• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Ubwanditsi 06 Jan 2018 IMIKINO

Intambara y’amagambo ikomeje gufata indi ntera hagati y’umutoza wa Chelsea ; Antonio Conte n’umutoza wa Manchester United; Jose Mourinho, aho nyuma y’uko Conte avuze ko Mournho arwaye indwara ituma yibagirwa ibyo yakkoze, n’undi yamusubije ko we adashobora guhanirwa kwitsindisha imikino.

Nubwo usubije amaso inyuma wasanga guhangana kw’aba batoza bombi bahuriye ku gutoza Chelsea no gutoza muri shampiyona y’u Butaliyani, bifite inkomoko mu myaka ibiri ishize, kuri ubu biragenda bifata intera nyuma y’amagambo yatangajwe na Mourinho kuwa Kane.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kibanziriza umukino wa FA Cup batsinzemo Derby County ibitego 2-0 kuri uyu wa Gatanu, Mourinho yavuze ko we kuba atirirwa yiruka ku murongo w’ikibuga atanga amabwiriza ku bakinnyi atari uko yamaze guta icyizere ku bakinnyi be cyangwa ngo yigire nk’umunyarwenya uba wagiye gusetsa abantu ku kibuga, amagambo abenshi bafashe nkaho yabwiraga abatoza barimo Antonio Conte wa Chelsea cyangwa Jurgen Klopp wa Liverpool.

Ibyo Mourinho yatangaje kuwa Kane byakuruye intambara y'amagambo hagati ye na Conte

Ibyo Mourinho yatangaje kuwa Kane byakuruye intambara y’amagambo hagati ye na Conte

Ubwo na we yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, Antonio Conte yasubije Mourinho, avuga ko abona asa n’urwaye indwara ya Senile Dementia ituma umuntu yibagirwa ibyo yakoraga cyangwa yakoze mu gihe cyashize (ashaka kuvuga ko na Mourinho yakundaga kwirirwa yiruka ku murongo w’ikibuga).

Antonio Conte ati:” Hari umuntu ukomeje kureba hano. Murumva? Yaragiye, ariko yakomeje kureba hano.”

“ Ndagenda mbirambirwa gake. Niba ushaka kundwanya nditeguye, Ndimo kugenda niyungura byinshi mu cyongereza cyanjye, kuko nicyo kibazo cyari kimbangamiye, naho kuri ubu twahangana, intambara yose twayirwana.”

“Niteguye kurwanira abakinnyi banjye, ikipe, na buri wese. Nta kibazo mfite.”

Antonio Conte ngo asanga Mournho arwaye indwara "Senile Dementia" ituma yibagirwa ibyo yakoze

Antonio Conte ngo asanga Mournho arwaye indwara “Senile Dementia” ituma yibagirwa ibyo yakoze

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’umukino wa FA Cup kuri uyu wa Gatanu, Mourinho yahakanye ko atangaza ariya magambo kuwa Kane yavugaga Conte, gusa yongeraho ko we adashobora guhanirwa kwitsindisha imikino.

“Ntabwo narenganya umutoza wa Chelsea na gato. Ndabyumva uko yabyakiriye n’icyo yabivuzeho. Navugaga njyewe ubwanjye.”

“Navugaga ko ntitwara nk’umunyarwenya kugira ngo nerekane uko meze, njye ndimenya nkarinda amarangamutima yanjye mu buryo bwiza.”

“Ikintu kimwe navuga kugira ngo nshyire akadomo kuri ibi, ni uko nakoze amakosa ku murongo w’ikibuga mu gihe cyashize. Yego, nzakora make ariko nzagerageza nkore make.”

“Ibitarambayeho, ntibizigera bimbaho. Yaba guhagarikwa kubera kugira uruhare mu kuba umukino wategurwa uko urangira. Ibyo ntibyambayeho kandi ntabwo bizambaho.”

Mourinho asanga ngo abatoza bamwe bababagiye gusetsa abantu ku kibuga

Mourinho asanga ngo abatoza bamwe bababagiye gusetsa abantu ku kibuga

Umunyamakuru yahise abwira Mourinho ko Conte yigeze guhagarikwa imikino ine mu 2012-13 atoza Juventus (ubwo akiri muri Siena atatangaza ko hari uburyo iyi kipe yitsindishije umukino, icyaha yahanaguweho mu 2016), Mourinho yabajije umunyamakuru niba koko byarabaye.

“Yarahagaritswe? Nabwo si njye .”

Mu Ukwakira 2016, nibwo abatoza bombi batangiye kujya baterana amagambo ubwo Conte yavugaga ko atibasiye Mourinho ubwo yari amaze kumutsinda 4-0, muri Werurwe 2017; Mourinho abwira abafana ba Chelsea ko ari we wa mbere muri iyi kipe kuko nta wundi urabaha ibikombe bibiri bya shampiyona mu gihe muri Nyakanga 2017; Conte yavuze ko nyuma yo kwegukana Premier League bagomba kwirinda kongera kujya mu bihe nk’ibyo Mourinho yari agejejemo ikipe mbere y’uko yirukanwa.

Jose Mourinho na Conte bakomeje guterana amagambo kuva mu mpera za 2016

Jose Mourinho na Conte bakomeje guterana amagambo kuva mu mpera za 2016

2018-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Ubwanditsi 05 Jan 2021
Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Komite Nyobozi ya FERWAFA yanzuye ko abanyamahanga bongerwa bakaba 5 , shampiyona y’u Rwanda ya 2021-2022 izatangira hagati mu kwezi k’ Ukwakira 2021

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa

Umunyamideri Bashabe Kate wigeze kuba Miss wa Mtn mu Rwanda afunzwe azira gukubita no gukomeretsa

Ubwanditsi 05 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda
Amakuru

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024
Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

Bombori bombori muri RNC: Lea Karegeya, Jean Paul Turayishimiye, Emile Rutagengwa n’abandi.. bahaye integuza Kayumba Nyamwasa bamusaba kwegura, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe  i Bujumbura kungufu
Mu Mahanga

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Ubwanditsi 18 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru