• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Ubwanditsi 21 Jan 2016 Mu Rwanda

Perezida Uhuru Kenyatta avuga yuko abarwanyi bo muri Somalia ba Al-Shabab bagomba kuzishyura, kandi ku giciro gihenze cyane, kubera abasirikare ba Kenya baherutse kwicwa n’uwo mutwe.

Ejo avugira kuri radio y’igihugu, Kenyatta yatangaje yuko ingabo za Kenya zirimo zishakisha imibiri y’abasirikare ba Kenya bishwe n’uwo mutwe ngo bazanwe mu gihugu gushyingurwa mu cyubahiro, naho inkomere zivurwe. Anashimangira yuko uwo mutwe wa Al-Shabab ubu ugiye gukubitwa by’intangarugero.

Abarwanyi ba Al-Shabab bateye inkambi y’abasirikare ba Kenya bari mu mutwe wa Afurika yunze ubumwe (AU) woherejwe kugarura amahoro muri Somalia. Ibindi bihugu bifite ingabo muri uwo mutwe nyafurika ni Uganda, Burundi na Ethiopia.

Abo basirikare ba Kenya biciwe mu ntara ya Gedo iri mu majyepfo ya Somalia mu mujyi wa El-Adde. Umubare w’abasirikare ba Kenya baguye muri icyo gitero cyakozwe kuwa gatanu w’igishize ntabwo uramenyekana, ariko umutwe wa Al-Shabab ukavuga yuko abarwanyi bawo bishe abasirikare ba Kenya basaga 100.

-63.png

Perezida Uhuru Kenyatta

Kenyatta aravuga ibyo guhana by’intangarugero abarwanyi ba Al-Shabab mu gihe abasirikare ba Kenya bongeye kwigarurira umujyi wa El-Adde, ariko amakuru agahamya yuko uwo mujyi abanyakenya bawufashe nta mirwano ahubwo ari uko Al-Shabab yari yawuvuyemo ku bushake bwayo, yigira mugiturage kiri hafi !

Niba rero ibyo guhana yihanukiriye Al-Shabab, Kenyatta abihera kuri ibyo by’ingabo ze kwigarurira umujyi wa El-Adde abikore azi neza yuko zawufashe ari uko Al-Shabab yihitiyemo kuwurekura, kandi abikore anibuka ibyo uwo mutwe umaze igihe ukorera igihugu cya Kenya.

-1878.jpg

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabab

Muri 2013 uwo mutwe wa Al-Shabab wigaruriye inyubako y’isoko muri Nairobi (Westgate Mall) iwiciramo abantu 67, mu minsi isaga ibiri abo bicanyi bayo bahamaze. Nyuma gato abarwanyi ba Al-Shabab na none bateye muri Kenya kuri iniverisite ya Garissa bahicira abanyeshuli n’abandi bakozi b’icyo kigo bagera ku 150.

Al-Shabab rero irakomeye cyane. Kuyirwanya ngo irandukane n’imizi birasaba ubwenge n’ubuhanga buhanitse kurusha imbaraga zakoreshwa n’ingabo za Kenya !

Kayumba Casmiry

2016-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Ubwanditsi 23 Dec 2016
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Ubwanditsi 22 May 2024
Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Ubwanditsi 04 Jul 2025
Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Ubwanditsi 25 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)
ITOHOZA

Mushikiwabo yahuye na Michaëlle Jean bahatanira kuyobora OIF (Amafoto)

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 
Amakuru

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022
Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame
Mu Rwanda

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru