• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu nkuru irimo agahinda, ikinyamakutu “Le Monde”(kimwe mu byakwije bya bihimbano bikubiye muri “Rwanda classified”) kiravuga ko Josep Borrel, ukuriye dipolomasi mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, yari yagennye Umubiligi Bernard QUINTIN, nk’intumwa yihariye y’uwo muryango mu Karere k’Ibiyaga Bigari, ariko aza kwisuburaho nyuma y’uko hafi y’ibihugu byose bigize uyu muryango byamaganiye kure iki cyemezo, bishinja Ububiligi politiki ibogamye muri aka karere.

Nubwo u Rwanda barwanga ariko burya baranarutinya. Dore nk’ubu Le Monde iremeza ko Ububiligi, nyamara bwubashywe cyane mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi( dore ko ari nabwo bucumbikiye icyicaro gikuru cyawo), bwimwe uyu mwanya ukomeye “kubera ijambo Perezida Kagame afite muri uwo muryango”.

Ububiligi bwatunguwe n’iki cyemezo, dore ko kuba bwarakolonije ibihugu byo muri aka karere, bituma buhora bwumva ko ari akarima kabwo.

Kuba kandi Berard Quintin yarabaye umuyobozi ushinzwe Afrika mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, byamuheshaga amahirwe yo kwegukana umwanya wo kuwuhagararira mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kagizwe n’u Rwanda, u Burundi na Kongo-Kinshasa, ariko uburyo Ububiligi bwagaragaje kubogama no kubangamira u Rwanda, ayo mahirwe yarayoyotse.

Ibihugu birimo Ubufaransa, Suwede na Danmark byagaragaje ko ” intumwa ifite aho ibogamiye idashobora gufasha mu gukemura ibibazo by’ubushyamirane nk’ibyo mu Karere k’Ibiyaga bigari”.

Bernard Quintin yagombaga kuba yaratangiye akazi hagati muri uku kwezi kwa Kamena 2024, ariko mu butumwa bwa email Bwana Borrel yandikiye ibihugu byose 27 bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, hari tariki 14 uku kwezi, yavuze ko hagomba gushakwa indi ntumwa abanyamuryango ndetse n’ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari byemeranywaho. Gutoranya intumwa nshya bikazakorwa kugeza tariki 05 Nyakanga 2024.

Ububiligi bwaranzwe no kujya mu mujyo umwe n’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi wa Kongo, ndetse ugasanga buha agaciro ibinyoma icyo gihugu gishinja uRwanda. Urugero ni uko Kongo yirukanye Ambasaderi Vincent Karega wari uhagarariye u Rwanda i Kinshasa, bidateye kabiri Ububiligi nabwo bwanga ko Ambasaderi Karega ahagararira u Rwanda i Buruseli.

Ukuri kuratinda ariko ntiguhera. Ni ikimwaro rero ku Bubiligi kubona abanyamuryango bagenzi babwo nabo baratahuye ko icyo gihugu nta musanzu cyatanga mu gukemura ibibazo byo muri aka karere, ko ahubwo gihawe urwaho cyarushaho kubyongerera uburemere.

Bibagiwe kubwira Ububiligi(cyangwa babuciriye amarenga) ko n’ubundi ibibazo by’Akarere k’Ibiyaga Bigari ari ingaruka z’amacakubiri Ababiligi bakabibyemo.

2024-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo

RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura  ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100
UBUKUNGU

U Bushinwa bwahaye Imbuto Foundation inkunga ya miliyoni 26 Frw izafasha abanyeshuri basaga 100

Ubwanditsi 10 Jul 2019
‘Gutekereza ko ubutegetsi bwa Nkurunziza butemewe ni uguta umutwe’ -Mkapa
Mu Rwanda

‘Gutekereza ko ubutegetsi bwa Nkurunziza butemewe ni uguta umutwe’ -Mkapa

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru