• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Ubwanditsi 16 Feb 2016 Mu Rwanda

Umuyobozi wa FDLR-RUD Gen Maj Ndibabaje yishwe n’abarwanyi ba Maï-Maï bamusanze ahitwa Mashuta mu mashyamba ya Congo.

Amakuru avuye mu barwanyi ba FDLR-RUD isanzwe ikorera mu bice bya Walikale ahitwa Mashuta, aremeza ko umuyobozi wabo Gen Maj Jean-Damascène Ndibabaje alias Musare yaguye mu bitero by’abarwanyi ba Maï-Maï tariki 8 Gashyantare 2016.

Aya makuru y’urupfu rwa Gen. Musare yatanzwe na bamwe mu barwanyi ba FDLR-RUD bari Walikale batashatse ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko ubu badafite umuyobozi kubera Gen Maj Ndibabaje wari umuyobozi wabo wiciwe mu mirwano ikomeye yatangiye tariki 7 Gashyantare.

Bavuga ko iyo mirwano yatangiriye mu duce twa Mukeberwa mu majyepfo ya Lubero itangijwe n’abarwanyi ba Maï-Maï Guidon baturutse mu duce twa Buleusa.

Maï-Maï Guidon baje gusubizwa inyuma na FDLR, bahita bagaba ibitero ku birindiro bya FDLR-RUD iyoborwa na Gen Musare wigeze kungiriza Gen. Mudacumura nyuma baza gutandukana barega Mudacumura kudakora nkuko babishaka kuva ubwo Gen. Musare yahise ahunga ibirindiro mu 2005, ahita ashinga umutwe wa gisirikare mu 2006 yise AN-Imboneza.

Kimwe mubyo Ndibabaje yapfuye na Mudacumura birimo uburyo abasirikare ba FDLR batafatwaga neza, we agasaba ko bishyurwa amafaranga menshi mu gihe Mudacumura atabyemeraga.

Uyu murwanyi wa FDLR yagize ati “Imirwano ikarishye yatangiriye mu birindiro bya Generali abivamo ajya ku gasozi ajya ahamagariraho agiye gusaba ubufasha abandi basirikare maze asanga yatezwe agico n’abarwanyi Maï-Maï ya Guidon bahita bamurasa n’umusirikare umurinda bitaba Imana.”

-2088.jpg

Maï-Maï ya Guidon

Bokele Joy umuyobozi wa Territoire Lubero yatangarije Radio Okapi ko iyo mirwano yahitanye abarwanyi batari bacye kandi bitoroheye ubuyobozi n’imiryango itagengwa na leta kugenzura.

Gusa yavuze ko abashoboye kumenyekana ari 15 baguye ku rugamba,naho batanu barakomereka bajyanwa ku ivuriro ryitwa Mbwavinywa riri kuri 20 km uvuye Mukeberwa.

Maï-Maï NDC ya Guidon ibikorwa byo kurwanya FDLR yabitangiye mu kwezi ku Gushyingo 2015, kubera umwiryane wari mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda n’abaturage bo mu bwoko bw’Abandandi.

Abaturage bo mu bwoko bw’Abandandi bashinja abaturage bavuga Ikinyarwanda kwitafatanya na FDLR ikabasahurira imyaka no kubahohotera. Byatumye urubyiruko rwo mu bandandi rwifatanyije na Maï-Maï NDC ya Guidon kugira ngo birukane FDLR muri Lubero na walikale.

-74.png

FDLR

Ubuyobozi bw’umutwe wa FDLR Foca bwari ahitwa Rusamambo bwamaze gusenywa, Gen Maj Iyamuremye Agaston wiyita Rumuli ahungira muri Rutshuru ahitwa Makomamarehe aho arinzwe n’abasirikare ijana naho Lt Gen Mudacumura ajya hafi ya Mweso atinya ko yagabwaho ibitero.

Gen Maj Jean-Damascène Ndibabaje Alias Musare yari muntu ki?

Jean-Damascène Ndibabaje yavutse mu 1968 ahitwa Kirerema mu murenge wa Kanzenze akarere ka Rubavu.

-75.png

Gen Maj Jean-Damascène Ndibabaje Alias Musare

Yize amashuri abanza ahitwa Kanzenze, naho amashuri yisumbuye ayatangirira ku ishuri ryitwa Nzige muri Bicumbi muri Rwamagana ariko nyuma yo kuhiga imyaka ibiri akomereza muri Lycée ya Kigali mu Rugunga.

Lycée ya Kigali mu Rugunga ari mu kiciro cya 30 cy’abanyehsuri binjiye mu ishuri rikuru rya Gisirikare . Intambara yo kubohoza igihugu mu 1990 yatangiye ari umunyeshuri muri ESM ahabwa ipeti rya sous Lieutenant yoherezwa mu gutoza abasirikare bashya.

Mu bice bya Rulindo aho yayoboye yari umuyobozi wa company ya kane muri batayo ya 64, nyuma yaje koherezwa ku rugamba kurwana n’Inkotanyi mu Ruhengeri na Kibungo ariko agatsindwa. Mu 1994 batayo ya 64 yari iyobowe na Capt Rusingiza Theodore muri Rulindo ahitwa Mbogo na Mugambazi aho abasirikare yayoboraga bari ahitwa Mugote Remera y’abaforongo.

Ubwo ingabo za FAR zatsinzwe na FPR Inkotanyi yashinze ibirindiro bya Nyuma ku mupaka w’u Rwanda na Congo ahitwa Kabuhanga mu murenge wa Bugeshi, naho muri Congo yari batayo Dragon yari Mugunga mu nkambi ya Goma, aba umwe mubaje gutera mu Rwanda mu gihe cy’abacengezi ari S3 segiteri Zoulou.

Mu 1998, ubwo abacengenzi bari bamaze gutsindwa yabaye umuyobozi wungirije wa burigade Thorax, naho 2001 nibwo yayibereye umuyobozi ndetse ihindura izina yitwa Roquette.

Igitabo “The Leadership of Rwandan armed groups abroad with a focus on the FDLR and rud/urunana”, cyasohotse 2008, kivuga ko Ndibabaje yitandukanyije na FDLR Foca mu 2005 kubera kutumvikana na Lt Gen Mudacumura ahita ashinga umutwe wa gisirikare mu 2006 yise AN-Imboneza.

Gen Maj Ndibabaje apfuye atarashaka umugore kuko yari yaravuze ko azamushaka nagaruka mu Rwanda.

Ubuyobozi bwa FDLR- RUD bubuze umuntu w’ingirakamaro cyane dore ko kugeza ubu butarabasha gutora undi ugomba kuyiyobora, kuko bahanganye n’ibitero bagabwaho na Maï-Maï NDC.

Source : KT

2016-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025
Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Imvura nyinshi yabujije umukino w’ikirarane wa APR FC na Mukura VS gukomeza, Ikipe y’ingabo yari imaze gutsindwa 1-0

Imvura nyinshi yabujije umukino w’ikirarane wa APR FC na Mukura VS gukomeza, Ikipe y’ingabo yari imaze gutsindwa 1-0

Ubwanditsi 31 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica  Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC
POLITIKI

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda
Mu Mahanga

Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru