• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Icyegeranyo kimaze gushyirwa ahagaragara n’ Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa muntu mu Burundi(Initiative pour les droits Humains au Burundi, IDHB), kiravuga ko imvugo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yuzuyemo uburyarya no kuyobya uburari, ihabanye kure n’ukuri ku bibera muri icyo gihugu kimaze imyaka myinshi mu mutekano uri hafi ya ntawo. IDHB ivuga ko Perezida Ndayishimiye akunze kumvikana abwira amahanga ko mu Burundi hari umutekano usesuye, yirengagije ubwicanyi bwibasira abaturage bo mu bwoko bw’abatutsi ndetse n’abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD.

Iki cyegeranyo cy’impapuro 83 gishinja ubu bugizi bwa nabi Imbonerakure, ari rwo rubyiruko rwa CNDD-FDD rwitwara gisirikari, ndetse n’inzego z’umutekano n’iz’iperereza mu Burundi.Ikibabaje kurushaho nk’uko IDHB ibisobanura, ngo ni uko iyo habaye ubwicanyi, ubusahuzi, gufungira abantu ubusa,kubarigisa n’ibindi bikorwa bishyira ubuzima bw’abantu mu kaga, hafatwa inzererezi gusa kandi nazo zigahita zirekurwa, naho abakomeye mu ishyaka ryica rigakiza ntibakorweho. Uyu muco wo kudahana rero ngo ushyigikiwe na Perezida Ndayishimiye ubwe n’ibindi bikomerezwa byo muri CNDD-FDD, ishyaka ngo rikomeje kugaragaza ubutagondwa n’imyitwarire ya gihubutsi. Mu bashyirwa mu majwi cyane, harimo Minisitiri w’intebe Alain Guillaume Bunyoni, we wanakomeje kuvugwa mu bwicanyi kuva no ku ngoma ya Pierre Nkurunziza.

Mu gihe uBurundi bwingingira Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi gusubukura umubano hagati y’impande zombi, IDHB irasaba ubuyobozi bw’uwo muryango gushishoza mbere yo kongera gutera inkunga uBurundi, abategetsi babwo bakabanza kubazwa impamvu badahagarika ibikorwa bigayitse byibasira abaturage b’inzirakarengane.Uretse ubugizi bwa nabi bw’Imbonerakure , abapolisi n’abashinzwe iperereza, imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD nayo ngo si miseke igoroye, kuko hari abaturage yishe, irabasahura, abandi ibafata bugwate. By’umwihariko ngo ibi bikaba byarakajije umurego muri Kanama na Nzeri uyu mwaka, ubwo abantu bitwaje intwaro binjiraga mu ntara nyinshi z’uBurundi.

Amakuru dukesha Radio yigenga RPA yo mu Burundi aravuga ko kuwa kabiri tariki 08 Ukuboza 2020, imbonerakure zo muri Zone ya Murambya, Komini Burambi, mu ntara ya Rumonge,zahawe imbunda 8, ababikurikiranira hafi bakaba batangiye kugira impungenge ko izo mbunda zaba zije kwica Abatutsi n’abandi batari muri CNDD-FDD.
Kuva Perezida Ndayishimiye yatorerwa kuyobora uBurundi muri Gicurasi uyu mwaka, hari abibwiraga ko yaba agiye gukora ibitandukanye n’uwo yasimbuye, Petero Nkurunziza, ariko kwari ukwibeshya kuko imvugo ze z’amareshyamugeni, zitigeze zihagarika ihutazwa ry’ikiremwamuntu.

Amahanga yakomeje gutabariza inzirirakarengane zihohoterwa mu Burundi, mu kugerageza gucecekesha abamagana ubwo bugizi bwa nabi, mu Gushyingo uyu mwaka, ubutegetsi bwa Generali”NEVA”, buhambiriza Intumwa y’Umuryango w’Abibumye muri icyo gihugu, akaba agomba kuba yazinze utwangushye bitarenze tariki 31 z’uku kwezi. Ni hahandi ariko, ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi!

2020-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

APR FC itaratsindwa yasoje imikino ibanza ya shampiyona 2023-2024 iyoboye, FERWAFA itangaza ko imikino yo kwishyura izakinwa kuya 12 Mutarama 2024

Ubwanditsi 13 Dec 2023
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Sep 2021
AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya

AMAFOTO: Serumogo Omar yongereye amasezerano muri Rayon Sports, Rushema Chris na Tambwe Gloire basinya amasazerano mashya

Ubwanditsi 28 Jun 2025
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19
HIRYA NO HINO

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi
HIRYA NO HINO

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 5 Ukuboza 2017
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 5 Ukuboza 2017

Ubwanditsi 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru