kwicwa n’umuboyi koko?!!birababaje mwarangiza ngo I burundi hari umutekano???!! mugihe president ahigwa n’umuboyi ubwo abaturage bo byifashe bite??!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.
Amakuru

“Icyegeranyo RWANDA CLASSIFIED, ni urukozasoni umuntu wese ushyira mu gaciro akwiye kwirinda.”- Impuguke mu itangazamakuru n’amateka.

Ubwanditsi 07 Jun 2024
Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite
POLITIKI

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Ubwanditsi 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru