• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Ubwanditsi 07 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Abagize Inteko Ishinga Amatageko Umutwe w’Abadepite baherutse kwemeza umushinga w’Itegeko ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushaka inyungu mu bandi.

Ni umushinga witezweho guha ibihano bikomeye abantu bashishikariza abandi gukora imirimo ivunanye no kubashora mu bikorwa by’ubusambanyi.

Ugamije kandi kurwanya ibyaha birimo gukoresha abantu uburaya hagamijwe inyungu, guhatira abantu gukora imirimo ivunanye haba mu Rwanda no hanze yarwo no gukoresha abana imirimo nk’iyo.

Nyuma yo kwemeza uwo mushinga, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Me Uwizeyimana Evode, yabwiye The New Times dukesha iyi nkuru ko iryo tegeko rizazana umucyo mu kumenya ubwoko bw’icyaha cyakozwe mu birebana n’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati “Twari dufite itegeko ryavugaga ko rihana icyaha cy’icuruzwa ry’abantu ariko mu by’ukuri ntiryasobanuraga mu buryo burambuye ubwoko bw’icyaha cyakozwe. Uyu mushinga rero uri kwibanda ku gukumira.”

Uteganya ko umuntu wese uzahamwa n’icyaha cy’icuruzwa ry’abantu azahabwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itari munsi y’icumi itanarenga 15, akazanatanga ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 10 ariko atarenze miliyoni 15 Frw.

Iyo icyo cyaha gikorwa mu buryo bwambukiranya imipaka ibihano biba igifungo cy’imyaka itari munsi ya 20, itarenga 25 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 20 ariko atarenga miliyoni 25 Frw.

Gushyigikira icuruzwa ry’abantu nabyo birahanirwa, ubihamijwe agafungwa imyaka itari munsi y’irindwi ariko itarenga 10 agatanga n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya miliyoni zirindwi ariko atarenga miliyoni 10.

Uwo mushinga ugaragaza kandi ko umuntu umenya amakuru ku muntu ushobora kugurishwa,ufite uruhare mu icuruzwa ry’abandi cyangwa ugambirira gukora icyo cyaha ntatange amakuru kuri byo ku nzego zibishinzwe nawe aba akoze icyaha.

Uwo nahamwa icyo cyaha, azahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’umwaka umwe kitarenze imyaka itatu.

Mu gihe ari ikigo cya Leta cyangwa cyigenga, umuryango cyangwa ishyirahamwe rifite aho rihuriye n’amategeko, kigahamwa n’icyaha cyo gucuruza abantu cyangwa gushaka inyungu mu bandi, kizatanga ihazabu itari munsi ya miliyoni 50 Frw ariko itarenga miliyoni 100 Frw.

Ku bijyanye n’imirimo ivunanye, ubucakara cyangwa ibindi bifitanye isano, umuntu ubikoresha aba akoze icyaha gituma ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’umwaka ariko kitarenga imyaka itatu n’ihazabu itari munsi ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda ariko itarenga miliyoni eshatu.

Mu rwego rwo kurandura umuco w’ubuhuza mu gucuruza indaya, gushora abantu mu busambanyi, mu buraya, kwishyurira umuntu gukora ubusambanyi, gutanga ahantu hagakodeshwa hagamije gukorerwa ubusambanyi no korohereza abantu gukora uburaya byose bizajya bihanirwa.

Ibyo byaha byose bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Me Uwizeyimana Evode yavuze ko nubwo uwo mushinga w’Itegeko urebana n’ibyaha bikomeye, ngo ibiteganywa nawo bizashyirwa mu bikorwa kugira ngo hakumirwe ibyaha byo gushaka inyungu ku bantu.

Yagize ati “Tuzi neza ko ibi byaba bigoye kubitahura ariko polisi yacu n’abashinjacyaha bahuguwe ku kumenya no gukurikirana ibyo byaha. Tuzakomeza no gushora imari mu kubaka ubushobozi.”

Hategerejwe ko uwo mushinga wemezwa na Perezida wa Repubulika ukabona gusohoka mu igazeti ya Leta, ugatangira gushyirwa mu bikorwa.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 25 Feb 2020
U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Ubwanditsi 08 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”
Amakuru

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Ubwanditsi 11 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru