• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.   |   15 Jan 2021

  • BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.   |   15 Jan 2021

  • Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!   |   14 Jan 2021

  • Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana   |   13 Jan 2021

  • Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever   |   12 Jan 2021

  • Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.   |   12 Jan 2021

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Editorial 27 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu myaka irindwi iri imbere u Rwanda ruzaba rufite ishuri ryigisha imiyoborere aho abazaryigamo bazajya berekwa uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Byamenyekanye ubwo abagize Unity Club Intwararumuri bitabiraga ihuriro rya 10 ry’uwo muryango ry’iminsi ibiri, ryatangiye kuri uyu wa kane tariki ya 26 Ukwakira 2017.

Muri iryo huriro bari gusuzumira hamwe ibizakorwa mu myaka irindwi iri imbere bigamije gufasha guverinoma kugera ku ntego yiyemeje y’imyaka irindwi.

Dr Monique Nsazabaganwa, umuyobozi wungirije wa Unity Club yavuze ko mu myaka irindwi iri imbere bazafatanya na Leta mu buryo butari busanzweho.

Agira ati “Icyo navuga ni uko tuzafatanya na Leta kugira ngo turebe uburyo hajyaho ishuri ryigisha imiyoborere myiza. Tuzakora ibishoboka kugira ngo mu myaka irindwi iri imbere tuzabe dufite iryo shuri.”

Akomeza avuga ko abagize Unity Club bari kwiga uburyo umushinga w’iryo shuri washyirwa mu bikorwa.

Ishuri ry’imiyoborere rigiye gushyirwaho mu Rwanda biturutse ku gitekerezo cy’uwitwa Mukantaganda Edith witabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 14 yabaye mu Ukuboza 2016.

-8508.jpg

Iri huriro ryitabiriwe n’abagize Guverinoma hamwe n’abo bashakanye

Mukantaganda, umukecuru w’imyaka 70 wari waturutse muri Uganda yahawe ijambo maze asaba ko hashakwa uburyo mu Rwanda hashyirwaho ishuri ry’imiyoborere.

Mukantagara yasabye iryo shuri ashingiye ku kuba Perezida Paul Kagame yarahinduye umurage w’ubuyobozi butahaga agaciro umuturage, ubu Abanyarwanda n’abanyamahanga bakaba batangarira uburyo, imiyoborere ye yihutisha iterambere ry’igihugu.

Yagize ati “Kuki tatatangiza ishuri ry’imiyoborere tukaryita “Kagame Institute of Good Governance”cyangwa Institut de Bonne Gouvernance Paul Kagame!”

Yakomeje avuga ko ibyo Perezida Kagame yagiye asangiza amahanga byose bikwiye gukusanywa bikabamo amasomo (syllabus), cyangwa gahunda ifatika kugira ngo bizabyare ishuri abantu bajya baza kwigiramo ibijyanye n’imiyoborere.

Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi mukuru wa Unity Club yahamagariye abanyamuryango kugaragaza ubudasa mu gufasha umukuru w’igihugu kugera ku ntego n’ibikorwa yiyemeje muri manda y’imyaka irindwi yatorewe.

Agira ati “Ibi byose kandi tubikora tugenda twiyibutsa impanuro duhabwa n’umukuru w’igihugu ndetse n’icyerekezo Guverinoma yacu yihaye.”

Umuryango Unity Club watangiye mu mwaka wa 1996, ugamije kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda uhereye ku bayobozi bakuru n’abo bashakanye.

Wakoze ibikorwa bitandukanye bigamije gutanga ibisubizo ku bibazo byatewe no kuba Abanyarwanda barabuze ubumwe bikabyara Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uwo muryango wubakiye amacumbi abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi, wubakira n’abana b’impfubyi mu rwego rwo kubakura mu bigo bibarera, muri gahunda yiswe “Tubarere mu muryango”.

-8509.jpg

Madamu Jeannette Kagame na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Gashumba Diane mu biganiro nyunguranabitekerezo mu ihuriro rya 10 rya Unity Club

2017-10-27
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyeshuri 8252 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda

Abanyeshuri 8252 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda

Editorial 25 Aug 2017
Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Editorial 30 Jul 2018
Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Editorial 04 Jun 2017
Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe

Uko ubutegetsi mu Burundi bwataye umutwe

Editorial 16 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru