• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Ubwanditsi 05 May 2016 Mu Rwanda

Mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka mu Burundi bisa nk’aho hari agahenge kuko umubare w’abantu bishwe wari muto ugereranyije n’abishwe mu kwezi gushize kwa kane.

Mu kwagatatu hishwe abantu icyenda naho muri uku gushize kwa kane hicwa abantu 31, hakaba hari impungenge z’uko muri uku kwa gatanu hakwicwa benshi kurushaho !

Uyu mubare munini w’abantu bishwe mu Burundi mu kwezi gushize watumye benshi bahamya yuko abamaze kwicwa, kuva icyo gihugu cyajya mu mvururu mu kwa kane umwaka ushize, bagomba kuba ari benshi kuruta utangwa n’ishami rya LONI rishinzwe uburenganzira bwa muntu aho rishyira uwo mubare ku bantu 513 atabariyemo abishwe muri uku kwezi gushize kuko uwo mubare wari uwo kugeza mu kwagatatu uyu mwaka.

Abanyamakuru b’Abarundi bakorana hafi na Rushyashya bahamya yuko uyu mubare ari muto cyane bagapfa kwemera utangwa na Pierre Claver Mbonimpa.

Mbonimpa uyoboye ishyirahamwe rerengera uburenganzira bwa muntu n’bw’imfungwa mu Burundi aherutse kubwira abanyamakuru ku cyicaro gikuru cya LONI i New York yuko abantu bazwi neza yuko bamaze kwicwa ari 1098.

Mbonimpa nawe warashwe bikomeye, mu kwa cyenda umwaka ushize ariko akarusimbuka, ubu akaba ari mu buhungiro mu Bubiligi avuga yuko uretse abo bizwi neza yuko bishwe ngo hari n’abandi bantu 800 baburiwe irengero, hashobora kuba harimo n’abapfuye. Anavuga kandi yuko hari n’abandi 5,000 bafashwe bagafungwa, hashobora kuba harimo ababa bariciwe mu mabohero ariko ntibimenyekane.

Ibi bishobora kuba aribyo kuko amakuru ahamya yuko muri ayo mabohero yo mu Burundi abantu bakunze kuyapfiramo ubutegetsi bukabiceceka. Abo banyamakuru b’Abarundi bavuga yuko abapfa bikamenyekana ari ababa barafunzwe bazwi cyane nka ambasaderi Yakobo Bihozagara wigeze kuba Minisitiri hano mu Rwanda.

Bihozagara wagize uruhare rukomeye mu mishyikirano y’amahoro ya Arusha hagati ya RPF n’icyari guverinoma y’u Rwanda amaze kuva mu butegetsi yahisemo kujya kwikorera ubucuruzi mu Burundi. Nyuma y’aho imvururu zitangiriye yarafashwe arafungwa aza kugwa mu munyururu.

-2744.jpg

Ge. Kararuza uheruka kwicwa ari kumwe n’umugorewe n’umukobwa we

Abo banyamakuru b’Abarundi batubwira yuko iyo mibare itangwa y’antu bishwe abenshi baba ari abiciwe mu mujyi wa Bujumbura ngo naho abicirwa mu ntara, cyane cyane mu byaro, akenshi batamenyekana. Bakavuga yuko ababa baraburiwe irengero kenshi baba barishwe. Bakanavuga kandi yuko amahanga atagize icyo yakora byhutirwa mu Burundi hashobora kwicwa abantu benshi cyane kandi mu gihe gito muri aya mezi kake ari imbere.

Kayumba Casmiry

2016-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Valens Ndayisenga yegukanye agace ka Musanze_Kigali muri Tour du Rwanda
IMIKINO

Valens Ndayisenga yegukanye agace ka Musanze_Kigali muri Tour du Rwanda

Ubwanditsi 20 Nov 2016
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.
Amakuru

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru