• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 05 Nov 2016 Mu Mahanga

Icyiciro cya mbere cy’abapolisi 120 bagarutse mu Rwanda bava muri Sudani y’Epfo ku italiki 4 Ugushyingo ubwo Polisi y’u Rwanda yatangiraga gusimbuza umutwe wa RWAFPU1 ugizwe n’abapolisi 240 umaze umwaka wose ukorera muri kiriya gihugu.

Bakiriwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kanombe na Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye, akaba n’umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi(NPC), aherekejwe n’abandi bapolisi bakuru.

Bageze mu Rwanda nyuma y’amasaha make Polisi yohereje abandi 120 muri 240 bagize RWAFPU2 iyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Eric Mutsinzi , uyu mutwe ukaba ugiye gusimbura RWAFPU1 mu butumwa bwa UNMISS , ikambitse ahitwa Makalal, muri Upper Nile.

Imitwe ya FPU iba izobereye mu kubungabunga umutekano no kugarura ituze nk’ahakoraniye abantu benshi, gufasha mu bikorwa byo gutanga imfashanyo ku baturage bababaye, guherekeza no kurinda ibikorwa bya Loni n’ibindi,..

Abapolisi bagarutse bambitswe imidali y’ishimwe muri Kanama , by’umwihariko kubera akazi bakoze muri aka gace ka Malakal.

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda , ACP Theos Badege akaba yagize ati:”Iyi ni gahunda y’ihinduranya ya buri mwaka ikorwa mu butumwa bwose burimo abapolisi b’u Rwanda. Bazagenda mu byiciro bibiri by’abapolisi 120 kimwe kimwe, abandi 120 bakaba bagomba kuza bamaze gusimburwa na bagenzi babo 120 mu ntangiro z’icyumweru gitaha.”

Yongeyeho ati:” Uku kohereza abapolisi biri muri gahunda n’ubushake by’u Rwanda mu gutanga umusanzu mu butumwa bw’amahoro mu bihugu biwukeneye.”

Yavuze kandi ko, ihinduranya n’iyohereza ry’abapolisi bya buri mwaka , bigaragaza icyizere umuryango mpuzamahanga ufitiye u Rwanda kubera umusanzu warwo mu guharanira amahoro ku isi.

-4595.jpg

-4593.jpg

-4594.jpg

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera ku 1000 barimo nibura 30 ku ijana by’abagore mu butumwa bw’amahoro bwa Loni butanu butandukanye.

RNP

2016-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Ubwanditsi 28 Mar 2023
Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo yesheje agahigo ko kuba ariwe rutahizamu umaze gutsinda ibitego byinshi mu mikino y’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia
Amakuru

Amafoto – Nyuma y’imyaka ibiri ari muri APR FC, kapiteni wayo Manzi Thierry yerekeje ku mu gabane w’i Burayi mu ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia

Ubwanditsi 10 Jul 2021
Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari
Mu Mahanga

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4
Amakuru

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru