• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame – Ibizava mu matora birazwi, uwo bimena umutwe bimumene umutwe

Kagame – Ibizava mu matora birazwi, uwo bimena umutwe bimumene umutwe

Ubwanditsi 14 Jul 2017 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Nyakanga 2017, mu Karere ka Ruhango mu kibuga cya Kibingo no ku cya Rwabicuma i Nyanza niho ibihumbi by’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bateraniye mu gikorwa cyo kwamamaza umukandida wayo, Paul Kagame.

Perezida Paul Kagame yavuze ko abirirwa banenga u Rwanda ko nta matora ahari kubera ko ikizayavamo kizwi, ngo abo ni ukubareka bakavuga bakameneka umutwe, abanyarwanda bo bagakomeza gukora ikibateza imbere.

Kagame yagarutse ku banyamakuru birirwa bavuga ko ikizava mu matora kizwi, bakabiheraho bavuga ko mu Rwanda nta burenganzira buhari.

Yagize ati “Nagirango niba mukurikira amakuru , Abanyamakuru bafite uburenganzira kandi baranabukwiye ariko sibo babufite bonyine, n’abandi bavuga n’abo bandika barabufite. Barandika bakavuga ngo amatora yo mu Rwanda nta matora arimo ngo kuko bazi ikizayavamo ariko jyewe biranshimisha kuba tuzi ikizayavamo ahubwo.”

-7238.jpg
Perezida Kagame yatangaje ko yishimira ko ibizava mu matora bizwi kandi Abanyarwanda aribo bihitiyemo ikibabereye

Yagize ati “Ikizayavamo uwajyaho akabeshya akavuga ngo nta kizi, bakavuga ngo uko kwirengagiza niyo politike nziza niyo demokarasi barabeshya. Reka nkubwire impamvu ikizayavamo cyamenyekanye mu kwezi kwa 12 mu mwaka wa 2015. Buriya hajya kuba impamvu ya referandumu ikaba ikintu cyasabwe na miliyoni 4 z’abantu bazatora kikagera aho kijya muri referandumu kigafata hafi 100 %, ubwo se ubundi ikizavamo ni iki?”

-7236.jpg
Si abanyarwanda bari babukereye gusa kuko n’abanyamahanga nabo bamamaje Perezida Kagame

Perezida Kagame yavuze ko abirirwa banenga ko nta burenganzira buri mu Rwanda ari nabo barugejeje aho rwavuye, asaba ko bimwa amatwi bagakomeza kumeneka umutwe. Ati ” Ibyo dukora niba amatwi atabaha ngo bumve byibura amaso ni abahe barebe….. abo birirwa bavuga ubusa nibo bagejeje u Rwanda aho ruvuye, ibizava mu matora birazwi kandi birazwi nyine uwo bimena umutwe bimumene umutwe. Twe rero ibi byo kwiyamamaza tubigire ibyo kwishima“.

Yavuze ko abanyamahanga banenga cyangwa bagashakisha abo bashishikariza kwiyamamaza ngo bayobore u Rwanda biyibagiza ko nta burenganzira bwo gushyiraho uyobora u Rwanda bafite. Ati:”Ariko nicyo birengagiza ni uko bo badatora barabigerageje bagashaka abanyarwanda bashyigikira ariko bamara kubahitamo, bagasanga ntawe ubari inyuma nabo bakabata bakigerendera.”

Kagame yashimye ubushishozi bw’amashyaka yamuhaye amajwi. Yagize ati “Ndashima amashyaka yiyemeje gushyigikira umukandida FPR izaba yatanze. Nabo barashaka ko twihuta kandi tukagera kure. Ntago nakwibagirwa namwe mwese, ndavuga RPF Inkotanyi yantanzeho umukandida.”

-7234.jpg
Perezida wa PSD, Dr Vincent Biruta

-7233.jpg
Umuyobozi w’Ishyaka PL, Hon. Mukabalisa Donatille

Yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko mu myaka irindwi iri imbere, ntawe ukwiye kubigisha amasomo y’ibyashize, kuko ubu u Rwanda ruhagaze neza.

Ibikorwa byo kwiyamamaza k’umukandida Paul Kagame bizakomereza mu turere twa Gisagara, Huye na Nyaruguru, kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Nyakanga 2017.

Uko byari byifashe mu mafoto:

-7232.jpg
Ababyeyi bamwakiranye urugwiro

-7239.jpg
Mariya Yohana mu bari kwamamaza Perezida Kagame

-7241.jpg
Amashyaka yishyize hamwe ngo yamamaze umukandida Paul Kagame
-7242.jpg

Ubwanditsi

2017-07-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukozi  uciriritse m’Uruganda rw’Ibirungo i Paris  nawe  yanenze Leta yo mu buhungiro ya Padiri Nahimana

Umukozi uciriritse m’Uruganda rw’Ibirungo i Paris nawe yanenze Leta yo mu buhungiro ya Padiri Nahimana

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024
Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

RUSHYASHYA 08 Apr 2026
Korea ya Ruguru yahagaritse ibiganiro yagombaga kugirana na Korea y’Epfo

Korea ya Ruguru yahagaritse ibiganiro yagombaga kugirana na Korea y’Epfo

Ubwanditsi 16 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya
Amakuru

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop
IKORANABUHANGA

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Kuri uyu wa Kabiri  muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo  wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya
ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Ubwanditsi 02 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru