• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Ubwanditsi 25 Feb 2017 HIRYA NO HINO

1. BURI WESE AGIRA INTEGE NKE

Imana niyo itagira intege nke
Buri rurabo rwa roza rugira amahwa yarwo. Nutumbira cyane intege nke z’uwo mwubakanye ntushobora kunezezwa na cya kindi afitemo imbaraga

2. BURI WESE AGIRA AMATEKA

Si malayika bityo wikomeza gucukumbura ahashize he. Icyingenzi ni ubuzima mubanyeho none. Ibyarangiye byarabaye. Babarira wibagirwe. Ibyahise ntacyo wabihinduraho. Ita Ku bya none n’ejo hazaza

3. BURI RUGO RUGIRA IBYARWO

urugo si uburiri bw’indabo z’iroza. Urugo wabonyemo ibyiza hari ibikomeye ruba rwaranyuzemo byaka umuriro. Urukundo nyakuri rugaragarira mu bigeragezo
Rwanirira urugo rwawe
Nambana n’uwo mwashakanye mu gihe mugeragezwa. Wibuke ko ariyo ndahiro mwakoze musezerana.

4. BURI RUGO HARI IBYIZA RUGERAHO

Wigereranya urugo rwawe n’izabandi. Ntibyahwana rwose, zimwe zishobora kuba zarabarenze izindi zibari inyuma.
Mu kwigabanyiriza ibibazo (iteshamutwe) mu rugo, ihangane, kora cyane mu gihe cyawe. Ibyo mwiyifuriza mu rugo bizageraho bibe.

5. KWUBAKA URUGO NI UGUTANGIZA URUGAMBA

Iyo mushinze urugo, ugomba gutangiza intambara irwanya abanzi b’urugo
Bamwe muri abo banzi ni:
Ubutamenya (kutita Ku bintu)
Kudasenga, kutababarira, ubuhehesi, gukururwa n’abandi, gushukwa, gukubita umugore, urukundo ruke, kwiyenza, ubunebwe, gutandukana nawe. Itegure rero guhangana nabyo urwanirira ubusugire bw’urugo

6. NTA RUGO NGENDERWAHO

Nta rugo rw’intangarugero muri byose. Urugo rudusaba gukora n’ubushake neza kandi buri munsi. Urugo twarugereranya n’imodoka igira akongeramuvuduko amavuta yako n’agasohoramwotsi iyo bititaweho
Imodoka ipfira mu nzira igatamaza abayirimo. Benshi muri twe turangwa no kutita Ku rugo. ESE nawe ni uko? Niba urimo. Ndakwinginze ita Ku rugo rwawe.

7. IMANA ISHOBORA KUBA ITARAGUHAYE UWO WIFUZA NEZA NEZA

Imana yamuguhaye adatuganye ngo umugire uko wamwifuzaga. Niba warashakaga ukunda gusenga akaba atabikunda cyane. Mu Rukundo. Sengana nawe umutere umwete. Bizageraho bize.

8. KUBAKA URUGO NI UKWEMERA INGARUKA

Ntiwamenya ibizaba mu rugo rwawe, ubuzima bushobora guhinduka. Ugomba kubyakira mukanabiganiraho ngo mubyumvikaneho.
Mushobora kubura urubyaro.
Ashobora kubyibuha cyane utabikunda.
Ashobora kubura akazi bikaba ngombwa ko ari wowe wenyine utunga urugo igihe kirekire. Ihangane niba Imana iri mu ruhande rwanyu, hari Umunsi muzaseka.

9. KWUBAKA URUGO SI IBY’IGIHE GITO NI IBY’ITEKA

Urugo ni ukwiyemeza burundu, urukundo ni ubushishi (colle) bufatanya abubakanye.
Ubutane butangirira mu bitekerezo. Ntukabitekereze. Ntuzanamukangishe gutaana. Haranira kubana nawe mu rugo. Imana yanga ubutane.

10. BURI RUGO HARI ICYO RUSABWA

Urugo ni nka konti muri banki. Amafaranga wabikijemo niyo ubikuza. Niba nta rukundo, amahoro, no kwitanaho (care) washyize mu rugo. Ntutegereze urugo rwiza.
Nta Rukundo rwizana, urukundo rutera gutanga no kwitanga

Umwami wacu Yezu Kristu aduhe Ubuntu n’ubwenge bwo kwubaka ijuru rito mu rugo.
Muhabwe umugisha.

Source : Inshuti z’abarinzi group

2017-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼
IMIKINO

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 27 Jan 2018
RwandAir yahawe uburenganzira bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria
UBUKERARUGENDO

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gukorera ku bibuga byose by’indege muri Nigeria

Ubwanditsi 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru