• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize   |   05 Dec 2019

  • Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba   |   05 Dec 2019

  • Amafoto y’Umunsi: Abakinnyi ba PSG baserukanye akanyamuneza mu mwambaro wamamaza Visit Rwanda   |   05 Dec 2019

  • RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka   |   04 Dec 2019

  • Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda   |   04 Dec 2019

  • Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare   |   04 Dec 2019

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Editorial 04 Apr 2018 SHOWBIZ

Simon Mutabazi Babonampoze wabenze umukobwa witwa Nadine Seraphine Ndikuriyo ku munota wa nyuma umunsi w’ubukwe, yarongoye undi munyarwandakazi i Bujumbura.

Ku tariki 10 Wururwe 2018, ni bwo hasakaye inkuru y’umugabo witwa Mutabazi Simon wabenze umukobwa ku munota wanyuma ku mpamvu zitamenyekanye kuko abakwe n’inshuti n’abavandimwe bari bamaze kugera ahitwa “Romantic Garden” aho imihango yo gusaba no gukwa yari kubera.

Ibi byatunguye benshi barimo n’abari bitabiriye ubwo bukwe kubera uburyo bategereje uyu mugabo ariko bakamubura mu gihe ibyari bukoreshwe byari bayamaze kwishyurwa ndetse n’ibyo kunywa no kurya bikaba byari byamaze kuhagera.

Byabaye ngombwa ko abagize umuryango w’umukobwa bategereza umukwe wabo ku buryo kugeza saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba bari bakiri kuri Romantic Garden bumiwe.

Icyo gihe umwe mu bo mu muryango wa Mutabazi Babonampoze utifuje ko amazina ye atangazwa,yatangaje ko umusore asanzwe aba muri Amerika ndetse yatandukaniyeyo n’umugore.

Yemeje ko ajya kumenyana n’umukobwa bari bagiye gushyingiranwa bateretaniye ku mbuga nkoranyambaga bataziranye nyuma baza kubonana imbonankubone i Burundi, uwo mukobwa ari kumwe na nyina, ku buryo ari na ho imyiteguro yakomeje ariko umusore ntiyohereza inkwano nk’uko yari yabibasezeranyije gusa ntibyabuza imyiteguro gukomeza.

Amakuru atugera avuga ko mu mpera z’icyumweru gishize, Simon Mutabazi Babonampoze yakoye akanasezerana mu mategeko n’umunyarwandakazi uzwi ku izina rya Alima uvuka mu Karere ka Rusizi, iyi imihango y’ubukwe bwabo ibera i Burundi.

Umwe mu bakobwa bo mu Murenge wa wa Kamembe ahitwa ku rya Gatatu aho Alima yabaga, wanze ko izina rye ritangazwa avuga ko nta muntu n’umwe w’iwabo w’uyu mukobwa watashye ubu bukwe.

Yagize ati “ Yarongowe n’uwo mugabo wabenze umukobwa ku Gisozi, ubukwe babukoreye i Burundi ariko nta muntu n’umwe w’iwabo w’umukobwa wahageze kuko bameze nk’abamuhaye akato kubera ko yashakanye n’umuntu utari umuyisilamu bitewe n’uko muri Islam kizira ko umukobwa ashakana n’umugabo utari umuyisilamu.”

Abo mu muryango w’uyu mukobwa ntibemeye kugira icyo batangaza.

Babonampuze n’umugore we Alima ku Kiyaga cya Tanganyika i Burundi

Alima wrongowe na Babonampoze wari wabenze umukobwa ku munota wa nyuma ( uri inyuma)

Babonampoze Simon ari kumwe n’umugore we bashakaniye i Burundi

Ubutumire bw’ubukwe bwa mbere Babonampoze yari gukorana n’umukobwa yabenze

Ubwo yabengaga umukobwa bagombaga gushyingiranwa, ubukwe bwari bwamaze kwitegurwa

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Editorial 02 Feb 2018
Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Editorial 14 Feb 2017
Umugabo mwiza n’uguha impano zihenze

Umugabo mwiza n’uguha impano zihenze

Editorial 15 Jan 2018
Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe

Editorial 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

03 Dec 2019
Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

02 Dec 2019
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

02 Dec 2019
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

01 Dec 2019
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

30 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

04 Dec 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

04 Dec 2019
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

02 Dec 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

02 Dec 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

02 Dec 2019
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

29 Nov 2019
Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

21 Nov 2019

SONDAGE

Ninde uzatwara igikombe cy'Afrika (CAN/AfCON)?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru