• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Xi Jinping uri mu ruzinduko mu Rwanda, yishimiye gusura u Rwanda nyuma y’ubutumire yahawe na mugenzi we, Paul Kagame avuga ko uburyo yakiriwe hamwe n’abo bari kumwe byatumye ‘numva ndi mu rugo’.

Uyu muyobozi wa mbere ku Isi ukomeye, yabitangaje nyuma y’isinywa ry’amasezerano atandukanye agamije iterambere hagati y’ibihugu byombi harimo nk’ayo gukuraho visa ku badipolomate n’abafite pasiporo za serivisi, ajyanye n’ibikorwaremezo, ari mu rwego rw’ubucurizi, ikoranabuhanga, uburezi na siyansi n’andi.

Perezida Kagame yavuze ko isinywa ry’aya masezerano, ryivugira ubwaryo mu buryo bwo kugaragaza ibishoboka hagati y’ibihugu byombi ndetse no hagati y’u Bushinwa n’umugabane wa Afurika.

Xinping mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango wabereye muri Village Urugwiro, yashimiye Perezida Kagame n’Abanyarwanda ku ntambwe ikomeye igihugu kimaze gutera mu iterambere.

Yagize ati “Uru ni uruzinduko rwanjye rwa mbere hanze y’igihugu kuva nakongera gutorwa nka Perezida w’u Bushinwa. U Rwanda ni ahantu h’ingenzi muri uru ruzinduko. Ni ku nshuro ya mbere kandi Perezida w’u Bushinwa asuye u Rwanda. Muri uru ruzinduko nabonye igihugu kiri ku murongo kandi kiri gutera intambwe nziza mu iterambere, igihugu gitekanye aho n’abaturage bacyo babayeho bishimye.”

Perezida Jinping yavuze ko yasuye u Rwanda agamije gushimangira umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa no gukomeza gukorana na Perezida Kagame mu gutekereza ahazaza h’umubano w’ibihugu byombi.

Yavuze ko we na mugenzi we w’u Rwanda bagiranye ibiganiro ku mubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse baganiriye ku nama y’abakuru b’ibihugu ihuza Afurika n’u Bushinwa n’izindi ngingo zifitiye inyungu impande zombi.

Ati “Twumvikanye ibintu byinshi ndetse n’ubu twembi twakurikiye umuhango w’isinywa ry’inyandiko nyinshi z’amasezerano y’ubufatanye mu ngeri zirimo ubukungu, ubufatanye mu ikoranabuhanga, guteza imbere imibereho ya muntu, ubumenyi n’ikoranabuhanga, iterambere ry’ibikorwaremezo, ubucuruzi bwifashishije ikoranabuhanga, gutwara abantu mu ndege ndetse n’iyubakwa ry’ibikorwa remezo.”

Perezida Xinping yavuze ko we na Kagame barebeye hamwe izindi ngeri zirimo amahirwe ari mu bikorwa by’iterambere hagati y’impande zombi aho bizakomeza kubaka icyizere gishingiye kuri politiki no gushyigikirana mu bifitiye inyungu impande zombi.

Uyu muyobozi kandi yashimiye Perezida Kagame ku musanzu we mu iterambere rya Afurika nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe muri uyu mwaka aho yamwijeje ko u Bushinwa buzakomeza gushimangira umubano bufitanye na Afurika.

Uyu mwaka ni uwa 47 u Rwanda n’u Bushinwa bitangiye umubano mu bya dipolomasi ushingiye ku guteza imbere ibikorwa remezo, umuco, kongerera abakozi ubushobozi, ubuzima, ubuhinzi ndetse n’imigenderanire.

U Bushinwa bwagize uruhare mu mishinga itandukanye y’iterambere mu Rwanda binyuze mu nguzanyo, impano n’ibindi bikorwa bigirwamo uruhare n’abikorera.
Mu myaka 12, imishinga 61 ifite agaciro ka miliyoni 419.556 z’amadolari ni yo yinjiye mu Rwanda iturutse mu Bushinwa. Ishoramari ryashowe mu bikorwa birimo ubukerarugendo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no mu rwego rw’ubwubatsi ringana na miliyoni 352.581 z’amadolari.

Uruzinduko rwa Jinping mu Rwanda ruje mu gihe RwandAir yitegura gutangiza ingendo zerekeza mu Bushinwa mu Mujyi wa Guangzhou guhera muri Gashyantare 2019.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n’umugore wa Jinping, Peng Liyuan, warebaga uburyo ababyinnyi bacinya akadiho

 

 

 

 

Perezida Kagame yakira Jinping muri Village Urugwiro

 

 

 

 

 

 

 

 

2018-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023
DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

DRC: Opozisiyo isaba Loni kwirinda amayeri ya Kabila mu kuburizamo amatora

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025

3 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 23, 20182:47 pm -

    hahahahahah!!! KUBA KUMURONGO NUKWICISHA ABATURAGE BARENGA 90 KWIJANA INZARA

    NZARAMBA? NUKWIBA IZAHABU NAYANDI MABUYE MURI KONGO MUKICA ABAKONGOMANI AMA

    MILIYONI MUKUBAKA IMIHANDA NAMAZU KUBYIBANO? KUBA KUMURONGO NUGUKUMIRA ABAHUTU

    BAGIZE 80 KWIJANA RYABATURAGE? KUBA KUMURONGO NUKUBAKA KIGALI AGACE KAMWE MWEREKA

    ABANYAMAHANGA NGO MWATEYIMBERE MUGIHE MUHISHA AHASIGAYE ABANYARWANDA BARI

    BICIRWA NINZARA UBUKENE NAMAVUNJA? SHA NDABYEMEYE KOKO KO MWIBYIMBISHA NKA CYA

    GIKERI CYASHAKAGA KUNGANA NINKA KIGATURIKA, MWITONDE KUKO IYO NGESO ITAZABAHIRA!

    GUTERIMBERE SI INZU CYANGWA UMUHANDA MUBAZE ABATEYIMBERE ICYARICYO GUTERIMBERE

    KUKO MBONA MUTAZI IBYO MUVUGA

    Subiza
    • mbarushe J.
      July 23, 20185:05 pm -

      None se bwana Maombi John gutera imbere wifuza ni ukwandika ibyo wiboneye? Harimo iki mubyo umaze kwandika? Harimo nama ki? Ubwo utaba mu Rwanda komeza wishimire ibya aho uba. Utuka utamututse!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!.

      Ufite n’ikinyabupfura CYEREKANA URWEGO uriho. Ni iki se mu buzima bwawe wishimira wagejeje ku bandi? Ku muryango wawe!.

      Reka abazi gukora bakore, nurambirwa uzaceceka.

      Reka Imana iduhe umugisha nurambirwa uzataha. Iwawe ugira abashyitsi b’imena kangahe mu mwaka? Aho ntucungira ku bandi?

      Subiza
  2. Nina
    July 24, 201810:05 am -

    MAOMBI ishyari ry ibyo uRWANDA rugeze ho rizakwicaaa U RWANDA rurazwi mu mahanga uzarebe COMESA yari igiye kubera i burundi byabujijwe n iki harya ,URWANDA MUZARUGIRIRA ISHYARI MUBYIMBE MUTURIKE DUTER IMBEREEEEEE OYE KAGAMEEEE WACUUUUU

    Subiza

Leave a Reply to MAOMBI jOHN Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League
IMIKINO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 
Amakuru

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024
Perezida Kagame  akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana
Mu Rwanda

Perezida Kagame akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Ubwanditsi 05 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru