• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe amatora ya perezida yo mu 2027 agenda yegereza, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, aragenda agaragaza ubwoba bushingiye ku barwanya ubutegetsi be imbere mu gihugu. Ku itariki ya 19 Gicurasi 2025, yategetse ko Minisitiri w’Intebe, Gervais Ndirakobuca, ashyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru afite imyaka 55 gusa, bitarenze igipimo gisanzwe cy’imyaka 60-65 ku bayobozi bakuru mu gipolisi.

Gervais Ndirakobuca, uzwi cyane ku izina rya “Ndakugarika”, mu mutwe w’inyeshyamba wa CNDD FDD hamwe na Perezida Ndayishimiye nyuma aza kwinjira mu gipolisi arazamuka kugeza ku rwego rwo hejuru. Kuva yagirwa Minisitiri w’Intebe muri Nzeri 2022, yagiye agaragaza imbaraga no gukundwa cyane mu nzego z’umutekano, bikaba byaratumye bamwe bakeka ko Perezida Ndayishimiye amufitiye ubwoba.

Icyemezo cyo kumushyira mu kiruhuko cyazanye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi, benshi bibaza impamvu nyayo y’iri hagarikwa ritunguranye. Ibaruwa y’umukuru w’igihugu yasohowe ntacyo yasobanuye, kandi nta bimenyetso by’uko hari impamvu ishingiye ku burwayi cyangwa intege nke byari byatangajwe.

Hari ababona ko uyu mwanzuro ukurikije amavugurura amaze igihe akorwa mu nzego za leta. Muri Nzeri 2022, Perezida Ndayishimiye yari yarirukanye Minisitiri w’Intebe Alain-Guillaume Bunyoni na bamwe mu bayobozi bakomeye, abashinja kugerageza gucura umugambi wa kudeta. Ndirakobuca ni we wasimbuye Bunyoni, ariko ubu na we akuweho mu buryo butunguranye.

Mu mezi aheruka, ubushyamirane hagati ya Perezida na Minisitiri w’Intebe bwarushijeho kwiyongera. Ndirakobuca yari atangiye kwifata nk’utagira uruhare mu bibazo bikomeye by’igihugu. Urugero rugaragara ni ubwo yagaragaye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ku wa 24 Gicurasi avuga amagambo yatunguye benshi: “Nta gisubizo mfite cyo kubaha nk’Umukuru wa Guverinoma.”

Ibi byerekanye ko yikuyeho mu bibazo nk’ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri peteroli n’isukari bimaze imyaka ibiri byugarije igihugu. Ibyemezo bidafite ishingiro bya Perezida Ndayishimiye ndetse n’ubucuruzi bw’umugore we Angeline binyuze muri kompanyi ye Prestige, byagize uruhare mu kuzamura icyo kibazo.

Abasesenguzi bo mu karere bavuga ko iyi gahunda yo kwimura Ndirakobuca ishobora kuba ari uburyo bwo kumwambura imbaraga no kumubuza gucura umugambi wa kudeta. Igihe Ndayishimiye yitegura kongera kwiyamamaza, Ndirakobuca abaye umwe mu bamubangamiye cyane.

Hari ababona ko kumwohereza mu kiruhuko ari uburyo bwo kumushyiraho igitutu ariko banamushakira indi myanya ifite isura y’icyubahiro nk’Umuyobozi wa Sena, ariko ku ruhande rwa politiki bikaba ari “imva ya politiki”.

Ibi binagaragazwa n’uko ibaruwa y’isezererwa rye yanditswe ku munsi umwe n’itariki ntarengwa yo gutanga kandidatire yo kwiyamamariza kujya muri Sena. Nk’uko bisobanurwa n’umusesenguzi w’imbere mu gihugu, Ndayiragije Jean Pierre, ngo kugira ngo umuntu yiyamamarize kujya muri Sena, agomba kuba ari umusivile. Kuba Ndirakobuca yarasezerewe mu gisirikare, byatumye yujuje ibisabwa.

Niba koko azahabwa umwanya nk’uyobora Sena, bizaba ari igikorwa cya politiki cyateguwe neza kugira ngo Perezida Ndayishimiye asezerere umufatanyabikorwa wamubereye umutwaro, atamuteye imbere ahubwo amuce amababa gahoro gahoro.

 

2025-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi buragana he ?  Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021
Ni kuki Museveni akomeje kugaragaza Kayumba nk’inkoramutima z’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda

Ni kuki Museveni akomeje kugaragaza Kayumba nk’inkoramutima z’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Jan 2019
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 10 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo
HIRYA NO HINO

Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 08 Aug 2017
Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo
MULTIMEDIA

Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru