• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Ubwanditsi 20 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Musanze FC yatangiye imyitozo yayo ya mbere kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021 yitegura Shampiyona y’icyiciro cya mbere igomba gusubukurwa tariki ya 1 Gicurasi 2021 igakinwa mu buryo bw’amatsinda.

Mbere y’uko uyu mwaka w’imikino usubikwa ubwo hari hamaze gukinwa imikino itatu ya shampiyona, Musanze FC yari yatangiye neza itsinda imikino ibiri ibanza mbere y’uko icyorezo cya koronavirusi gihagarka ibikorwa by’umupira w’amaguru mu kwezi k’Ukuboza 2020.

Mu myitozo yaraye ibaye yibanze ku kongerera abakinnyi imbaraga, ni imyitozo yari iyobowe n’umutoza mukuru Seninga Innocent wanavuze ko yabonye abakinnyi be barasubiye inyuma ugereranyije nuko bari bameze mbere y’uko bahagarika imikino, gusa yemeza ko afite akazi gakomeye mu kwitegura iyi shampiyona.

Seninga Innocent yagize ati” Ni ikibuga twari dukumbuye, twatangiye dukora igeragezwa ryo kureba uko abakinnyi bahagaze, byarangiye neza, gusa ikigaragara ni uko abenshi basubiye inyuma kubera ibibazo bya COVID-19 twahuye nabyo, ikigaragara ni uko mfite akazi gakomeye n’aba bahungu, ariko dufite intego nziza yo kugira ngo dukore cyane, igihe gito dufite dukore cyane kandi tugikoreshe neza.”

Agaruka ku makipe bazaba baganye mu itsinda rya gatatu , umutoza Seninga yavuze ko ari amakipe akomeye, ariko yemeza ko na we afite abakinnyi beza bazi icyo bashaka.

Ati “Itsinda rirakomeye ariko umugabo ni uwipima n’abamurusha imbaraga cyangwa abo bajya kuzinganya , nibyo byiza kuba tugiye guhura n’ikipe irimo AS Kigali na Police FC, ni amakipe akomeye afite amazina ariko natwe ntitworoshye, dufite abakinnyi beza bafite amazina bakomeye bazi icyo bashaka ndetse nkurikije uko ubuyobozi butwitaho cyane cyane Perezida Placide na komite ye ayoboye, navuga ko nidushyira hamwe tuzitwara neza.”

Iyi kipe ya Musanze FC ibarizwa mu ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda mu Karere ka Musanze iri mu itsinda rya C aho iri kumwe na Police FC, AS Kigali ndetse n’ikipe ya Etincelles.

2021-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Ubwanditsi 01 May 2021
Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu  ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23

Abarimo Glen Habimana bahamagwe mu ikipe hy’u Rwandan U23 bitegura guhura na Mali mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CAN U23

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Ubwanditsi 18 Oct 2024
Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Ubwanditsi 05 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya
Mu Rwanda

Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Ubwanditsi 02 May 2017
Rusizi: Polisi yafatanye umugabo kashe  z’impimbano
Mu Mahanga

Rusizi: Polisi yafatanye umugabo kashe z’impimbano

Ubwanditsi 20 Feb 2016
Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 
HIRYA NO HINO

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Ubwanditsi 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru