• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Ubwanditsi 01 Dec 2017 SHOWBIZ

Umuhanzi ukomeye muri Uganda no muri Afurika y’Uburasirazuba, Juliana Kanyomozi, yasobanuye uko afata umuziki wa Charly na Nina avuga ko usibye kuba ari abahanzi bagaragaza imbaraga mu byo bakora ahubwo banafite impano ishobora kubageza aheza bakomeje uko batangiye.

Juliana yageze i Kigali saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa Kane, tariki 30 Ugushyingo 2017. Yaje mu Rwanda kwitabira igitaramo yatumiwemo na Charly na Nina bagiye kumurika album yabo ya mbere bise “Imbaraga” ivuga ku bushobozi bw’umugore muri sosiyete.

Charly na Nina bavuga ko impamvu bamutumiye nk’umushyitsi w’icyubahiro mu gitaramo cyabo ari uko ari umuhanzi wakunze guharanira ko umugore afatwa nk’uwiyubashye muri Uganda aho akomoka by’umwihariko mu ndirimbo yise “Woman” ishimangira ubutwari bw’umugore na byinshi akora akwiye kubahirwa.

Juliana Kanyomozi akigera i Kigali yavuze ko asanzwe azi Charly na Nina ndetse n’indirimbo zabo cyane cyane iyitwa “Owooma” na “Face 2 Face” ngo akunze kuzumva zicurangwa iwabo muri Uganda.

Yongeye gushimangira ko abafata nk’abahanzi bagaragaza imbaraga mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye muri Kigali Conference & Exhibition Village (Camp Kigali) ari naho bazataramira kuri uyu wa Gatanu, tariki 1 Ukuboza 2017.

Yagize ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo ni abahanzi gusa ahubwo bafite impano idasanzwe. Natangiye kumva umuziki wabo kuva nko mu mezi atatu ashize bintera amatsiko yo kubamenya, byatumye mbaza inshuti nti ariko aba bakobwa ni abahe ko numva baririmba neza, undi arambwira ati bitwa Charly na Nina. Nabamenye ntyo ntangira gukunda umuziki wabo.”

Aba bahanzi babajijwe niba haba hari umushinga wo gukorana indirimbo nyuma y’igitaramo, Juliana asubiza agira ati “Yego rwose, ubwo byabuzwa n’iki? Ntekereza ko ubushobozi bwabyo buhari nk’uko nabivuze ndi umufana wa Charly na Nina, ibyo ni ibizikora, bizabaho.”

Yavuze ko afata u Rwanda nk’urugo rwe rwa kabiri mu bijyanye n’umuziki asobanura ko impamvu yari amaze igihe atahagera ari uko yari amaze igihe yarahagaritse gukora umuziki ariko ubu ngo akaba yiteguye kongera kwihuza n’abakunda umuziki we ndetse akazanahakora ikindi gitaramo cye bwite.

Charly na Nina batumiye Juliana mu gitaramo cyo kumurika album yabo ya mbere bavuze ko bizeye imigendekere myiza yacyo. Abandi bahanzi bazaririmba ni Big Farious wabafashije mu ndirimbo “Indoro” yatumye bamamara mu Rwanda, Dj Pius, Yvan Buravan na Andy Bumuntu.

Juliana ugiye gutaramira abakunzi b’umuziki i Kigali yaherukaga kuza mu Rwanda yitabiriye igitaramo cya ‘Beautiful People’ cyabereye kuri Serena Hotel ku wa Gatanu tariki ya 19 Nyakanga 2013.

2017-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo mwiza n’uguha impano zihenze

Umugabo mwiza n’uguha impano zihenze

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Umunyabigwi w’Umufaransa Yannick Noah yageze mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour

Ubwanditsi 29 Feb 2024
Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze

Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze

Ubwanditsi 07 May 2018
Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 02 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2021
Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we
Mu Rwanda

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000
Mu Rwanda

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ubwanditsi 12 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru