• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umurwa mukuru w’u Rwanda Kigali umaze kuba ihururiro ry’ibikorwa ndetse n’inama zitandukanye bitewe n’ibikorwaremezo bimaze kuba ubukombe, usibye inama ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye bihuruza abanyamahanga, kuri ubu hagezweho kwakira ibitaramo birimo abahanzi baturutse hanze y’igihugu.

Hari hashize igihe kitari gito mu Rwanda hatabera ibitaramo bitandukanye kubera ikibazo cy’icyorezo cya Koronavirusi, ariko kuko kugeza ubu gisa n’ikirimo gucogora ibitaramo byasubukuwe, ku isonga harabanza igitaramo cy’umunya-Nigeria Adekunle Gold.

Kuri uyu wa gatanu, mu gitaramo cyateguwe na Mutzig batumiye umuhanzi Adekunle Gold uzwi nka AG Baby kuri ubu wamaze no kugera mu Rwanda aho ari buze gutaramira abakunzi b’umuziki mu gitaramo kiri bubere ku i Rebero ahazwi nka Canal Olympia.

Uyu muhanzi araba ari kumwe n’umuhanzi Kenny Sol wamenyekanye ndetse anakundwa cyane mu ndirimbo aherutse gushyira hanze yise Umurego, araba kandi aherekejwe na Gabiro Guittar nawe ufite indirimbo ikunzwe yitwa Igikwe.

Ni igitaramo kiri bwitabirwe n’abantu bipimishije Koronavirusi bakagaragaza ko ntabwandu bafite, ndetse bakingiwe iki cyorezo. Kwinjira muri iki gitaramo kiri butangire ku isaha ya saa kumi n’imwe ni amafaranga ibihumbi 30, 20 ndetse n’ibihumbi 10.

Usibye iki gitaramo kandi, kuri uyu wa gatandatu guhera ku isaha ya saa kumi zuzuye muri Kigali Arena umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie arahakorera igitaramo yise icyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu ruhando rwa Muzika.

Ni igitaramo uyu muhanzi yahurijemo abahanzi batandukanye b’abanyarwanda bayobowe na Gatsinzi Emery Rider Man, Niyo Bosco, Bul Dogg, Mike Kayihura, Christopher, Inganzo Ngari, Papa Cyangwe ndetse n’abandi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni amafaranga ibihumbi 10, 20, 30 ndetse na 150 mu myanya y’icyubahiro.

Impera z’icyumweru gitaha kandi nibwo umuhanzi Stanley Omah Didia uzwi nka Omah Lay ukomoka mu gihugu cya Nigeria nawe biteganyijwe ko afatanyije n’abandi bahanzi Nyarwanda bazakora igitaramo.

Impera z’ukwezi k’Ugushyingo kandi kuzasiga mu Rwanda umuhanzi Divine Ikubor uzwi nka Rema nawe wo muri Nigera azakorera igitaramo mu rw’Imisozi igihumbi.

2021-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report

Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report

Ubwanditsi 25 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.
Mu Rwanda

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru
POLITIKI

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru