• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umurwa mukuru w’u Rwanda Kigali umaze kuba ihururiro ry’ibikorwa ndetse n’inama zitandukanye bitewe n’ibikorwaremezo bimaze kuba ubukombe, usibye inama ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye bihuruza abanyamahanga, kuri ubu hagezweho kwakira ibitaramo birimo abahanzi baturutse hanze y’igihugu.

Hari hashize igihe kitari gito mu Rwanda hatabera ibitaramo bitandukanye kubera ikibazo cy’icyorezo cya Koronavirusi, ariko kuko kugeza ubu gisa n’ikirimo gucogora ibitaramo byasubukuwe, ku isonga harabanza igitaramo cy’umunya-Nigeria Adekunle Gold.

Kuri uyu wa gatanu, mu gitaramo cyateguwe na Mutzig batumiye umuhanzi Adekunle Gold uzwi nka AG Baby kuri ubu wamaze no kugera mu Rwanda aho ari buze gutaramira abakunzi b’umuziki mu gitaramo kiri bubere ku i Rebero ahazwi nka Canal Olympia.

Uyu muhanzi araba ari kumwe n’umuhanzi Kenny Sol wamenyekanye ndetse anakundwa cyane mu ndirimbo aherutse gushyira hanze yise Umurego, araba kandi aherekejwe na Gabiro Guittar nawe ufite indirimbo ikunzwe yitwa Igikwe.

Ni igitaramo kiri bwitabirwe n’abantu bipimishije Koronavirusi bakagaragaza ko ntabwandu bafite, ndetse bakingiwe iki cyorezo. Kwinjira muri iki gitaramo kiri butangire ku isaha ya saa kumi n’imwe ni amafaranga ibihumbi 30, 20 ndetse n’ibihumbi 10.

Usibye iki gitaramo kandi, kuri uyu wa gatandatu guhera ku isaha ya saa kumi zuzuye muri Kigali Arena umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie arahakorera igitaramo yise icyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu ruhando rwa Muzika.

Ni igitaramo uyu muhanzi yahurijemo abahanzi batandukanye b’abanyarwanda bayobowe na Gatsinzi Emery Rider Man, Niyo Bosco, Bul Dogg, Mike Kayihura, Christopher, Inganzo Ngari, Papa Cyangwe ndetse n’abandi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni amafaranga ibihumbi 10, 20, 30 ndetse na 150 mu myanya y’icyubahiro.

Impera z’icyumweru gitaha kandi nibwo umuhanzi Stanley Omah Didia uzwi nka Omah Lay ukomoka mu gihugu cya Nigeria nawe biteganyijwe ko afatanyije n’abandi bahanzi Nyarwanda bazakora igitaramo.

Impera z’ukwezi k’Ugushyingo kandi kuzasiga mu Rwanda umuhanzi Divine Ikubor uzwi nka Rema nawe wo muri Nigera azakorera igitaramo mu rw’Imisozi igihumbi.

2021-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Ubwanditsi 29 May 2024
Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwigiye ku mateka mabi rwanyuzemo ku buryo ubu rurangamiye ahazaza- Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2019
FERWAFA imaze gusura amakipe icyenda mu rwego rwo kureba ko yujuje ibyangombwa ngo abe yasubukura imyitozo, abiri muriyo akaba yasabwe kugira ibyo ahindura
Amakuru

FERWAFA imaze gusura amakipe icyenda mu rwego rwo kureba ko yujuje ibyangombwa ngo abe yasubukura imyitozo, abiri muriyo akaba yasabwe kugira ibyo ahindura

Ubwanditsi 05 Apr 2021
Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa
POLITIKI

Umubare munini w’abagore muri Amerika bifuza yuko Trump yakweguzwa

Ubwanditsi 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru