• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Ubwanditsi 06 Jan 2018 IMIKINO

Intambara y’amagambo ikomeje gufata indi ntera hagati y’umutoza wa Chelsea ; Antonio Conte n’umutoza wa Manchester United; Jose Mourinho, aho nyuma y’uko Conte avuze ko Mournho arwaye indwara ituma yibagirwa ibyo yakkoze, n’undi yamusubije ko we adashobora guhanirwa kwitsindisha imikino.

Nubwo usubije amaso inyuma wasanga guhangana kw’aba batoza bombi bahuriye ku gutoza Chelsea no gutoza muri shampiyona y’u Butaliyani, bifite inkomoko mu myaka ibiri ishize, kuri ubu biragenda bifata intera nyuma y’amagambo yatangajwe na Mourinho kuwa Kane.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kibanziriza umukino wa FA Cup batsinzemo Derby County ibitego 2-0 kuri uyu wa Gatanu, Mourinho yavuze ko we kuba atirirwa yiruka ku murongo w’ikibuga atanga amabwiriza ku bakinnyi atari uko yamaze guta icyizere ku bakinnyi be cyangwa ngo yigire nk’umunyarwenya uba wagiye gusetsa abantu ku kibuga, amagambo abenshi bafashe nkaho yabwiraga abatoza barimo Antonio Conte wa Chelsea cyangwa Jurgen Klopp wa Liverpool.

Ibyo Mourinho yatangaje kuwa Kane byakuruye intambara y'amagambo hagati ye na Conte

Ibyo Mourinho yatangaje kuwa Kane byakuruye intambara y’amagambo hagati ye na Conte

Ubwo na we yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, Antonio Conte yasubije Mourinho, avuga ko abona asa n’urwaye indwara ya Senile Dementia ituma umuntu yibagirwa ibyo yakoraga cyangwa yakoze mu gihe cyashize (ashaka kuvuga ko na Mourinho yakundaga kwirirwa yiruka ku murongo w’ikibuga).

Antonio Conte ati:” Hari umuntu ukomeje kureba hano. Murumva? Yaragiye, ariko yakomeje kureba hano.”

“ Ndagenda mbirambirwa gake. Niba ushaka kundwanya nditeguye, Ndimo kugenda niyungura byinshi mu cyongereza cyanjye, kuko nicyo kibazo cyari kimbangamiye, naho kuri ubu twahangana, intambara yose twayirwana.”

“Niteguye kurwanira abakinnyi banjye, ikipe, na buri wese. Nta kibazo mfite.”

Antonio Conte ngo asanga Mournho arwaye indwara "Senile Dementia" ituma yibagirwa ibyo yakoze

Antonio Conte ngo asanga Mournho arwaye indwara “Senile Dementia” ituma yibagirwa ibyo yakoze

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’umukino wa FA Cup kuri uyu wa Gatanu, Mourinho yahakanye ko atangaza ariya magambo kuwa Kane yavugaga Conte, gusa yongeraho ko we adashobora guhanirwa kwitsindisha imikino.

“Ntabwo narenganya umutoza wa Chelsea na gato. Ndabyumva uko yabyakiriye n’icyo yabivuzeho. Navugaga njyewe ubwanjye.”

“Navugaga ko ntitwara nk’umunyarwenya kugira ngo nerekane uko meze, njye ndimenya nkarinda amarangamutima yanjye mu buryo bwiza.”

“Ikintu kimwe navuga kugira ngo nshyire akadomo kuri ibi, ni uko nakoze amakosa ku murongo w’ikibuga mu gihe cyashize. Yego, nzakora make ariko nzagerageza nkore make.”

“Ibitarambayeho, ntibizigera bimbaho. Yaba guhagarikwa kubera kugira uruhare mu kuba umukino wategurwa uko urangira. Ibyo ntibyambayeho kandi ntabwo bizambaho.”

Mourinho asanga ngo abatoza bamwe bababagiye gusetsa abantu ku kibuga

Mourinho asanga ngo abatoza bamwe bababagiye gusetsa abantu ku kibuga

Umunyamakuru yahise abwira Mourinho ko Conte yigeze guhagarikwa imikino ine mu 2012-13 atoza Juventus (ubwo akiri muri Siena atatangaza ko hari uburyo iyi kipe yitsindishije umukino, icyaha yahanaguweho mu 2016), Mourinho yabajije umunyamakuru niba koko byarabaye.

“Yarahagaritswe? Nabwo si njye .”

Mu Ukwakira 2016, nibwo abatoza bombi batangiye kujya baterana amagambo ubwo Conte yavugaga ko atibasiye Mourinho ubwo yari amaze kumutsinda 4-0, muri Werurwe 2017; Mourinho abwira abafana ba Chelsea ko ari we wa mbere muri iyi kipe kuko nta wundi urabaha ibikombe bibiri bya shampiyona mu gihe muri Nyakanga 2017; Conte yavuze ko nyuma yo kwegukana Premier League bagomba kwirinda kongera kujya mu bihe nk’ibyo Mourinho yari agejejemo ikipe mbere y’uko yirukanwa.

Jose Mourinho na Conte bakomeje guterana amagambo kuva mu mpera za 2016

Jose Mourinho na Conte bakomeje guterana amagambo kuva mu mpera za 2016

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ikipe y’Igihugu ya Esipanye yegukanye Euro 2024 itsinze u Bwongereza 2-1

Ubwanditsi 14 Jul 2024
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Ubwanditsi 17 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro
POLITIKI

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani
IMIKINO

Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru