• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe amatora ya perezida yo mu 2027 agenda yegereza, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, aragenda agaragaza ubwoba bushingiye ku barwanya ubutegetsi be imbere mu gihugu. Ku itariki ya 19 Gicurasi 2025, yategetse ko Minisitiri w’Intebe, Gervais Ndirakobuca, ashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru afite imyaka 55 gusa, bitarenze igipimo gisanzwe cy’imyaka 60-65 ku bayobozi bakuru mu gipolisi.

Gervais Ndirakobuca, uzwi cyane ku izina rya “Ndakugarika”, mu mutwe w’inyeshyamba wa CNDD FDD hamwe na Perezida Ndayishimiye nyuma aza kwinjira mu gipolisi arazamuka kugeza ku rwego rwo hejuru. Kuva yagirwa Minisitiri w’Intebe muri Nzeri 2022, yagiye agaragaza imbaraga no gukundwa cyane mu nzego z’umutekano, bikaba byaratumye bamwe bakeka ko Perezida Ndayishimiye amufitiye ubwoba.

Icyemezo cyo kumushyira mu kiruhuko cyazanye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi, benshi bibaza impamvu nyayo y’iri hagarikwa ritunguranye. Ibaruwa y’umukuru w’igihugu yasohowe ntacyo yasobanuye, kandi nta bimenyetso by’uko hari impamvu ishingiye ku burwayi cyangwa intege nke byari byatangajwe.

Hari ababona ko uyu mwanzuro ukurikije amavugurura amaze igihe akorwa mu nzego za leta. Muri Nzeri 2022, Perezida Ndayishimiye yari yarirukanye Minisitiri w’Intebe Alain-Guillaume Bunyoni na bamwe mu bayobozi bakomeye, abashinja kugerageza gucura umugambi wa kudeta. Ndirakobuca ni we wasimbuye Bunyoni, ariko ubu na we akuweho mu buryo butunguranye.

Mu mezi aheruka, ubushyamirane hagati ya Perezida na Minisitiri w’Intebe bwarushijeho kwiyongera. Ndirakobuca yari atangiye kwifata nk’utagira uruhare mu bibazo bikomeye by’igihugu. Urugero rugaragara ni ubwo yagaragaye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ku wa 24 Gicurasi avuga amagambo yatunguye benshi: “Nta gisubizo mfite cyo kubaha nk’Umukuru wa Guverinoma.”

Ibi byerekanye ko yikuyeho mu bibazo nk’ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri peteroli n’isukari bimaze imyaka ibiri byugarije igihugu. Ibyemezo bidafite ishingiro bya Perezida Ndayishimiye ndetse n’ubucuruzi bw’umugore we Angeline binyuze muri kompanyi ye Prestige, byagize uruhare mu kuzamura icyo kibazo.

Abasesenguzi bo mu karere bavuga ko iyi gahunda yo kwimura Ndirakobuca ishobora kuba ari uburyo bwo kumwambura imbaraga no kumubuza gucura umugambi wa kudeta. Igihe Ndayishimiye yitegura kongera kwiyamamaza, Ndirakobuca abaye umwe mu bamubangamiye cyane.

Hari ababona ko kumwohereza mu kiruhuko ari uburyo bwo kumushyiraho igitutu ariko banamushakira indi myanya ifite isura y’icyubahiro nk’Umuyobozi wa Sena, ariko ku ruhande rwa politiki bikaba ari “imva ya politiki”.

Ibi binagaragazwa n’uko ibaruwa y’isezererwa rye yanditswe ku munsi umwe n’itariki ntarengwa yo gutanga kandidatire yo kwiyamamariza kujya muri Sena. Nk’uko bisobanurwa n’umusesenguzi w’imbere mu gihugu, Ndayiragije Jean Pierre, ngo kugira ngo umuntu yiyamamarize kujya muri Sena, agomba kuba ari umusivile. Kuba Ndirakobuca yarasezerewe mu gisirikare, byatumye yujuje ibisabwa.

Niba koko azahabwa umwanya nk’uyobora Sena, bizaba ari igikorwa cya politiki cyateguwe neza kugira ngo Perezida Ndayishimiye asezerere umufatanyabikorwa wamubereye umutwaro, atamuteye imbere ahubwo amuce amababa gahoro gahoro.

 

2025-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet  imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago

FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago

RUSHYASHYA 07 Aug 2026
LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

LONI na Kiliziya birasaba Kabila ibyo atatanga

Ubwanditsi 08 Jan 2018
BURUNDI :  Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya  Nkurunziza birukanwe burundu  ku ishuri

BURUNDI : Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya Nkurunziza birukanwe burundu ku ishuri

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

RUSHYASHYA 15 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl
Amakuru

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Bombori bombori muri FDLR
Mu Rwanda

Bombori bombori muri FDLR

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma
Mu Rwanda

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Ubwanditsi 11 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru