• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Ubwanditsi 24 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu nkuru irimo agahinda, ikinyamakutu “Le Monde”(kimwe mu byakwije bya bihimbano bikubiye muri “Rwanda classified”) kiravuga ko Josep Borrel, ukuriye dipolomasi mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, yari yagennye Umubiligi Bernard QUINTIN, nk’intumwa yihariye y’uwo muryango mu Karere k’Ibiyaga Bigari, ariko aza kwisuburaho nyuma y’uko hafi y’ibihugu byose bigize uyu muryango byamaganiye kure iki cyemezo, bishinja Ububiligi politiki ibogamye muri aka karere.

Nubwo u Rwanda barwanga ariko burya baranarutinya. Dore nk’ubu Le Monde iremeza ko Ububiligi, nyamara bwubashywe cyane mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi( dore ko ari nabwo bucumbikiye icyicaro gikuru cyawo), bwimwe uyu mwanya ukomeye “kubera ijambo Perezida Kagame afite muri uwo muryango”.

Ububiligi bwatunguwe n’iki cyemezo, dore ko kuba bwarakolonije ibihugu byo muri aka karere, bituma buhora bwumva ko ari akarima kabwo.

Kuba kandi Berard Quintin yarabaye umuyobozi ushinzwe Afrika mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, byamuheshaga amahirwe yo kwegukana umwanya wo kuwuhagararira mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kagizwe n’u Rwanda, u Burundi na Kongo-Kinshasa, ariko uburyo Ububiligi bwagaragaje kubogama no kubangamira u Rwanda, ayo mahirwe yarayoyotse.

Ibihugu birimo Ubufaransa, Suwede na Danmark byagaragaje ko ” intumwa ifite aho ibogamiye idashobora gufasha mu gukemura ibibazo by’ubushyamirane nk’ibyo mu Karere k’Ibiyaga bigari”.

Bernard Quintin yagombaga kuba yaratangiye akazi hagati muri uku kwezi kwa Kamena 2024, ariko mu butumwa bwa email Bwana Borrel yandikiye ibihugu byose 27 bigize Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, hari tariki 14 uku kwezi, yavuze ko hagomba gushakwa indi ntumwa abanyamuryango ndetse n’ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari byemeranywaho. Gutoranya intumwa nshya bikazakorwa kugeza tariki 05 Nyakanga 2024.

Ububiligi bwaranzwe no kujya mu mujyo umwe n’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi wa Kongo, ndetse ugasanga buha agaciro ibinyoma icyo gihugu gishinja uRwanda. Urugero ni uko Kongo yirukanye Ambasaderi Vincent Karega wari uhagarariye u Rwanda i Kinshasa, bidateye kabiri Ububiligi nabwo bwanga ko Ambasaderi Karega ahagararira u Rwanda i Buruseli.

Ukuri kuratinda ariko ntiguhera. Ni ikimwaro rero ku Bubiligi kubona abanyamuryango bagenzi babwo nabo baratahuye ko icyo gihugu nta musanzu cyatanga mu gukemura ibibazo byo muri aka karere, ko ahubwo gihawe urwaho cyarushaho kubyongerera uburemere.

Bibagiwe kubwira Ububiligi(cyangwa babuciriye amarenga) ko n’ubundi ibibazo by’Akarere k’Ibiyaga Bigari ari ingaruka z’amacakubiri Ababiligi bakabibyemo.

2024-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Ubwanditsi 13 Oct 2022
Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Umutoza Masudi Djuma watoje Rayon Sports ndetse na AS Kigali yagizwe umutoza wa Dodoma Jiji yo muri Tanzania

Ubwanditsi 25 Feb 2022
Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022
U Burundi buragana he ?  Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa
ITOHOZA

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
Mu Mahanga

Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre
Mu Mahanga

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Ubwanditsi 24 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru