• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

Ubwanditsi 22 Nov 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru w’abakinnyi batarengeje imyaka 23 yanyagiwe na DR Congo U23 ibitego 5-0 mu mikino wo kwishyura waberaye  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Ugushyingo 2018.
Muri uyu mukino u Rwanda rwarushijwemo, DR Congo bafunguye amazamu ku munota wa gatandatu (6’) ku gitego cyatsinzwe na Ginola Mbuangi. Jackson Muleka yatsinzemo ibitego bibiri (30’, 70), Peter Mutomosi abonamo ikindi ku munota wa 63’ mbere yuko Balongo Lissondja ashyiramo icya gatanu (5) ku munota wa 85’nyuma yo kwinjira asimbuye.

Nyuma yo kubona ibi bitego, DR Congo yabonye itike y’ijonjora rya kabiri aho igomba kuzacakirana na Maroc iri mu Majyaruguru ya Afurika.

Jimmy Mulisa yari yakoze impinduka zatumye Biringiro Lague na Manishimwe Djabel babanza hanze bityo abakinnyi nka Nshimiyimana Marc Govin na Leopold Marie Samuel Guellette babanza mu kibuga.

DR Congo yatsinzre u Rwanda ibitego 5-0 mu gihe umukino ubanza byari 0-0 i Rubavu

DR Congo yatsinzre u Rwanda ibitego 5-0 mu gihe umukino ubanza byari 0-0 i Rubavu

Ni umukino u Rwanda rwari rufitemo amahirwe yo kuba bashaka uko banganya biciye mu bitego. Gusa, nyuma yo kwinjizwa igitego hakiri kare byaje gutuma abakinnyi b’u Rwanda bagira igihunga batangira gukinira inyuma bityo bakisanga Nshuti Innocent wakinaga nka rutahizamu ahagaze mu bakinnyi barenga batatu ba DR Congo bamurinze.

Ibi byaje gutuma abakinnyi ba DR Congo bisanzura mu kibuga bakina umupira wabo bwite ari nako abugarira b’u Rwanda barimo Nshimiyimana Marc Govin na Jean Paul Ahoyikuye bakinaga mu mpande bahabonera akatari gato muri uyu mukino.

Kuza muri 11 kwa Nshimiyimana Marc Govin ukina inyuma iburyo, byatumye Mutsinzi Ange wari wahakinnye ajyanwa hagati mu kibuga mu mwanya Manishimwe Djabel yakinyemo mu mukinon ubanza. Mutsinzi Ange Jimmy yakoranaga na Muhire Kevin na Samuel Marie Guellette Leopold wari waje muri 11 kuko Byiringiro Lague yabanje hanze.

Mu gusimbuza, Lague Byiringiro yasimbuye Itangishaka Blaise, Manishimwe Djabel yasimbuye Samuel Leopold Marie Guellette mu gihe Nshuti Dominique Savio asumbuwe na Biramahire Abeddy.

Muri rusange ikipe y’u Rwanda yari igizwe na Ntwari Fiacre (GK), Nshimiyimana Marc Govin, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya, Nsabimana Aimable, Buregeya Prince Caldo, Mutsinzi Ange Jimmy, Muhire Kevin, Leopold Marie Samuel Guellette, Itangishaka Blaise, Nshuti Dominique Savio (C) na Nshuti Innocent.

Ikipe iyobowe na Jimmy Mulisa igomba kugaruka mu Rwanda nyuma yo kunyagirwa ibitego 5-0

Ikipe iyobowe na Jimmy Mulisa igomba kugaruka mu Rwanda nyuma yo kunyagirwa ibitego 5-0

Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 kizabera mu Misiri kuva tariki 8-22 Ugushyingo 2019, irushanwa rizakinwa n’ibihugu umunani (8) bizaba byabonye itike. Nyuma nibwo amakipe atatu ya mbere azahita ahabwa itike igana mu mikino Olempike ya 2020 izabera mu Buyapani.

2018-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo  watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports

Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports

RUSHYASHYA 23 Jun 2026
Tanzania-Imvugo yakoreshejwe na Zari abenshi bayifashe nko gukina ku mubyimba  Wema Sepetu uri mu cyunamo

Tanzania-Imvugo yakoreshejwe na Zari abenshi bayifashe nko gukina ku mubyimba Wema Sepetu uri mu cyunamo

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Ubwanditsi 10 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe
UBUKUNGU

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero
POLITIKI

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018
i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ –   [ VIDEO ]
POLITIKI

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ – [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru