• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Icyegeranyo kimaze gushyirwa ahagaragara n’ Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa muntu mu Burundi(Initiative pour les droits Humains au Burundi, IDHB), kiravuga ko imvugo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yuzuyemo uburyarya no kuyobya uburari, ihabanye kure n’ukuri ku bibera muri icyo gihugu kimaze imyaka myinshi mu mutekano uri hafi ya ntawo. IDHB ivuga ko Perezida Ndayishimiye akunze kumvikana abwira amahanga ko mu Burundi hari umutekano usesuye, yirengagije ubwicanyi bwibasira abaturage bo mu bwoko bw’abatutsi ndetse n’abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD.

Iki cyegeranyo cy’impapuro 83 gishinja ubu bugizi bwa nabi Imbonerakure, ari rwo rubyiruko rwa CNDD-FDD rwitwara gisirikari, ndetse n’inzego z’umutekano n’iz’iperereza mu Burundi.Ikibabaje kurushaho nk’uko IDHB ibisobanura, ngo ni uko iyo habaye ubwicanyi, ubusahuzi, gufungira abantu ubusa,kubarigisa n’ibindi bikorwa bishyira ubuzima bw’abantu mu kaga, hafatwa inzererezi gusa kandi nazo zigahita zirekurwa, naho abakomeye mu ishyaka ryica rigakiza ntibakorweho. Uyu muco wo kudahana rero ngo ushyigikiwe na Perezida Ndayishimiye ubwe n’ibindi bikomerezwa byo muri CNDD-FDD, ishyaka ngo rikomeje kugaragaza ubutagondwa n’imyitwarire ya gihubutsi. Mu bashyirwa mu majwi cyane, harimo Minisitiri w’intebe Alain Guillaume Bunyoni, we wanakomeje kuvugwa mu bwicanyi kuva no ku ngoma ya Pierre Nkurunziza.

Mu gihe uBurundi bwingingira Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi gusubukura umubano hagati y’impande zombi, IDHB irasaba ubuyobozi bw’uwo muryango gushishoza mbere yo kongera gutera inkunga uBurundi, abategetsi babwo bakabanza kubazwa impamvu badahagarika ibikorwa bigayitse byibasira abaturage b’inzirakarengane.Uretse ubugizi bwa nabi bw’Imbonerakure , abapolisi n’abashinzwe iperereza, imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD nayo ngo si miseke igoroye, kuko hari abaturage yishe, irabasahura, abandi ibafata bugwate. By’umwihariko ngo ibi bikaba byarakajije umurego muri Kanama na Nzeri uyu mwaka, ubwo abantu bitwaje intwaro binjiraga mu ntara nyinshi z’uBurundi.

Amakuru dukesha Radio yigenga RPA yo mu Burundi aravuga ko kuwa kabiri tariki 08 Ukuboza 2020, imbonerakure zo muri Zone ya Murambya, Komini Burambi, mu ntara ya Rumonge,zahawe imbunda 8, ababikurikiranira hafi bakaba batangiye kugira impungenge ko izo mbunda zaba zije kwica Abatutsi n’abandi batari muri CNDD-FDD.
Kuva Perezida Ndayishimiye yatorerwa kuyobora uBurundi muri Gicurasi uyu mwaka, hari abibwiraga ko yaba agiye gukora ibitandukanye n’uwo yasimbuye, Petero Nkurunziza, ariko kwari ukwibeshya kuko imvugo ze z’amareshyamugeni, zitigeze zihagarika ihutazwa ry’ikiremwamuntu.

Amahanga yakomeje gutabariza inzirirakarengane zihohoterwa mu Burundi, mu kugerageza gucecekesha abamagana ubwo bugizi bwa nabi, mu Gushyingo uyu mwaka, ubutegetsi bwa Generali”NEVA”, buhambiriza Intumwa y’Umuryango w’Abibumye muri icyo gihugu, akaba agomba kuba yazinze utwangushye bitarenze tariki 31 z’uku kwezi. Ni hahandi ariko, ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi!

2020-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022
Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Ubwanditsi 06 Jul 2024
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Ubwanditsi 21 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Ubwanditsi 15 Oct 2018
Amafoto – Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere kuri Sitade ya Huye, yitegura gukina na Ethiopie mu gushaka itike yo gukina CHAN2023
Amakuru

Amafoto – Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere kuri Sitade ya Huye, yitegura gukina na Ethiopie mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Ubwanditsi 29 Aug 2022
Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare
IMIKINO

Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru