• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rweru ntabwo ari irimbi ry’u Rwanda – Minisitiri Sezibera

Rweru ntabwo ari irimbi ry’u Rwanda – Minisitiri Sezibera

Ubwanditsi 06 Mar 2019 Mu Rwanda

Nyuma y’uko ubuyobozi bw’u Burundi buheruka gutangaza ko mu kiyaga cya Rweru hagaragayemo imirambo bukavuga ko yaturutse mu Rwanda, rweruye ko muri Rweru nta rimbi ryarwo rihaba, ahubwo ababivuga ari bo bazi aho ituruka.

Ahagana mu mpera z’ukwezi gushize nibwo muri icyo kiyaga, ku ruhande rw’u Burundi mu ntara ya Kirundo muri komini Busoni, hagaragaye imirambo umunani, ubuyobozi buvuga ko yaturutse mu Rwanda ariko nta bimenyetso bwagaragaje.

Ni imvugo u Burundi bwakunze gukoresha kuva iyi mirambo yatangira kugaragara mu 2015 ubwo icyo gihugu cyinjiraga mu mvururu za politiki. Ibyo birego u Rwanda rwakomeje kubyamaganira kure.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera yagiranye m’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, yashimangiye ko muri Rweru atari ho u Rwanda rushyingura abaturage barwo.

Yagize ati “Amarimbi y’u Rwanda arazwi rwose, aho dushyingura harazwi, amarimbi yacu ateganywa n’itegeko biri mu igazeti ya leta, ntabwo Rweru ari irimbi ry’u Rwanda, rwose. Nta mirambo y’abanyarwanda ijyayo. Kandi abo babivuga, iyo mirambo imwe iba iri mu biyaga, indi iri mu bishanga by’iwabo, indi iri mu mazu iwabo, aho hava iyo mirambo n’indi igomba kuba ari ho iva.”

Yashimangiye ko muri Rweru atari ho u Rwanda rushyingura kuko atari irimbi ryarwo “ndetse ntabwo hazigera haba irimbi ryarwo.”

Minisitiri Sezibera yanagarutse ku mubano n’u Burundi, avuga ko u Rwanda rwiteguye gukorana n’icyo gihugu igihe ibibazo gifite bizaba bikemutse.

Yakomeje ati “Ikibazo cy’u Burundi kiri mu maboko y’umuhuza w’Abarundi, Perezida Museveni wa Uganda, ni we ufatanya n’abayobozi muri EAC ngo ibyo bibazo bikemuke. Aho mu Burundi ibyo bibazo bizakemukira bakumva bagirana umubano n’u Rwanda, u Rwanda ruzakomeza gufungura amaboko yarwo.”

“Imipaka irafunguye, RwandAir ijya i Bujumbura, ngira ngo ni imwe mu bifasha ngo imibanire n’u Burundi ikomeze nubwo hari ikibazo.”

Muri icyo kiganiro kandi Minisitiri Sezibera yanagarutse ku mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo, avuga ko abaturuka muri icyo gihugu baba abashoramari ndetse n’abadipolomate bahari ku mpande zombi.

Gusa yakomeje ati “Ariko ntabwo turakemura ikibazo cy’abanyarwanda bajya muri Afurika y’Epfo, bajyayo ariko kubona viza biragoranye, ibyo turacyabiganira.”

2019-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

Ubwanditsi 30 Apr 2018
Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe
Mu Mahanga

Icyumweru cyo Kwibuka cyasojwe

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa
IMIKINO

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019
Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye
Amakuru

Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Ubwanditsi 15 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru