• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Ubwanditsi 21 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Muri Kanama 2021 ubwo Leta y’u Rwanda yatangazaga ko Johnson Busingye wari umaze igihe ari Minisitiri w’Ubutabera, agizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, ibigarasha n’abajenosideri basimbukiye ku isunzu ry’inzu, badashaka ko Bwana Busingye ajya muri uwo mwanya.

Abari ku isonga mu kuvuza iyabahanda, ni abo mu muryango wa Paul Rusesabagina n’abanyamahanga bamushyigikiye mu bikorwa bye by’iterabwoba. Abana n’umugore wa Rusesabagina ndetse n’udutsiko nka Lantos Foundation usanzwe ari inkoramutima ya “Bin Laden w’Umunyarwanda”, barasaze barasizora ngo Johnson Busingye ntiyemererwe guhagararira u Rwanda mu Bwongereza, ngo kuko yagize uruhare mu itabwa muri yombi rya Rusesabagina.

Byari ukwikirigita bagaseka ariko, kuko umubano w’ibihugu udashobora gushingira ku marangamutima y’abantu ku giti cyabo. Byagera kuri Paul Rusesabagina bwo, bikumvikana ko Ubwongereza butari kwemera gutakaza ubucuti hagati yabwo n’u Rwanda, kubera icyihebe cyahamwe n’ibyaha byo kwica abaturage b’inzirakarengane, abandi abagira ibimuga, imitungo yabo irononwa, indi irasahurwa.

Kuwa gatanu ushize rero, tariki 18 Werurwe 2022, nibwo Ubwongereza bwatangaje ko Busigye Johnson yemerewe guhagararira uRwanda muri icyo gihugu. Abo kwa Rusesabagina, ibigarasha, abajenosideri n’ababatera inkunga, bahise bajya mu cyunamo, ikimwaro kirabakora, babona ko politiki bakina ari iya giswa cyane.

Abazi neza izi nkorabusa, cyane cyane izibundabunda mu Burayi, Amerika na Canada, baduhishuriye ko zatangiye gusubiranamo, zishinjanya ubushishozi buke. Abo baswa baritana bamwana, bamwe barega abandi kubagusha mu kimwaro n’igisebo, ngo kuko byabonekaga ko kwamagana Bwana Busingye ari urugamba batari gutsinda.

Nta gihe Abanzi b’uRwanda batatsinzwe, ariko noneho uyu mwaka ubanza uzasiga n’abari bagihanyanyaza bazinutswe ibyo gushotora uRwanda. Aya mezi 3 gusa ashize yagombye kubereka ko iminsi yabo ibaze,
Bimwe mu byashegeje inyangabirama, ni inkuru y’Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ingabo Zirwanira ku Butaka, umaze kugirira uruzinduko mu Rwanda ubugira kabiri. Gen Muhoozi Kainerugaba yatanze ubutumwa ko Uganda yifuza kubana neza n’u Rwanda, maze abari bafite inyungu mu bushyamirane bw’ibihugu byombi batangira kubunza imitima.

Ikindi cyashenguye ibigarasha n’abajenosideri, ni icyemezo cy’ubutabera bwo mu Bufaransa bwatangaje ko urubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenari Habyarimana ruteshejwe agaciro burundu.

Ibi bivuze ko ntawe uzongera gushyira ku nkeke abayobozi ba RPF-Inkotanyi, bari bamaze imyaka bashinjwa ibinyoma, bagerekwaho ihanurwa ry’iyo ndege. Ibiramambu ahubwo, abari bagize “Akazu”, ari nabo bateguye bakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu nibo barushijeho kwikorera umutwaro w’urupfu rwa shebuja Habyarimana, kandi rurabahama.

Indi nkuru yaranze aya mezi 3 gusa, ni iyashimangiye ko inama ya CHOGM, ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, bidapfa bidapfusha izabera mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka wa 2022. Inshuro 2 ziheruka iyi nama ikomeye cyane yagiye isubikwa kubera icyorezo cya COVID-19, maze ibigarasha n’abajenosideri bakikomanga ku gatuza ngo bagize uruhare muri iryo subikwa. Aho bumviye rero ko noneho izabera i Kigali, amenyo bayamariye mu nda.

Abagizi ba nabi rero n’ubwo ari ingumba z’amatwi, bari bakwiye kubona ko bakina n’ikipe batazi. Bakwiye kureka guta igihe bagataha, cyane ko benshi n’imyaka ibajyanye, ejo batazagwa Igihugu igicuri, kandi cyo cyiteguye kubakira. Ibyaye ikiboze irakirigata!

2022-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025
Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Ubwanditsi 26 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara
ITOHOZA

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire na Diane Rwigara

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Padiri Karumugabo yitabye Imana nyuma y’amezi abiri abuhawe
HIRYA NO HINO

Padiri Karumugabo yitabye Imana nyuma y’amezi abiri abuhawe

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru