• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017 Mu Rwanda

Mu myaka irindwi iri imbere u Rwanda ruzaba rufite ishuri ryigisha imiyoborere aho abazaryigamo bazajya berekwa uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Byamenyekanye ubwo abagize Unity Club Intwararumuri bitabiraga ihuriro rya 10 ry’uwo muryango ry’iminsi ibiri, ryatangiye kuri uyu wa kane tariki ya 26 Ukwakira 2017.

Muri iryo huriro bari gusuzumira hamwe ibizakorwa mu myaka irindwi iri imbere bigamije gufasha guverinoma kugera ku ntego yiyemeje y’imyaka irindwi.

Dr Monique Nsazabaganwa, umuyobozi wungirije wa Unity Club yavuze ko mu myaka irindwi iri imbere bazafatanya na Leta mu buryo butari busanzweho.

Agira ati “Icyo navuga ni uko tuzafatanya na Leta kugira ngo turebe uburyo hajyaho ishuri ryigisha imiyoborere myiza. Tuzakora ibishoboka kugira ngo mu myaka irindwi iri imbere tuzabe dufite iryo shuri.”

Akomeza avuga ko abagize Unity Club bari kwiga uburyo umushinga w’iryo shuri washyirwa mu bikorwa.

Ishuri ry’imiyoborere rigiye gushyirwaho mu Rwanda biturutse ku gitekerezo cy’uwitwa Mukantaganda Edith witabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 14 yabaye mu Ukuboza 2016.

-8508.jpg

Iri huriro ryitabiriwe n’abagize Guverinoma hamwe n’abo bashakanye

Mukantaganda, umukecuru w’imyaka 70 wari waturutse muri Uganda yahawe ijambo maze asaba ko hashakwa uburyo mu Rwanda hashyirwaho ishuri ry’imiyoborere.

Mukantagara yasabye iryo shuri ashingiye ku kuba Perezida Paul Kagame yarahinduye umurage w’ubuyobozi butahaga agaciro umuturage, ubu Abanyarwanda n’abanyamahanga bakaba batangarira uburyo, imiyoborere ye yihutisha iterambere ry’igihugu.

Yagize ati “Kuki tatatangiza ishuri ry’imiyoborere tukaryita “Kagame Institute of Good Governance”cyangwa Institut de Bonne Gouvernance Paul Kagame!”

Yakomeje avuga ko ibyo Perezida Kagame yagiye asangiza amahanga byose bikwiye gukusanywa bikabamo amasomo (syllabus), cyangwa gahunda ifatika kugira ngo bizabyare ishuri abantu bajya baza kwigiramo ibijyanye n’imiyoborere.

Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi mukuru wa Unity Club yahamagariye abanyamuryango kugaragaza ubudasa mu gufasha umukuru w’igihugu kugera ku ntego n’ibikorwa yiyemeje muri manda y’imyaka irindwi yatorewe.

Agira ati “Ibi byose kandi tubikora tugenda twiyibutsa impanuro duhabwa n’umukuru w’igihugu ndetse n’icyerekezo Guverinoma yacu yihaye.”

Umuryango Unity Club watangiye mu mwaka wa 1996, ugamije kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda uhereye ku bayobozi bakuru n’abo bashakanye.

Wakoze ibikorwa bitandukanye bigamije gutanga ibisubizo ku bibazo byatewe no kuba Abanyarwanda barabuze ubumwe bikabyara Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uwo muryango wubakiye amacumbi abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi, wubakira n’abana b’impfubyi mu rwego rwo kubakura mu bigo bibarera, muri gahunda yiswe “Tubarere mu muryango”.

-8509.jpg

Madamu Jeannette Kagame na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Gashumba Diane mu biganiro nyunguranabitekerezo mu ihuriro rya 10 rya Unity Club

2017-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ubwanditsi 21 May 2021
Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Ubwanditsi 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC
HIRYA NO HINO

Col. Nizeyimana bita ‘Ruhambabazima’ wo muri FDLR yishyikirije FARDC

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru