• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo
Iyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yiciwemo abanyeshuri, abarimu n'abakozi muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Ubwanditsi 21 Apr 2018 Mu Rwanda

Abanyeshuri, abarimu n’abandi bakozi ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo, bigizwemo uruhare na bamwe mu banyeshuri n’abarimu b’intagondwa z’abahutu.

Kimwe n’ahandi henshi mu Mujyi wa Butare, nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Sindikubwabo Théodore yagiriye i Butare, agakoresha inama mu nzu mberabyombi, ijambo yahavugiye ryo gukangurira kwica Abatutsi, ryatumye ubwicanyi buhita butangira.

Kuva ku itariki ya 21-22 Mata 1994, ku Kabutare, mu Mujyi wa Butare, agace kari gatuwemo n’abarimu benshi bigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda cyangwa mu mashuri yisumbuye yo mu Mujyi wa Butare, bishwe cyangwa bakarangwa n’abasirikare babaga barakomerekeye ku rugamba bakazanwa kuvurirwa i Butare. Abarimu bo muri Kaminuza barangaga abarimu bagenzi babo b’Abatutsi ngo bicwe.

Nk’uko tubikesha CNLG, muri Groupe Scolaire Officiel de Butare Indatwa (GSOB), igitero cya mbere cyaje kwica Abatutsi bari bahahungiye. Icyo gihe muri iki kigo hari hamaze iminsi habera imurikagurisha EXPO. Ibindi bitero byagarutse kwica Abatutsi bari bahasigaye ku itariki ya 28-29 Mata 1994.

Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya Runyinya no kuri Komini Runyinya, ubu ni mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, bagoswe n’ibitero by’Interahamwe zirabica bose.

Ku Kigo Nderabuzima cya Matyazo, hari hahungiye Abatutsi basaga 6,000, baturutse muri za Komini Ngoma, Maraba, Runyinya na Huye, bishwe n’Interahamwe. Ubu ni mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye.

Abatutsi bari bahungiye i Gihindamuyaga, habarizwa ubu mu Karere ka Huye, barishwe bose.

Abatutsi bari bahungiye kuri Komini Huye ahitwa Karambi ku Rusengero rw’Abametodisiti, ubu ni mu Murenge wa Huye, mu Karere ka Huye, bakomokaga mu Matyazo, Nyaruguru n’ahandi, bishwe n’Interahamwe zoku Gikongoro zibateye za gerenade.

Kuva ku itariki ya 21-22 Mata 1994 ku kigo cy’amashuri abanza cya EP Matyazo, cyari giherereye muri Komini Huye ahitwaga ku Rusisiro, ubu ni mu Karere ka Huye, hiciwe abatutsi basaga 10,000 bari bahahungiye baturutse muri za Komini Ngoma, Runyinya, Maraba na Huye. Interahamwe zabishe zikoresheje lisansi yo kubatwika, amasasu n’intwaro za gakondo.

Abatutsi bose mu gace ka Gishubi, bashorewe n’Interahamwe babambitse ubusa, bajya kubaroha mu mugezi w’Akanyaru. Abagerageje gucika bahungiye i Kabuye, bicwa ku wa 23 Mata 1994, ubu ni mu Karere ka Gisagara.

Abatutsi benshi bari bahungiye kuri Komini Ntongwe, barishwe. Ubu ni mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango.

Kuva tariki ya 21 Mata 1994, Abatutsi bafatwaga n’Interahamwe, zabajyanaga ku iteme rya Nyabarongo rijya Karongi cyangwa ku kiraro cyambuka Nyabarongo kijya Kirinda (Kibuye), zikabicirayo, zikajugunya muri Nyabarongo.

Abatutsi b’i Bweramvura no mu tundi duce bamaze kwicwa n’Interahamwe, zajyaga kubajugunya mu mugezi witwa Kiryango.

Ku nzu ya Foyer ku Rukina, Interahamwe zahakusanyirizaga Abatutsi, bamara kuba benshi zikajya kubica zikabajugunya muri Nyabarongo.

Ahitwaku Rutabo, bahimbaga CND, ubu ni mu murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, hari hacukuye icyobo kinini cyane, Interahamwe zarohagamo Abatutsi zimaze kwica, hari n’abo bajugunyagamo ari bazima.

Abatutsi bagera ku 50,000 bari bahungiye mu ishuri rya Tekiniki rya Murambi (ETO), bishwe n’Interahamwe n’abasirikare, bayobowe na Perefe wa Gikongoro, Laurent Bukibaruta Félicien Semakwavu wari Burugumesitiri wa komini Nyamagabe, Kapiteni Faustin Sebuhura, Komanda wa Jandarumori ya Gikongoro. Bakeya mu barokotse ibyo bitero bahungiye kuri Kiliziya ya Cyanika, ariko naho Interahame zibasangayo zirabica.

Abatutsi bagera ku 20,000 biciwe i Kaduha. Ubwicanyi bwashishikajwe kandi buyoborwa n’abantu b’injijuke barimo Padiri Nyandwi Robert, Umurundi wari kuri Paruwasi i Kaduha, superefe Joachim Hategekimana, umukozi w’umushinga PDAG witwa Kaga Gatasi wabaye ikirangirire mu kwica i Kaduha, Ngezahayo Straton wahoze ari umusirikare mu ngabo zatsinzwe, Karangwa François umukozi w’urukiko, Kayihura Albert wari Burugumestri wa Komini Muko ariko abo bose bari bafatanyije n’abajandurume bageze kuri Paruwasi i Kaduha ku itariki 7 Mata 1994 bahabwa amabwiriza na Colonel SIMBA Aloys.

Kaduha yari mu gace kagenzurwa n’ingabo z’Abafaransa mu cyiswe Zone Turquoise. I Kaduha kimwe na Gikongoro yose hirunze abasirikare bamaze gutsindwa ku rugamba, n’interahamwe zihunze Inkotanyi, kandi ni ko bakomezaga kwica Abatutsi.

Abatutsi benshi bari bahungiye ku biro bya Komini Karama, baturutse mu duce dutandukanye harimo n’abaturutse Nyaruguru, bishwe n’Interahamwe ziturutse ku Gikongoro n’ahandi henshi.

Kuva tariki ya 21-22 Mata 1994 Abatutsi bari bahungiye Nyagasozi ku musozi wa Kigarama cya Mpare, Musange na Mpare, muri Komini ya Huye, ubu ni mu Karere ka Huye, bakorewe iyica rubozo no gufata abagore ku ngufu kandi baricwa.

Abatutsi bari batuye mu cyahoze ari komini Kayenzi, biciwe ku musozi wa Gashinge, ubu akaba ari mu murenge wa Karama mu karere ka Kamonyi.

Abatutsi biciwe Busanze ku kibuga cy’umupira bitaga Demare, ubu habarizwa mu Karere ka Nyaruguru.

Ku mugoroba w’iyi tariki kandi, impunzi nyinshi z’abatutsi yari zahungiye mu Kiliziya ya Cyanika zikakirwa na Padiri Joseph Niyomugabo zishwe n’interahamwe n’abasirikare bari bamaze kwica abandi batutsi bari bahungiye i Murambi.

Abatutsi bagera kuri 24 gusa ni bo babashije kurokoka uwo munsi. Abayoboye ubwicanyi muri Cyanika ni Perefe Bucyibaruta Laurent, Superefe Joseph Ntegeyintwari, Désiré Ngezahayo wari burugumesitiri wa komini Karama, Azarias Nzungize wari umunyamabanga kuri superefegitura ya Karaba na Ugirindege Charles wari assistant burugumestre wa komini Rukondo. Interahamwe zatozwaga na Colonel Aloys Simba (wakatiwe n’urukiko rwa ICTR igifungo cy’imyaka 25) afatanije na Sebuhura Faustin, wahoze ari komanda wa Jandarumori ku Gikongoro.

Interahamwe zishe abatutsi ku kiliziya ya Cyanika zayobowe kandi na Emmanuel Ntaganira (alias Muturage) wari perezida w’ishyaka MDR.

Hishwe Abatutsi bari bahungiye kuri Komini Karambo (Kibumbwe) ho muri Perefegitura ya Gikongoro, Ubu ni mu Karere ka Nyamagabe.

Hishwe Abatutsi b’i Nyagatare muri Mahembe (Nyamasheke) biciwe ku musozi wa Kizenga

Hishwe Abatutsi bo ku Cyato (Nyamasheke).

2018-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano

Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano

RUSHYASHYA 17 Jun 2026
Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Ubwanditsi 06 May 2017
Urukiko rwategetse ko  Anne  arekurwa,   Diane Rwigara na nyina  bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Yevgeniy Fedorov wa Vino-Astana Motors ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020
IMIKINO

Yevgeniy Fedorov wa Vino-Astana Motors ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere
Mu Mahanga

Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere

Ubwanditsi 13 May 2016
Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo
HIRYA NO HINO

Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru