• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma yuko Perezida Ndayishimiye Varisito yishoye mu ntambara mu burasirazuba bwa Kongo akurikiye amafaranga, yari aziko bizamworohera bityo akabona amadorali yazamura ubukungu bwe bwaguye hasi dore ko buri musirikari Tshisekedi amubarira ibihumbi bitanu by’amadorali ariko umusirikari agashyikirizwa amadora ijana mbere yo guhaguruka mu gihugu cye.

Ndayishimiye ngo yabwiye Tshisekedi ko ari Jenerali ko iby’intambara abimenyereye ari utuntu twe.

Gusa kuva ingabo z’u Burundi zicakirana na M23 havugwa imiborogo mu gihugu cy’u Burundi kimaze gupfusha abasirikari benshi abanda bagahunga urugamba. Kubera iyo mpamvu ubuyobozi bw’ingabo zo mu Burundi bumaze gusimbuza ukuriye ingabo zabwo muri Kongo inshuro eshatu mu mezi atandatu bizeyeko impinduka mu buyobozi hari icyo biri butange.

U Burundi bwinjira mu ntambara muri Kongo ku mugaragaro muri Nyakanga 2023 bwari buyobowe na Col Haringanji kugeza mu Ugushyingo 2023 akaba yaramaze amezi abiri gusa ayoboye izi ngabo nibwo zahuye n’ikibatsi cya M23 maze uwari uyoboye ingabo zateye M23 ariwe Major Ernest Gashirahamwe ahasiga ubuzima ashyingurwa mu cyubahiro I Bujumbura. Aha ingabo z’u Burundi zaratsinzwe ziratikira.

Col Hariganji yasimbujwe ikitaraganya na Col Kavamahanga nawe wahuye n’uruva gusenya ubwo abasirikari be yari ayoboye bafite ipeti rya Majoro bahasigaga ubuzima ndetse n’abandi basirikari batoya. Yahise azimbuzwa ikitaraganywa muri uku kwambere uyu mwaka. Col Kavamahanga yongeye gutsindwa ubwo ingabo yari ayoboye zanze ku mugaragaro kurwanya M23 zikivumbura zigasubizwa I Burundi ubu bose bakaba bafunze.

Col Kavamahanga nawe yasimbuwe na Col Pontien Hakizimana uzwi nka Mingi nawe wahuye nuruva gusenya ubwo ingabo z’u Burundi zari ku musozi wa Muremure bacunga inzira ihuza Goma na Bukavu bakubitwaga inshuro na M23 agapfusha abasirikari benshi amafoto akaba ari gukwirakwizwa kuri Internet.

Ingabo z’u Burundi nta morale zifite mu kurwana na M23 kubera impamvu zitandukanye harimo kugambanirwa nabo bagiye gutabara bo muri FARDC bakanabata ku rugamba kugeza ubwo nabo bataye urugamba. Kugeza ubu abasirikari amajana nibo bari kubarizwa muri gereza ariko hari n’abakorerwa iperereza.

Mu gisirikari cy’u Burundi kandi hari kuvugwa abenshi bari kuva mu gisirikari cyane cyane abari ku ipeti rya Lieutenant na Captain kuko nibo bakunda kugwa ku rugamba.

Ubu imiryango y’abasirikari iri gutabaza kuko kugirango amakuru n’amafoto bidakwirakwizwa abasirikari muri Kongo babaka amatelephone. Imiryango ikaba yatangaje amazina y’abasirikari baguye ku musozi wa Muremure tariki ya 28 Mutarama 2024. Muri abo harimo abamaze kumenyekana bakurikira

1. Capitaine Euphraim Niragira (matricule SS 2550) avuka ku mutumba wa Gisanze muri komine n’intara ya Bururi.

2. Adjudant-Major Alexis Gahitira (matricule SC 1454) avuka ku mutumba wa Kanka muri komine Bisoro mu ntara ya Mwaro.

3. Sergent Prosper Nininahazwe (matricule 82756) avuka ku mutumba wa Camizi muri komine Matongo mu ntara ya Kayanza.

4. Caporal-chef Jean-Marie Maniratanga (matricule HR 16526) avuka ku mutumba wa Gatsiinga muri komine Ndava mu ntara ya Mwaro.

5. Caporal-chef Charité Nshimirumukiza (matricule HR 16177) ava ku mutumba wa Mubuga muri komine Mbuye mu ntara ya Muramvya.

6. Caporal-chef François Ndayiragije (Matricule HR 13187) avuka ku mutumba wa Nyamabuye muri komine Gitanga mu ntara ya Rutana.

7. Caporal-chef Jacques Nyandwi (matricule HR 21733) avuka ku mutumba wa Gahongore muri komine n’intara ya Bubanza.

8. Caporal-chef Polycarpe Nzisabira (Matricule HR 22828) avuka ku mutumba wa Mboza muri komine Kanyosha mu ntara ya Bujumbura (rural).

9. 1Classe Léonce Nibigira (Matricule HR 28289) avuka ku mutumba wa Gitaramuka muri komine Mugamba mu ntara ya Bururi.

10. 1Classe Désiré Nduwimana (matricule HR 29931) avuka ku mutumba wa Gitaba muri komine n’intara ya Rutana.

11. 1Classe Jean-Marie Nsabimana (matricule HR 25728) avuka ku mutumba wa Runyonza muri komine n’intara ya Kirundo.

12. 1Classe Cedric Nsengimana (matricule HR 25743) avuka ku mutumba wa Nyamugari muri komine Buhiga mu ntara ya Karusi.

13. 1Classe Audace Nigombeye (matricule 27065) avuka ku mutumba wa Mburi muri komine Gisagara mu ntara ya Cankuzo.

Intambara na M23 irasiga ishenye igisirikari cy’u Burundi.

2024-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Ubwanditsi 19 Nov 2020
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd
Mu Rwanda

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech
Amakuru

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe
Amakuru

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru