• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Ubwanditsi 21 Jan 2016 Mu Rwanda

Perezida Uhuru Kenyatta avuga yuko abarwanyi bo muri Somalia ba Al-Shabab bagomba kuzishyura, kandi ku giciro gihenze cyane, kubera abasirikare ba Kenya baherutse kwicwa n’uwo mutwe.

Ejo avugira kuri radio y’igihugu, Kenyatta yatangaje yuko ingabo za Kenya zirimo zishakisha imibiri y’abasirikare ba Kenya bishwe n’uwo mutwe ngo bazanwe mu gihugu gushyingurwa mu cyubahiro, naho inkomere zivurwe. Anashimangira yuko uwo mutwe wa Al-Shabab ubu ugiye gukubitwa by’intangarugero.

Abarwanyi ba Al-Shabab bateye inkambi y’abasirikare ba Kenya bari mu mutwe wa Afurika yunze ubumwe (AU) woherejwe kugarura amahoro muri Somalia. Ibindi bihugu bifite ingabo muri uwo mutwe nyafurika ni Uganda, Burundi na Ethiopia.

Abo basirikare ba Kenya biciwe mu ntara ya Gedo iri mu majyepfo ya Somalia mu mujyi wa El-Adde. Umubare w’abasirikare ba Kenya baguye muri icyo gitero cyakozwe kuwa gatanu w’igishize ntabwo uramenyekana, ariko umutwe wa Al-Shabab ukavuga yuko abarwanyi bawo bishe abasirikare ba Kenya basaga 100.

-63.png

Perezida Uhuru Kenyatta

Kenyatta aravuga ibyo guhana by’intangarugero abarwanyi ba Al-Shabab mu gihe abasirikare ba Kenya bongeye kwigarurira umujyi wa El-Adde, ariko amakuru agahamya yuko uwo mujyi abanyakenya bawufashe nta mirwano ahubwo ari uko Al-Shabab yari yawuvuyemo ku bushake bwayo, yigira mugiturage kiri hafi !

Niba rero ibyo guhana yihanukiriye Al-Shabab, Kenyatta abihera kuri ibyo by’ingabo ze kwigarurira umujyi wa El-Adde abikore azi neza yuko zawufashe ari uko Al-Shabab yihitiyemo kuwurekura, kandi abikore anibuka ibyo uwo mutwe umaze igihe ukorera igihugu cya Kenya.

-1878.jpg

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab

Muri 2013 uwo mutwe wa Al-Shabab wigaruriye inyubako y’isoko muri Nairobi (Westgate Mall) iwiciramo abantu 67, mu minsi isaga ibiri abo bicanyi bayo bahamaze. Nyuma gato abarwanyi ba Al-Shabab na none bateye muri Kenya kuri iniverisite ya Garissa bahicira abanyeshuli n’abandi bakozi b’icyo kigo bagera ku 150.

Al-Shabab rero irakomeye cyane. Kuyirwanya ngo irandukane n’imizi birasaba ubwenge n’ubuhanga buhanitse kurusha imbaraga zakoreshwa n’ingabo za Kenya !

Kayumba Casmiry

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017
BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Ubwanditsi 18 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2019
Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0
Amakuru

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025
Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?
POLITIKI

Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru