• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017 POLITIKI

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision, cyatangaje ko habayeho ibiganiro hagati ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda n’uwa Uganda kandi bitarabayeho.

New Vision yatangaje kuri uyu wa Gatanu ko Perezida Kagame na Museveni wa Uganda bagiranye ibiganiro bahuriye i Dubai mu Nama mpuzamahanga yiga ku bukungu bwa Afurika ‘Global Business Forum Africa’.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko cyahamirijwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Okello Oryem, ko Perezida Kagame na Museveni bagiranye ibiganiro bivuga ku mubano w’ibihugu byombi.

Kugeza ubu ibyo biganiro by’aba bakuru b’ibihugu ntibyigeze bivugwa ko byabayeho mu makuru ku Rwanda; nta butumwa na bumwe kuri Twitter cyangwa amafoto agaragara kuri Flickr nkuko bisanzwe bikorwa iyo umukuru w’igihugu yahuye na bagenzi be cyangwa abandi bantu bakomeye.

-8564.jpg
Perezida Kagame i Dubai aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu ‘Global Business Forum Africa’.

Ubusanzwe, ibikorwa by’akazi bya Perezida Kagame bitangazwa ku rubuga rwa Twitter (@UrugwiroVillage) urukuta rwa Twitter rwa Perezidansi y’u Rwanda; amafoto agashyirwa kuri Flickr nk’uko n’ubu byakozwe ubwo Nyakubahwa Perezida Kagame yitabiraga iyo nama.

Abayobozi bari kumwe na Perezida Kagame bahamirije KT Press dukesha iyi nkuru ko ibyo biganiro bitabayeho mu by’ukuri ariko Oryem agahamya ko byabaye.

Kugeza ubu ntiharasobanuka impamvu Oryem yatangaza ayo makuru, akayanyuza mu kinyamakuru cya leta gikurikirwa n’imbaga y’abantu.

Tubibutse ko umwaka ushize mu Ukuboza 2016, aribwo iki kinyamakuru cyasabye imbabazi ku nkuru ishushanyije (Cartoon) cyatambukije, kigaragaza Umushumba wa Kiliziya Gatolika asaba imbabazi Guverinoma y’u Rwanda ku ruhare abayoboke bayo bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubutumwa bwariho bunengwa guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuntu yakwibaza impamvu gutangaza ibinyoma byambaye ubusa icyo bimariye iki kinyamakuru cyangwa se abagikoresha!

Ubwanditsi

2017-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Ubwanditsi 30 Apr 2025
China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Ubwanditsi 29 Aug 2016
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Ubwanditsi 29 Jul 2016

Igitekerezo kimwe

  1. twubakane
    August 24, 20181:11 pm -

    Kwikundisha.!!!!!!!!!!!!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru
Amakuru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje  Amavubi yatsinze South Sudan 2-1
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Ubwanditsi 29 Dec 2024
Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko
HIRYA NO HINO

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru