• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 22 Jul 2019 IMIKINO

Igitego kimwe rukumbi cyatsinzwe na myugariro Mustafa Kizza cyahesheje KCCA yo muri Uganda kwegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri, ni nyuma y’uko itsinze Azam FC yo muri Tanzania 1-0 ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ryari rimaze ibyumweru bibiri ribera mu Rwanda.

Iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 42, ryabereye mu Rwanda ku nshuro ya gatandatu rihuzwa no kwishimira imyaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye ndetse rikaba riterwa inkunga na Perezida Kagame guhera mu 2002, aho ashyiramo inkunga y’asaga ibihumbi $60 agabanywa amakipe atatu ya mbere.

Mu makipe 16 yaryitabiriye, KCCA yo muri Uganda na Azam FC yo muri Tanzania yari irifite mu nshuro ebyiri ziheruka, ni yo yabashije kugera ku mukino wa nyuma wakiniwe kuri Stade ya Kigali kuri iki Cyumweru.

KCCA yihariye umukino kuva utangiye kugeza urangiye ndetse ibona uburyo bwinshi bwashoboraga kuyiha ibitego birenze kimwe yabonye.

Ku munota wa gatandatu gusa, iyi kipe yo muri Uganda yabonye igitego cyatsinzwe na Allan Okello, umusifuzi wo ku ruhande, Hakizimana Ambroise avuga ko habayeho kurarira mu gihe kandi na Sadat Anaku yateye umupira n’umutwe ugaca hejuru y’izamu.

Ahagana ku munota wa 27, Herbert Achai yananiwe gufungura amazamu ku mupira yateye mu izamu ryambaye ubusa, uramutenguha ujya hejuru y’izamu mu gihe umunyezamu Razak Abalora yari yasohotse ajya gukuraho uburyo bwari bubonywe na Allan Okello.

Azam FC n’ubundi yari yatsinzwe igitego 1-0 na KCCA mu mukino wo mu itsinda B wabereye kuri Stade ya Huye, nta buryo bwinshi bufatika yabonye mu gice cya mbere ku buryo bwari kugora umunyezamu Charles Lukwago.

KCCA yagarutse mu gice cya kabiri iri hejuru ndetse biza kuyihira ku munota wa 63 ubwo yatsindaga igitego cya Mustafa Kizza wateye ishoti ari inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Razak Abalora akingirizwa na bagenzi be ntiyabona umupira neza.

Umutoza Mike Hilary Mutebi yahise akora impinduka, yinjizamo Sadam Juma wafashe umwanya wa Herbert Achai kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati.

Iddi Kipagwile na Bruce Kangwa bagerageje amashoti agana mu izamu ku ruhande rwa Azam FC, ariko iryatewe na Kipagwile rifatwa n’umunyezamu Charles Lukwago mu gihe umupira wa Kangwa waciye ku ruhande.

Azam FC yatwaye iri rushanwa mu nshuro ebyiri ryaherukaga kubamo mu 2015 na 2018, yasatiriye mu minota ya nyuma, ariko abakinnyi ba KCCA bashobora kurwana ku izamu ryabo ndetse igikombe gitaha i Kampala.

KCCA yaherukaga kwegukana iri rushanwa mu 1978 ubwo yatsindaga Simba SC ku mukino wa nyuma mu gihe mu 1979 yari yahatsindiwe na Abaluhya yo muri Kenya.

Green Eagles yo muri Zambia ni yo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda AS Maniema de Kindu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 2-0.

Aya makipe yombi yakiniye umwanya wa gatatu, yari yatumiwe muri iri rushanwa ubusanzwe rihuza amakipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, CECAFA.

KCCA yabaye iya mbere yahawe igikombe n’ibihumbi $30, Azam FC ihabwa ibihumbi $20 mu gihe Green Eagles yahawe ibihumbi $10, ibi byose bigaherekeza imidali yahawe aya makipe.

2019-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 25 Mar 2025
U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

RUSHYASHYA 10 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Perezida Trump arifuza inkunga y’u Rwanda mu kuvugurura Umuryango w’Abibumbye
ITOHOZA

Perezida Trump arifuza inkunga y’u Rwanda mu kuvugurura Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup
IMIKINO

Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru