• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

U-23 AFCON-Q: Amavubi yanyagiriwe i Kinshasa Ibitego byish

Ubwanditsi 22 Nov 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru w’abakinnyi batarengeje imyaka 23 yanyagiwe na DR Congo U23 ibitego 5-0 mu mikino wo kwishyura waberaye  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Ugushyingo 2018.
Muri uyu mukino u Rwanda rwarushijwemo, DR Congo bafunguye amazamu ku munota wa gatandatu (6’) ku gitego cyatsinzwe na Ginola Mbuangi. Jackson Muleka yatsinzemo ibitego bibiri (30’, 70), Peter Mutomosi abonamo ikindi ku munota wa 63’ mbere yuko Balongo Lissondja ashyiramo icya gatanu (5) ku munota wa 85’nyuma yo kwinjira asimbuye.

Nyuma yo kubona ibi bitego, DR Congo yabonye itike y’ijonjora rya kabiri aho igomba kuzacakirana na Maroc iri mu Majyaruguru ya Afurika.

Jimmy Mulisa yari yakoze impinduka zatumye Biringiro Lague na Manishimwe Djabel babanza hanze bityo abakinnyi nka Nshimiyimana Marc Govin na Leopold Marie Samuel Guellette babanza mu kibuga.

DR Congo yatsinzre u Rwanda ibitego 5-0 mu gihe umukino ubanza byari 0-0 i Rubavu

DR Congo yatsinzre u Rwanda ibitego 5-0 mu gihe umukino ubanza byari 0-0 i Rubavu

Ni umukino u Rwanda rwari rufitemo amahirwe yo kuba bashaka uko banganya biciye mu bitego. Gusa, nyuma yo kwinjizwa igitego hakiri kare byaje gutuma abakinnyi b’u Rwanda bagira igihunga batangira gukinira inyuma bityo bakisanga Nshuti Innocent wakinaga nka rutahizamu ahagaze mu bakinnyi barenga batatu ba DR Congo bamurinze.

Ibi byaje gutuma abakinnyi ba DR Congo bisanzura mu kibuga bakina umupira wabo bwite ari nako abugarira b’u Rwanda barimo Nshimiyimana Marc Govin na Jean Paul Ahoyikuye bakinaga mu mpande bahabonera akatari gato muri uyu mukino.

Kuza muri 11 kwa Nshimiyimana Marc Govin ukina inyuma iburyo, byatumye Mutsinzi Ange wari wahakinnye ajyanwa hagati mu kibuga mu mwanya Manishimwe Djabel yakinyemo mu mukinon ubanza. Mutsinzi Ange Jimmy yakoranaga na Muhire Kevin na Samuel Marie Guellette Leopold wari waje muri 11 kuko Byiringiro Lague yabanje hanze.

Mu gusimbuza, Lague Byiringiro yasimbuye Itangishaka Blaise, Manishimwe Djabel yasimbuye Samuel Leopold Marie Guellette mu gihe Nshuti Dominique Savio asumbuwe na Biramahire Abeddy.

Muri rusange ikipe y’u Rwanda yari igizwe na Ntwari Fiacre (GK), Nshimiyimana Marc Govin, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya, Nsabimana Aimable, Buregeya Prince Caldo, Mutsinzi Ange Jimmy, Muhire Kevin, Leopold Marie Samuel Guellette, Itangishaka Blaise, Nshuti Dominique Savio (C) na Nshuti Innocent.

Ikipe iyobowe na Jimmy Mulisa igomba kugaruka mu Rwanda nyuma yo kunyagirwa ibitego 5-0

Ikipe iyobowe na Jimmy Mulisa igomba kugaruka mu Rwanda nyuma yo kunyagirwa ibitego 5-0

Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 kizabera mu Misiri kuva tariki 8-22 Ugushyingo 2019, irushanwa rizakinwa n’ibihugu umunani (8) bizaba byabonye itike. Nyuma nibwo amakipe atatu ya mbere azahita ahabwa itike igana mu mikino Olempike ya 2020 izabera mu Buyapani.

2018-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Ubwanditsi 06 Feb 2024
Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Ubwanditsi 02 Mar 2025
#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 03 May 2016
Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha
ITOHOZA

Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa
Mu Rwanda

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru