• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017 POLITIKI

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision, cyatangaje ko habayeho ibiganiro hagati ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda n’uwa Uganda kandi bitarabayeho.

New Vision yatangaje kuri uyu wa Gatanu ko Perezida Kagame na Museveni wa Uganda bagiranye ibiganiro bahuriye i Dubai mu Nama mpuzamahanga yiga ku bukungu bwa Afurika ‘Global Business Forum Africa’.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko cyahamirijwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Okello Oryem, ko Perezida Kagame na Museveni bagiranye ibiganiro bivuga ku mubano w’ibihugu byombi.

Kugeza ubu ibyo biganiro by’aba bakuru b’ibihugu ntibyigeze bivugwa ko byabayeho mu makuru ku Rwanda; nta butumwa na bumwe kuri Twitter cyangwa amafoto agaragara kuri Flickr nkuko bisanzwe bikorwa iyo umukuru w’igihugu yahuye na bagenzi be cyangwa abandi bantu bakomeye.

-8564.jpg
Perezida Kagame i Dubai aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu ‘Global Business Forum Africa’.

Ubusanzwe, ibikorwa by’akazi bya Perezida Kagame bitangazwa ku rubuga rwa Twitter (@UrugwiroVillage) urukuta rwa Twitter rwa Perezidansi y’u Rwanda; amafoto agashyirwa kuri Flickr nk’uko n’ubu byakozwe ubwo Nyakubahwa Perezida Kagame yitabiraga iyo nama.

Abayobozi bari kumwe na Perezida Kagame bahamirije KT Press dukesha iyi nkuru ko ibyo biganiro bitabayeho mu by’ukuri ariko Oryem agahamya ko byabaye.

Kugeza ubu ntiharasobanuka impamvu Oryem yatangaza ayo makuru, akayanyuza mu kinyamakuru cya leta gikurikirwa n’imbaga y’abantu.

Tubibutse ko umwaka ushize mu Ukuboza 2016, aribwo iki kinyamakuru cyasabye imbabazi ku nkuru ishushanyije (Cartoon) cyatambukije, kigaragaza Umushumba wa Kiliziya Gatolika asaba imbabazi Guverinoma y’u Rwanda ku ruhare abayoboke bayo bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubutumwa bwariho bunengwa guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuntu yakwibaza impamvu gutangaza ibinyoma byambaye ubusa icyo bimariye iki kinyamakuru cyangwa se abagikoresha!

Ubwanditsi

2017-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Abashatse kutugirira nabi ni bo bahombye- Kagame avuga kuri Uganda

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Ubwanditsi 18 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. twubakane
    August 24, 20181:11 pm -

    Kwikundisha.!!!!!!!!!!!!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana
Amakuru

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we
Amakuru

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023
Umuherwe Howard Buffet,   Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina
ITOHOZA

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Ubwanditsi 30 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru