• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 11 Feb 2016 Mu Mahanga

​Itsinda ry’Abadepite bavuye mu gihugu cya Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda ku buryo yita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina hano mu gihugu.

Iri tsinda ryakiriwe na Superintendent Shafiga Murebwayire, akaba n’umuhuzabikorwa wa Isange One Stop Center, wabasobanuriye ku buryo burambuye serivisi ikigo ayobora gitanga.

Cecilia Emily B.Chazama, wari uyoboye iri tsinda, yavuze ko batangajwe n’ukuntu Polisi y’u Rwanda, biciye mu kigo basuye, yashoboye gushyiraho uburyo buboneye bwo kwita ku bakorewe ihohoterwa.

Yagize ati:”Twatangajwe n’ukuntu ikigo nk’iki kiyoborwa na Minisiteri y’Ubuzima ariko kikanayoborwa na Polisi, ibi ni isomo dukuye aha twifuza no kujyana iwacu kuko kurinda abana bacu ni ikintu gikomeye kuko bahura naryo bajya cyangwa bava ku mashuri, ryabera aho ari hose, niyo mpamvu dushaka kujyanayo amasomo tuboneye hano kandi tugakora ubukangurambaga buhagije , iyi ni intambwe ikomeye Polisi y’u Rwanda yagezeho, tugiye kubiganiraho n’abayobozi bacu kandi nizeyeko bizagira umusaruro.”

Yavuze ko gusura iki kigo bigamije kwiga ukuntu Polisi yabashije kwigisha abaturage no kubumvisha ko abakorewe ihohoterwa batinyuka kuvuga ibyababayeho.

Iri tsinda rigize komisiyo y’abagore mu Nteko ishinga amategeko ya Malawi riri mu Rwanda guhera taliki 7 Gashyantare rikaba ryaraje kwiga uko u Rwanda rwakoze ngo ruteze imbere umugore.

Rirateganya kandi gusura Minisiteri y’Umuryango n’uburinganire, Ikigo cy’Igihugu cy’Uburinganire, Inama y’igihugu y’abagore, Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’ahandi,….

Chazama kandi yashimye uburyo Polisi y’u Rwanda yajyanye za Isange One Stop Center mu bitaro by’uturere, akaba yavuze ko ari urundi rugero rwiza bagomba kujyana mu gihugu cyabo kandi yizeyeko ubuyobozi bwabo buzabyakira neza.

Umuyobozi w’iri tsinda yanashimye ubushake bwa politiki buri mu Rwanda mu gushakira ibisubizo ihohoterwa rishingiye kugitsina ndetse no guha umugore agaciro.

Isange One Stop Center yashinzwe mu mwaka wa 2009, ubu ikaba ifite amashami 17 akorera mu bitaro by’uturere, ikaba ubujyanama n’ubwunganizi ku buntu ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

RNP

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Ubwanditsi 15 May 2016
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Ubwanditsi 03 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

Général Victor Byiringiro wa FDLR mu mazi abira

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse
ITOHOZA

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 21 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru