• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Ubwanditsi 30 Oct 2017 Mu Mahanga

Komisiyo ishinzwe amatora mu gihugu cya Kenya imaze gutangaza ibyavuye mu matora, yitabiriwe 38,84% gusa by’abagombaga gutora, aho abagera kuri 98,26% batoye Uhuru Kenyatta, Odinga wabujije abamushyigikiye gutora agira 0,8%.

Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe amatora mu gihugu cya Kenya “IEBC” Wafula Chebukati asomera amajwi mu ruhame ahitwa “Bomas of Kenya”, yavuze ko mu Banyakenya barenga miliyoni 19 bagombaga gutora, hatoye abarengaho gato miliyoni 7 gusa.

-8531.jpg

Wafula Chebukati umuyobozi wa IEBC atangaza ibyavuye mu matora.

Wafula yavuze ko aya matora atari yoroshye kubera ibibazo Politike n’abategaga iminsi Komisiyo y’amatora batifuzaga ko aba.

Bica ‘live’ kuri Televiziyo Uhuru Kenyatta na Vice-Perezida we William Ruto bamaze gutangazwa ku buryo ndakuka ko aribo batsinze amatora.

-8532.jpg

Wafula yashyikirije Uhuru ikemeza ko ariwe watsinze amatora na none

Uyu yahise anaha ijambo, Perezida Uhuru Kenyatta kugira ngo agire icyo atangaza. Ahawe ijambo, Uhuru yabanje gukubita agatwenge.

Ati “Ndabashimiye mwarakoze cyanje mwarakoze cyane,…nk’ibisanzwe si ubwa mbere mpagaze hano. Bavandimwe banyakenya, uyu munsi nk’umunyakenya ndishimira ukwigira (resilience) ya Kenya, ukwigira kwa Demokarasiya, ukwigira kw’abaturage bacu n’inzego zacu.”

Kenyatta yavuze ko ibyabaye amatora aseswa iyo biba ku kindi gihugu cyari kujya mu bibazo bikomeye, ariko “igihugu cyabo, Kenya ntikijya kinanirwa”.

Yavuze ko banyuze mu bikomeye ariko abashimira ko batigeze baha umwanya icyo yise “Politike y’umwijima”, ati “Ndashima Imana, yaduhaye insinzi kuva mu mwijima izanatugeza kure.”

Ati “Amatora yo ku itariki 08 Kanama abanyakenya barantoye nka Perezida wabo nta gushidikanya, ubwo urukiko rw’ikirenga rwahinduraga umwanzuro wa Komisiyo y’amatora, urukiko ntirwigeze ruhakana intsinzi yanjye y’amajwi 54%, n’amajwi yanjye ya 54% ntirwayahakanye, ahubwo rwanze uburyo bwo kunyimika.”

Uhuru yavuze ko muri ibyo bihe ‘bibabaje’ byabaye ngombwa ko afata umwanzuro ukomeye, wo gukomeza guhesha agaciro intsinzi ye yubahiriza amategeko, nubwo inzira yerekeza ku matora ya kabiri itari yoroshye.

Ati “Uyu wari umwanzuro ugoye kandi ubabaje ariko nagombaga kuwubahiriza,…muri ibyo bihe nabashije kwibutswa ko itegeko rikomeye kundusha kandi rikomeye kuruta undi uwo ariwe wese,…niko amatora yo kuwa 26 Ukwakira yabashije gushoboka,…kuwa 26 Ukwakira abaturage 90% by’abatoye baje kongera kwemeza insinzi yanjye,…ni ubushake bwiza bwa buri wese,…ubushake gutora no kudatora.”

Kenyatta asa n’uwanenze uwo bari bahanganye cyane (Odinga) wagiye mu rukiko asaba ko ibyavuye mu matora biseswa, yarangiza agafata umwanzuro wo kwikura mu matora ya kabiri, gusa ngo “yahuye n’ingaruka z’uwo mwanzuro yafashe.”

Ati “Njye nahisemo kubahiriza umwanzuro w’urukiko nsubira imbere y’abaturage mbasaba kongera kuntora, mfashe uyu mwanya ngo nshimire abantu bose bitabiriye amatora bakongera bagatora,…bakubahiriza uburenganzira bwabo.”

Yashimiye kandi by’umwihariko abamutoye bose, avuga ko bongeye gusubiza agaciro igihugu cyabo kandi abizeza kuzakora neza no kubahiriza itegeko nshinga, kubahiriza amategeko, n’uburenganzira bwa muntu, no guha ejo hazaza heza abanyakenya bose.

Asaba abaturage gutuza no kuzirikana ikibahuza kuko byanze bikunze “umuturanyi azakomeza kuba umuturanyi” nubwo haba hariho ibibazo bya Politike bimeze bite, ndetse anizeza ko ibizamini by’abasoza ibyiciro by’amashuri binyuranye biteganijwe gutangira ejo bizaba nk’uko byateguwe

-8533.jpg

Uhuru Kenyatta ageza ijambo ku Banyakenya nyuma yo gutangazwa nka Perezida.

Source : umuseke

2017-10-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Ubwanditsi 15 Jun 2021
Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Ubwanditsi 15 May 2016
Burera: Abagore bane bafashwe binjiza inzoga mu buryo bwa magendu n’izitemewe mu Rwanda

Burera: Abagore bane bafashwe binjiza inzoga mu buryo bwa magendu n’izitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho
ITOHOZA

Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru