• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubwanditsi 04 Feb 2017 ITOHOZA

Kuva perezida Trump yajya kubutegetsi muri uyu mwaka, igihugu cy’Ubushinwa gisa naho kitigeze cyumva ko kizakorana neza n’uyu mu perezida wa 45 uyoboye Amerika, ibi byatumye butangira gutangaza ko buri mu myiteguru yo kuzahangana n’Amerika mu myaka 4 iri imbere.

Nkuko bitangazwa na Ministeri y’Ingabo y’Ubushinwa, bikanemezwa na The Washington Free Beacon ngo habaye igeragezwa ry’igisasu cya rutura cyo mu bwoko bwa kirimbuzi (Nuclear missile) cyiswe izina rya Dongfeng-5 ICBM (DF-5C), kikaba gifite imitwe igera 10. Ubushinwa bwirinzwe gutangazwa ingaruka gishobora gutera aho cyaba kijugunywe, bivugwa ko ari kabutindi kuburyo gishobora gusenya ahantu hangana n’igihugu kitavuzwe, ariko ingaruka zacyo zirakomeye kuburyo aho gitewe ntihagira isazi ihasigara.

Iri geragezwa ryabaye mu kwezi kwa Mutarama 2017, ryabaye Ubushinwa bushaka kwereka perezida Trump ko atagomba gukomeza kubukinisha ko nabwo bufite intwaro zo guhangana n’Amerika. Ibi rero bikaba biterwa n’uko Trump yaburiye Ubushinwa ko nibutava mubirwa bwita ubutaka bwabo biri munyanja ya Pacific ko bazavamo kumbaraga.

-5587.jpg

Ubwo rero iki gisasu cyageragezwaga cyatewe kivuye ahitwa Taiyuwan Space Launch Center iherereye mu gihugu hagati mu Bushinwa, hanyuma kigwa mu butayu bwa Taklamakan. Amakuru atangwa na Bill Gertz ukora mu kigo The Washington Free Beacon, avuga ko Ubushinwa bufite ibi bisasu DF-5C bigera kui 20, kandi bashobora kubitera muntera ifite 12.000 km ngo kuburyo kubitera muri Amerika atari ikibazo kuribo.

Ubushinwa burahamagarira abaturage kwitegura Intambara

Abantu batangiye kubona ko nta mikino iri muri iki kibazo kubera ko ibinyamakuru bibogamiye kuri leta yabo nka South China Morning Post, bisigaye bitegura abaturage b’Ubushinwa kuri iki kibazo ndetse bababwira ko bagomba kwitegura gupfira ighugu cyabo mu gihe Amerika yabatera. Ikindi ni uko Ministiri w’Ingabo z’Ubushinwa, mu cyumweru gishize yavuze ko kuva Trump yafata ubutegetsi bimaze kugaragara ko Ubushinwa bushobora kuzarwana n’Amerika bitewe na politike ye ngo kuko badashobora kuzamupfukamira n’umunsi n’umwe.

Kurundi ruhande amakuru avuga ko Trump yaburiwe n’inzego z’umutekano z’Amerika ko iki kibazo akigenza buhoro kubera ko abayobozi b’Ubushinwa barangije kwandikira Amerika ko ntamishyikirano bashaka kuri iki kibazo ko hagize ubashotora kubutaka bita ubwabo intambara yahita irota.

Naho ikigo International Assessment and Strategy Center cyavuze ko gifite amakuru yizewe avuga ko Ubushinwa budashobora kuzihanganira ibi bikurikira: Ko Amerika ifata Taiwan nk’igihugu cyigenga, ko Amerika ivogera ibirwa by’Ubushinwa biri munyanja ya Pacific, hanyuma ikibazo cy’imicungire ry’ifaranga ry’Ubushinwa. Iki kigo kivuga ko akanama k’umutekano w’Ubushinwa karangije gufata icyemezo cyo kuba bwashoza intambara y’umuriro n’igihugu icyaricyo cyose cyashaka kwivanga muri ibi bibazo.

-178.png

-5589.jpg

Aha twabibutsa ko igihugu cy’Amerika kiri mu muryango wo gutabarana wa NATO, noneho bikaba bizwi ko mugihe kimwe mu bihugu bigize uyu muryango cyaterwa ibindi byahita bigitabara. Ariko na none Ubushinwa nabwo bufitanye amasezerano n’Uburusiya ko mugihe igihugu kimwe gitewe ikindi gihita kigitabara ntakugisha umutima inama . Murumva ko iki gihe hagize ikiba kariya karere kahinduka umuyonga bitagaruriwe hafi.

Ahubatswe ubwihisho bw’abayobozi b’Uburusiya n’Ubushinwa harashakiswa na Pentagon

Ibi byose rero bigenda bivugwa bigaragaza ukuntu hariho ikintu gitegurwa nubwo biterurwa ngo bivugwe cyane. Ubu icyongeye guhangayikisha Uburusiya n’Ubushinwa ni uko inzego ziperereza zabo zabonye amakuru avuga ko akanama k’umutekano ka Congress y’Abanyamerika kasabye muburyo bwihuse ko inzego z’iperereza na Pentagon bashaka amakuru bakamenya aho abayobozi bakuru b’ibihugu by’Uburusiya cg Ubushinwa baba barubatse ubwihisho haba munda y’isi cg ku isi bakwihishamo mugihe baba barwana nabo muntambara ya nuclear.

Ngo ibi bikaba bigaragaza ko Amerika ibafiteho umugambi mubisha kubera ko Amerika itewe ubwoba nuko ibi bihugu bishobora kuyisimbura mu buhangage ifite haba mubukungu n’igisirikare.

Ibi kandi biravuga ko mugihe Amerika yaba ibitakaje, no mu kuyobora isi byaba birangiye. Ibi bikaba bishimangirwa n’icyegeranyo cyakozwe na National Intelligence Council (NIC), uru rwego rw’ubutasi bw’Amerika bwaburiye igihugu cyabo ko bagomba gushaka uko bakoma munkokora iterambere ry’ubukungu n’igisirikare by’Uburusiya n’Ubushinwa ngo naho ubundi mumyaka igera muri 4 bishoboka ko Amerika izaba iri inyuma yabo.

-5588.jpg

Mugihe rero Trump yiyamamaje avuga ko ashaka kongera kugira Amerika igihugu cy’ igihangage, ashobora kuba arimo gushaka uko yabigeraho. Ariko ntibizamworohera kuko ibisasu DF-5C y’Ubushinwa na Satan II y’Uburusiya agomba kubanza yashaka uko yazabyikingira baramutse babiteye mugihugu cye, ikindi mukurebana ay’ingwe buri gihugu krashaka uburyo cyazatanga ikindi kugitera igisasu cyakirimbuzi mugihe byasumirana bigafatana mu maboko.

Tubitege amaso.

Hakizimana Themistocle

2017-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Umubiligi Alain Billen yibajije impamvu abanenze Kagame yiyamamaza banumye kuri Angela Merkel

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Kenya barabyukira mu matora  arimo imibare myinshi
Mu Rwanda

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe
UBUKUNGU

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Ubwanditsi 02 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru