• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018 SHOWBIZ

Simon Mutabazi Babonampoze wabenze umukobwa witwa Nadine Seraphine Ndikuriyo ku munota wa nyuma umunsi w’ubukwe, yarongoye undi munyarwandakazi i Bujumbura.

Ku tariki 10 Wururwe 2018, ni bwo hasakaye inkuru y’umugabo witwa Mutabazi Simon wabenze umukobwa ku munota wanyuma ku mpamvu zitamenyekanye kuko abakwe n’inshuti n’abavandimwe bari bamaze kugera ahitwa “Romantic Garden” aho imihango yo gusaba no gukwa yari kubera.

Ibi byatunguye benshi barimo n’abari bitabiriye ubwo bukwe kubera uburyo bategereje uyu mugabo ariko bakamubura mu gihe ibyari bukoreshwe byari bayamaze kwishyurwa ndetse n’ibyo kunywa no kurya bikaba byari byamaze kuhagera.

Byabaye ngombwa ko abagize umuryango w’umukobwa bategereza umukwe wabo ku buryo kugeza saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba bari bakiri kuri Romantic Garden bumiwe.

Icyo gihe umwe mu bo mu muryango wa Mutabazi Babonampoze utifuje ko amazina ye atangazwa,yatangaje ko umusore asanzwe aba muri Amerika ndetse yatandukaniyeyo n’umugore.

Yemeje ko ajya kumenyana n’umukobwa bari bagiye gushyingiranwa bateretaniye ku mbuga nkoranyambaga bataziranye nyuma baza kubonana imbonankubone i Burundi, uwo mukobwa ari kumwe na nyina, ku buryo ari na ho imyiteguro yakomeje ariko umusore ntiyohereza inkwano nk’uko yari yabibasezeranyije gusa ntibyabuza imyiteguro gukomeza.

Amakuru atugera avuga ko mu mpera z’icyumweru gishize, Simon Mutabazi Babonampoze yakoye akanasezerana mu mategeko n’umunyarwandakazi uzwi ku izina rya Alima uvuka mu Karere ka Rusizi, iyi imihango y’ubukwe bwabo ibera i Burundi.

Umwe mu bakobwa bo mu Murenge wa wa Kamembe ahitwa ku rya Gatatu aho Alima yabaga, wanze ko izina rye ritangazwa avuga ko nta muntu n’umwe w’iwabo w’uyu mukobwa watashye ubu bukwe.

Yagize ati “ Yarongowe n’uwo mugabo wabenze umukobwa ku Gisozi, ubukwe babukoreye i Burundi ariko nta muntu n’umwe w’iwabo w’umukobwa wahageze kuko bameze nk’abamuhaye akato kubera ko yashakanye n’umuntu utari umuyisilamu bitewe n’uko muri Islam kizira ko umukobwa ashakana n’umugabo utari umuyisilamu.”

Abo mu muryango w’uyu mukobwa ntibemeye kugira icyo batangaza.

Babonampuze n’umugore we Alima ku Kiyaga cya Tanganyika i Burundi

Alima wrongowe na Babonampoze wari wabenze umukobwa ku munota wa nyuma ( uri inyuma)

Babonampoze Simon ari kumwe n’umugore we bashakaniye i Burundi

Ubutumire bw’ubukwe bwa mbere Babonampoze yari gukorana n’umukobwa yabenze

Ubwo yabengaga umukobwa bagombaga gushyingiranwa, ubukwe bwari bwamaze kwitegurwa

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zari Hassani ntiyifuza ko Wema Sepetu azitabira ibirori by’umwana we nubwo yatumirwa na Diamond

Zari Hassani ntiyifuza ko Wema Sepetu azitabira ibirori by’umwana we nubwo yatumirwa na Diamond

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

Ubwanditsi 09 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Yaba FARDC cyangwa RDF bose bavogereye imipaka – Raporo ya ICGLR

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo
INKURU NYAMUKURU

Umubano wa Kigali na Kampala, abakabaye bavugisha ukuri muri Uganda bahindutse abateje ikibazo

Ubwanditsi 26 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru