• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Leta iraburira abanyarwanda kwirinda gukorera ingendo Uganda k’ubw’umutekano wabo (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 01 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, abinyujije k’urukuta rwe rwa twitter yatangaje ko Leta y’u Rwanda iburira abanyarwanda kutajya muri Uganda kubera umutekano wabo.

Nkuko yabisobanuriye itangazamakuru, imipaka y’u Rwanda irafunguye yose! Ibikamyo binini nibyo byasabwe gukoresha umupaka wa Kagitumba kubera ibikorwa by’ubwubatsi i Gatuna.

Inkuru bifitanye isano:

Kubera Ibikorwa By’ubwubatsi K’umupaka Wa Gatuna Amakamyo Manini Agiye Kujya Aca Kagitumba

Abanyarwanda baragirwa inama yo kudakorera ingendo muri Uganda kubera ibikorwa by’iterabwoba, ifatwa rya hato na hato n’iyicarubozo bibakorerwa iyo bageze Uganda.

Nkuko twari twabibatangarije mu nkuru yacu hano, ubuyobozi bw’agace ka Kisoro mu burengerazuba bwa Uganda, bwashinze bariyeri bugamijwe guhiga bukware abanyarwanda, mu mugambi wo gukomeza kubagirira nabi.

Nk’uko byatangajwe n’abanyarwanda bane bagaruwe mu Rwanda ku wa 26 Gashyantare 2019 bakajugunywa ku mupaka wa Cyanika nyuma yo gufatirwa kuri bariyeri ya polisi ya Kisoro ahitwa Nyakabande, bahamije ko mu gace ka Kisoro hari bariyeri “igamije gusakuma abanyarwanda” mu modoka zitwara abagenzi.

Abo banyarwanda basubijwe mu gihugu cyabo nyuma y’iminsi muri gereza ni Kubwimana Theogene w’imyaka 18 wo mu Karere ka Burera, Ntakiyimana Peter w’imyaka 32 ukomoka mu Karere ka Gisagara; Hakizimana Sylvain w’imyaka 30 wo mu Karere ka Gakenke na Nzayisenga Jean de la Croix w’imyaka 35 wo mu Karere ka Musanze.

Uyu munsi taliki ya 1 Werurwe 2019, leta ya Uganda yarekuye umunyarwanda Rogers Donne Kayibanda wari ufungiye ahantu hatazwi. Kayibanda yashimutiwe muri Uganda tariki 10 Mutarama 2019,  ahitwa Ntinda, muri Kampala n’ abantu bikekwa ko ari abatasi b’ igisirikare cya Uganda.

Kayibanda yavuze uko yashimutiwe muri Uganda yatashye ubukwe bw’umuvandimwe we

Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda kandi yanagarutse ku banyarwanda bafungirwa ahatazwi bakanimwa uburenganzira bwo gusurwa mu gihe bafunzwe. agaragaza ko nubwo ibyo biba ku banyarwanda gusa kuko abagande baza mu Rwanda bafite umutekano usesuye.

Taliki 28 Gashyantare 2019, Umvugizi wa Leta ya Uganda, Ofonwo Opondo abinyujije ku rukuta rwa Twitter rwa Uganda Media Centre, yagize ati “ Nta guhiga bukware kw’Abanyarwanda kuri muri Uganda. Ikindi ni uko nta Munyarwanda ufunzwe n’ubuyobozi bwa Uganda ku mpamvu iyo ari yo yose. Turifuza gutanga ubutumwa butomoye ku Rwanda ko  nta Munyarwanda utotezwa cyangwa uri muri gereza yo muri Uganda.”

Amb. Olivier Nduhungirehe na Ofwono Opondo

Ibi byaje kunyomozwa na Amb. Olivier Nduhungirente, Umunyamabanga muri Ministeri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, aho yavuze ko ibyavuzwe na Uganda ko nta Munyarwanda ufungiwe mu magereza yo muri muri iki gihugu ari ibinyoma. Bamwe mu Banyarwanda bagenda cyangwa baba muri Uganda bagiye batabwa muri yombi kuva mu minsi ishize. Abagarurwaga mu Rwanda baje bavuga ko hari bagenzi babo basize mu magereza atandukanye kandi ko bakubitwa bakanakoreshwa imirimo y’agahato nko guhinga.

Nawe abinyujije kuri Twitter, Nduhungirehe yagize Ati “ Aya magambo mu buryo bw’ibimenyetso n’inyurabwenge ni ibinyoma. Hari Abanyarwanda basaga 40  bari muri gereza zo muri Uganda muri kasho z’Urwego rw’iperereza rya Gisirkare (CMI). Abandi basaga 800 bamaze kwirukanwa ku butaka bwa Uganda kuva mu 2018.”

Ibi Ministiri Nduhungirehe yavuze bihura n’ibyo tumaze igihe dutangaza ko inzego z’iperereza zaba iza gisivile cyangwa inza gisirikare muri Uganda zifata abanyarwanda ku moamvu zidasobanutse zikabafungira ahantu hatazwi bagakorerwa iyicarubozo babona ntacyo bakuyemo bakabajugunya ku mipaka ngo basubire iwabo nkuko byagiye bitangwamo ubuhamya.

Bamwe mu banyarwanda bavuga ko basize nibura abanyarwanda 80 muri kasho za Kisoro, ahanini bagizwe n’ababuze ruswa yo guha inzego z’umutekano ngo babone kurekurwa batahe mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Uganda ugeze ahabi; U Rwanda rushinja Uganda gushyigikira abashaka kuruhungabanyiriza umutekano barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa ukuriye RNC yamaze gufatanya na FDLR ndetse n’indi mitwe y’inyeshyamba iterwa inkunga na leta ya Uganda ndetse n’u Burundi.

2019-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2021
Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Yozefu Matata yamaganwe n’abakomoka ku Banyapolitiki bishwe na Habyarimana ubwo yafataga ubutegetsi muri 1973

Ubwanditsi 10 Jul 2020

2 Ibitekerezo

  1. Emmy
    March 1, 20195:46 pm -

    Ahaaaa Ko mbona bitoroshye?None Africa twifuza murabona tuzayigeraho koko?Easter African community se yo ubu ihagaze ite kweli!!!! Imyumvire iracyari ikibazo ariko mureke abanyarwanda dukomere ku bumwe bwacu dukomeze imihigo kandi tuzagera kubyo twifuza nta kabuza IMANA iri mu ruhande rwacu.

    Subiza
  2. hesron
    March 4, 20199:15 am -

    harya Ofwono Opondo siwawundi bigeze kwandika ngo yibye muli Mall? cyangwa nukwitiranwa?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda
Amakuru

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.
Mu Rwanda

Guhanwa bikomeye  no gucibwa ihazabu bishobora ku gabanya gukoresha mu rugo imirimo ivunanye abana bakiri bato.

Ubwanditsi 08 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru