• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, arashinjwa akarimi gasize umunyu, gahumuriza abaturage, kandi umutekano muri icyo gihugu ukomeje kuba kure nk’ukwezi.

Ubwanditsi 09 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Icyegeranyo kimaze gushyirwa ahagaragara n’ Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa muntu mu Burundi(Initiative pour les droits Humains au Burundi, IDHB), kiravuga ko imvugo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yuzuyemo uburyarya no kuyobya uburari, ihabanye kure n’ukuri ku bibera muri icyo gihugu kimaze imyaka myinshi mu mutekano uri hafi ya ntawo. IDHB ivuga ko Perezida Ndayishimiye akunze kumvikana abwira amahanga ko mu Burundi hari umutekano usesuye, yirengagije ubwicanyi bwibasira abaturage bo mu bwoko bw’abatutsi ndetse n’abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD.

Iki cyegeranyo cy’impapuro 83 gishinja ubu bugizi bwa nabi Imbonerakure, ari rwo rubyiruko rwa CNDD-FDD rwitwara gisirikari, ndetse n’inzego z’umutekano n’iz’iperereza mu Burundi.Ikibabaje kurushaho nk’uko IDHB ibisobanura, ngo ni uko iyo habaye ubwicanyi, ubusahuzi, gufungira abantu ubusa,kubarigisa n’ibindi bikorwa bishyira ubuzima bw’abantu mu kaga, hafatwa inzererezi gusa kandi nazo zigahita zirekurwa, naho abakomeye mu ishyaka ryica rigakiza ntibakorweho. Uyu muco wo kudahana rero ngo ushyigikiwe na Perezida Ndayishimiye ubwe n’ibindi bikomerezwa byo muri CNDD-FDD, ishyaka ngo rikomeje kugaragaza ubutagondwa n’imyitwarire ya gihubutsi. Mu bashyirwa mu majwi cyane, harimo Minisitiri w’intebe Alain Guillaume Bunyoni, we wanakomeje kuvugwa mu bwicanyi kuva no ku ngoma ya Pierre Nkurunziza.

Mu gihe uBurundi bwingingira Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi gusubukura umubano hagati y’impande zombi, IDHB irasaba ubuyobozi bw’uwo muryango gushishoza mbere yo kongera gutera inkunga uBurundi, abategetsi babwo bakabanza kubazwa impamvu badahagarika ibikorwa bigayitse byibasira abaturage b’inzirakarengane.Uretse ubugizi bwa nabi bw’Imbonerakure , abapolisi n’abashinzwe iperereza, imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD nayo ngo si miseke igoroye, kuko hari abaturage yishe, irabasahura, abandi ibafata bugwate. By’umwihariko ngo ibi bikaba byarakajije umurego muri Kanama na Nzeri uyu mwaka, ubwo abantu bitwaje intwaro binjiraga mu ntara nyinshi z’uBurundi.

Amakuru dukesha Radio yigenga RPA yo mu Burundi aravuga ko kuwa kabiri tariki 08 Ukuboza 2020, imbonerakure zo muri Zone ya Murambya, Komini Burambi, mu ntara ya Rumonge,zahawe imbunda 8, ababikurikiranira hafi bakaba batangiye kugira impungenge ko izo mbunda zaba zije kwica Abatutsi n’abandi batari muri CNDD-FDD.
Kuva Perezida Ndayishimiye yatorerwa kuyobora uBurundi muri Gicurasi uyu mwaka, hari abibwiraga ko yaba agiye gukora ibitandukanye n’uwo yasimbuye, Petero Nkurunziza, ariko kwari ukwibeshya kuko imvugo ze z’amareshyamugeni, zitigeze zihagarika ihutazwa ry’ikiremwamuntu.

Amahanga yakomeje gutabariza inzirirakarengane zihohoterwa mu Burundi, mu kugerageza gucecekesha abamagana ubwo bugizi bwa nabi, mu Gushyingo uyu mwaka, ubutegetsi bwa Generali”NEVA”, buhambiriza Intumwa y’Umuryango w’Abibumye muri icyo gihugu, akaba agomba kuba yazinze utwangushye bitarenze tariki 31 z’uku kwezi. Ni hahandi ariko, ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi!

2020-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Ubwanditsi 06 Sep 2018
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda
INKURU NYAMUKURU

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Ubwanditsi 30 Jan 2018
U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20
IMIKINO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun
IMIKINO

Amavubi U-17 yatangiye irushanwa ryateguwe na FERWAFA anyagirwa na Cameroun

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru