• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Abanyarwanda benshi basetse baratembagara nyuma yo kubona Byenda gusetsa ya Ntwari John William aho yandikiye ibaruwa Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) avuga ko yibasiwe n’Ikinyamakuru Rushyashya News mu nkuru yanditswe na Nyakwigendera Bwana BURASA Jean Guarbert (Imana imuhe iruhuko ridashira), yanditswe kuwa 24 Nyakanga 2019 yari ifite umutwe ugira uti “ Ntwari John William: Mpemuke ndamuke mu kwangiza isura y’Igihugu ukwirakwiza Ibihuha, wunguka iki?

Ni ikibazo kuri we atabasha gusubiza kuko Ntwari umubajije inyungu akura mu gusiga icyasha gihimbano igihugu ntiyabona icyo asubiza kubera ko birazwi byanabonerwa n’ibimenyetso ko iteka arazwa ishinga no guhimba ibyasha byo gusiga u Rwanda afatanyije na Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan wo ku Ishema TV, Eric Bagiruwubusa n’abandi benshi barimo Uwimana Agnes Nkusi iteka ugaragara mu mvugo z’abashinjacyaha ko ari we wakira inkunga zituruka kwa TWAGIRAMUNGU Alias Rukokoma n’abandi bamubonyemo ikivera (igishashi/Mbaraje).

Ntwari agaragara kenshi ku nzu y’abanyamakuru ikoreramo RMC, ikodeshwa na Leta y’u Rwanda yiyoroshe amajoro dore ko noneho ari nawe ushinzwe abanyamakuru bakora shift ya ni joro abenshi bakorera ibitangazamakuru byo hanze.  Ahagaragara kenshi aho aba avugana na Cyuma Hassan wo ku Ishema ndetse n’abandi tutarondoye barimo naya Miryango Mpuzamahanga nka Amnesty International, Human rights watch ndetse no kwirirwa yiruka muri za ambasade uruhuri, dore ko atanagira isoni zo gusinya mu mazina ye,Yamaze iminsi yiruka muri za ambasade ateza ubwega ariko noneho birangira aguye ku bwenegihugu bwa Senegal ubu mbese ni Umunyasenegali uba mu Rwanda (birasekeje)

Agenda ateza ubwega abeshya ko ahamagarwa n’abantu batazwi bakamutegeka gusiba inkuru n’ibiganiro akorera kuri Whatsap na Facebook, nyamara birazwi ko we arara amajoro kugirango apime amasaha abarwanya leta baba bari maso bose ngo bahuze ibikorwa byo kwandagaza igihugu cyababyaye, ukibaza inyungu bakuramo ukayibura.

Abanyamakuru n’abasomyi batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bagarutse ku mpamvu za Ntwari John William wahuruje impapuro uruhuri rw’amapaji atatu yandikira RMC akamenyesha RIB  (Rwanda Investigation Bureau)na ARJ (Association Rwandaise des Journalistes) boshye abo bose bataba mu gihugu cyangwa batazi ubwenge bwo kureba amakorokoro yirirwamo bakavuga ko byanze bikunze ibi bikorwa bibi yirirwamo bigize ibyaha ubwabyo bitazamugwa amahoro

Ubwo Perezida w’Ubufaransa Nyakubahwa Emmanuel Macron yagiriraga uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda Ntwari John William yashatse kwigira imbonera maze ashakisha kubura hasi kubura hejuru ibitangazamakuru mpuzamahanga maze aba aguye ku gitangazamakuru cy’Abafaransa M6 izwi nka Métropole Television yari yaje mu Rwanda ibifashijwemo na Twizeyimana Albert Baudouin uyobora Pax press, maze si ukubabwira ibihimbano yivamo koko nibwo abantu baje baratesha bati “Sigaho wibeshya amanywa ava” ni uko Ntwari yikubuye hagenda we….

Abasesengura amakuru ahubwo basabaga ko Ntwari yashaka undi muvuno kuko ibuye ryagaragaye riba ritakishe isuka kuko bamuzi ko ari inkoramutima ya Karasira Uzaramba Aimable nyiri Ukuri Mbona, Ingabire Umuhoza Victoire wa MRND yahindutse FDLR nyuma y’iminsi ikaba FDU Inkingi mu kujijisha ikaba DALFA Umulinzi , Me NTAGANDA wirukanywe mu ishyaka PS Imberakuri, Ingirwa Padili NAHIMANA tutibagiwe na TWAGIRAMUNGU Faustin, hanyuma  Agnes Uwimana Nkusi w’Umurabyo akihamagarira intumwa ye mudatenguha Ntwari John Williams

Ukuri rero kurigaragaza kandi iminsi y’igisambo ni mirongo ine, guhinduka birashoboka aho kwirirwa ukubita hirya no hino usebya igihugu cyakubyaye, wanga kwikuramo uburakari bwa Ex FAR dore ko anigamba ko yari Umukomando wa Kinani aho agenda avuga ko Ingabo zari iza kera, Ntwari John Williams yagakwiye gufatanya n’abandi banyarwanda kubaka ubumwe bitaba ibyo akazaba aka Cassien Ntamuhanga wafatiwe mu ruzerero nyuma yo gutoroka Gereza

Agapfa kaburiwe ni impongo kandi n’Umwana yica akanyoni bangana.

2021-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Perezida wa Angola Luanda JoãoLourenço yoherereje ubutumwa bugira kabiri bagenzi be bo muri Uganda Yoweri Museveni, n’uRwanda Paul Kagame.

Ubwanditsi 15 Aug 2019
Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 28 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi
SHOWBIZ

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Umugabo mwiza n’uguha impano zihenze
SHOWBIZ

Umugabo mwiza n’uguha impano zihenze

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Ubwanditsi 26 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru