• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN

HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN

Ubwanditsi 26 Jan 2016 IMIKINO

Ibura ry’umuriro kuri stade Huye mu mukino wahuzaga Cameroon na Ethiopie ryatumye abagera kuri bane bahita bajyanwa mu maboko ya Police barimo umukozi muri Minispoc Eng. Aimable Sebadari.

-1895.jpg

Mu karuhuko amatara yaje kuba azimijwe ho gato

Uyu wari umukino w’umunsi wa kabiri mu itsinda rya kabiri muri CHAN iri kubera mu Rwanda waje kurangira amakipe yombi anganyije 0-0, byongereye amahirwe ikipe ya Cameroon yo kugera muri ¼ cy’irangiza nyuma yo kugwiza amanota ane mu gihe Ethiopie yo isabwa ibirenze. Ikipe izarokoka muri izi ni yo izahura n’u Rwanda muri ¼ kuri stade Amahoro.

Ibyabereye mu kibuga ariko si cyo cyavuzwe cyane kuri uyu mukino, dore ko ibura ry’amatara acana stade ryagarutsweho cyane ku bari i Huye n’abakurikiranaga umukino. Aya matara, yaje kugira ikibazo umukino ugitangira ariko amakipe yombi ntiyabyitaho kuko ikirere cya Huye cyari kikibonesha stade.

Ibintu byaje kuba bibi ku munota wa 36 ubwo amatara acanwa kuri stade yazaga kuzima burundu maze stade igasigara iri mu icuraburindi mu gihe cy’iminota 12. Amakuru dufite, avuga ko iri zima ry’aya matara ryaba ryatewe n’uko amavuta yo muri Moteri yaba yashizemo hakaba uburangare mu kugura andi. bikekwako yaba yibwe

bi ariko byaje gukosorwa nyuma gato maze umukino urongera urasubukurwa igice cya mbere kirarangira. Mu karuhuko k’igice cya mbere, aya matara yongeye kuzima ariko ntibyatinda.

Iri bura ry’umuriro ariko, ntabwo ryagendeye ubusa kuko abagera kuri bane bahise batabwa muri yombi na Police y’igihugu ngo babe babazwa uruhare rwabo muri ibi. Umuvugizi wa Police y’igihugu ACP Celestin Twahirwa yabihamirije umwe mubanyamakuru bariyo .

“Hafashwe bane hari babiri bagikurikiranwa kuko byahungabanyije umutekano. Mu bakurikiranwa harimo uwari ushinzwe umutekano muri stade zose akaba n’umukozi uhoraho muri Minispoc(Eng Twahirwa). Hari nundi bari barakodesheje ngo akurikirane ibya stade zose”.

Sade izongera kwakira imikino ya CHAN kuri iki cyumweru Cote d’Ivoire ikina na Gabon mu itsinda A mu gihe ku wa mbere Congo Kinshasa izaba ihisobanurira na Cameroon mu itsinda rya kabiri.

M.Fils

2016-01-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Ubwanditsi 14 Apr 2023
Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Ubwanditsi 08 Jun 2023
Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Rayon Sports ikomeje kugorwa no kubona intsinzi, ni nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Ubwanditsi 21 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim
Mu Rwanda

Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare
Amakuru

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

RUSHYASHYA 25 Mar 2026
Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge  yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo
ITOHOZA

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 13 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru