• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

KCCA yatsinze Azam FC yegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 22 Jul 2019 IMIKINO

Igitego kimwe rukumbi cyatsinzwe na myugariro Mustafa Kizza cyahesheje KCCA yo muri Uganda kwegukana CECAFA Kagame Cup ku nshuro ya kabiri, ni nyuma y’uko itsinze Azam FC yo muri Tanzania 1-0 ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ryari rimaze ibyumweru bibiri ribera mu Rwanda.

Iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 42, ryabereye mu Rwanda ku nshuro ya gatandatu rihuzwa no kwishimira imyaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye ndetse rikaba riterwa inkunga na Perezida Kagame guhera mu 2002, aho ashyiramo inkunga y’asaga ibihumbi $60 agabanywa amakipe atatu ya mbere.

Mu makipe 16 yaryitabiriye, KCCA yo muri Uganda na Azam FC yo muri Tanzania yari irifite mu nshuro ebyiri ziheruka, ni yo yabashije kugera ku mukino wa nyuma wakiniwe kuri Stade ya Kigali kuri iki Cyumweru.

KCCA yihariye umukino kuva utangiye kugeza urangiye ndetse ibona uburyo bwinshi bwashoboraga kuyiha ibitego birenze kimwe yabonye.

Ku munota wa gatandatu gusa, iyi kipe yo muri Uganda yabonye igitego cyatsinzwe na Allan Okello, umusifuzi wo ku ruhande, Hakizimana Ambroise avuga ko habayeho kurarira mu gihe kandi na Sadat Anaku yateye umupira n’umutwe ugaca hejuru y’izamu.

Ahagana ku munota wa 27, Herbert Achai yananiwe gufungura amazamu ku mupira yateye mu izamu ryambaye ubusa, uramutenguha ujya hejuru y’izamu mu gihe umunyezamu Razak Abalora yari yasohotse ajya gukuraho uburyo bwari bubonywe na Allan Okello.

Azam FC n’ubundi yari yatsinzwe igitego 1-0 na KCCA mu mukino wo mu itsinda B wabereye kuri Stade ya Huye, nta buryo bwinshi bufatika yabonye mu gice cya mbere ku buryo bwari kugora umunyezamu Charles Lukwago.

KCCA yagarutse mu gice cya kabiri iri hejuru ndetse biza kuyihira ku munota wa 63 ubwo yatsindaga igitego cya Mustafa Kizza wateye ishoti ari inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Razak Abalora akingirizwa na bagenzi be ntiyabona umupira neza.

Umutoza Mike Hilary Mutebi yahise akora impinduka, yinjizamo Sadam Juma wafashe umwanya wa Herbert Achai kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati.

Iddi Kipagwile na Bruce Kangwa bagerageje amashoti agana mu izamu ku ruhande rwa Azam FC, ariko iryatewe na Kipagwile rifatwa n’umunyezamu Charles Lukwago mu gihe umupira wa Kangwa waciye ku ruhande.

Azam FC yatwaye iri rushanwa mu nshuro ebyiri ryaherukaga kubamo mu 2015 na 2018, yasatiriye mu minota ya nyuma, ariko abakinnyi ba KCCA bashobora kurwana ku izamu ryabo ndetse igikombe gitaha i Kampala.

KCCA yaherukaga kwegukana iri rushanwa mu 1978 ubwo yatsindaga Simba SC ku mukino wa nyuma mu gihe mu 1979 yari yahatsindiwe na Abaluhya yo muri Kenya.

Green Eagles yo muri Zambia ni yo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda AS Maniema de Kindu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 2-0.

Aya makipe yombi yakiniye umwanya wa gatatu, yari yatumiwe muri iri rushanwa ubusanzwe rihuza amakipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, CECAFA.

KCCA yabaye iya mbere yahawe igikombe n’ibihumbi $30, Azam FC ihabwa ibihumbi $20 mu gihe Green Eagles yahawe ibihumbi $10, ibi byose bigaherekeza imidali yahawe aya makipe.

2019-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 22 Feb 2022
Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda Espoir FC yahise inamanuka mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 01 May 2023
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Koffi Olimide yababarijwe i Kigali n’umufana we wishwe arashwe na Polisi

Koffi Olimide yababarijwe i Kigali n’umufana we wishwe arashwe na Polisi

Ubwanditsi 02 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta
Amakuru

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Ubwanditsi 15 Feb 2022
Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2017
Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira
Mu Mahanga

Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwa AERG kudafata ihungabana nka kirazira

Ubwanditsi 23 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru