• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Museveni aherutse  gutanga amabwiriza agiraga ati, ‘‘ Uko abigaragambya, abaterabwoba, inkozi z’ibibi n’abasahuzi bagomba gutabwa muri yombi n’uburyo bugomba kujya bukoreshwa.” Igitangaje  n’uko muri aya mabwiriza harimo no ‘kurasa’ yatanzwe n’umukuru w’igihugu. Ntabwo byumvikana impamvu Umuperezida yatanga bene ariya mabwiriza ku bashinzwe umutekano kandi ntakintu nakimwe abatavugaruwe n’ubutegetsi baba bakoze, mu rwego rw’ubushotoranyi. Ahari impamvu yabimuteye, n’ivuka ry’inkundura y’Ishyaka rizwi nka People Power rituma atakigoheka.

Nkuko greatlakeswatchman.com ibyandika , muri aya mabwiriza, Museveni atandukanya amatsinda y’abantu n’uko bagomba kujya bafatwa, hagati  y’abenegihugu n’abanyamahanga, buri cyiciro cyikaba hari uko cyigomba kujya gifatwa mu buryo bunyuranye n’abashinzwe umutekano be,  bagizwe na (ISO, CMI, UPF). Ubwo yavugaga ku banyamahanga, Museveni yatanze amabwiriza agira ati, ‘‘ Aba ntibagomba kujya bakubitwa, gusunikwa no kubwirwa nabi ku mpamvu iyo ariyo yose,” aha, akaba yarakomeje kubabwira ko ahubwo bagomba kujya babavugisha neza mu cyinyabupfura.”

Ku ‘‘bandi,’’ Ubutabera bwagenewe Abatalibani burabategereje. Muri aba bandi, harimo bakeba be mu rwego rwa politike, abo afata nk’abagambanyi, Museveni akaba abashyira mu gatebo kamwe n’abakora imyigaragambyo, inkozi z’ibibi, abasahuzi n’abaterabwoba, kandi kuri bene aba bantu, ntakundi bagomba gufatwa n’abashizwe umutekano.

Abashinzwe umutekano bagomba, nk’uko Museveni yabitegetse, bakoresha amazi mu rwego rwo kugirango babashwiragize. Nyamara kandi ngo ubu buryo buramutse budatanze umusaruro, ngo polisi ishobora kurasa mu kirere bwa mbere; ariko bakomeza, polisi izajya irasa ku nyama ,” akaba ari uko amabwiriza yanditse.

Museveni mu buryo bwo gusasira aya mabwiriza mu rwego rw’amategeko, yavuze ko Abenegihugu bashobora kuraswa mu buryo bukurikije amategeko, kandi ko bashobora no gukubitwa byemewe n’amategeko,” ibi akaba ari ibikubiye muri aya mabwiriza y’inshamugongo. “Muzaraswa!”

Ubutabera bwagenewe Abatalibani bugomba guhabwa intebe kubera ko, ‘‘Polisi iramutse itabamugaje cyangwa se ngo ibice, ntiyazongera kubona andi mahirwe yo kubafata kugirango muryozwe amabi muba mwarakoze,” amagambo yavuzwe na Museveni.

Ntibisanzwe kugirango Umukuru w’igihugu abwire bene aya magambo abaturage. Ukuriye Intumwa za rubanda bakomoka mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi  mu Nteko Nshinamategeko ya Uganda , Hon. Ibrahim SemujjuNganda yaratunguwe cyane nyuma yo kumva aya mabwiriza Perezida yahaye abashinzwe umutekano yo kujya “batera ingumi cyangwa kurasa mu bivunge by’abaturage,” nkuko yabibyivugiye. “Nta kizere aya magambo atanga. Amagambo nkaya avugwa n’umuntu uhangayitse bikabije, kubera ibintu bimaze iminsi biba. Sinzi impamvu yaba yaramuteye kuvuga bene ariya magambo.”

Bityo, Semujju akaba atekereza ko Perezida afite ‘‘umuhangayiko utagira ingano.’’ Ariko se waba ari muhangayiko nyabaki watuma  ubwira abantu bawe bene ariya magambo? Nanone kandi, kuba yaravuze ko hagomba gutandukanywa ifatwa ry’abenegihgu n’abanyamahanga, abiba urwango ku banyamahanga, kuko Abenegihugu bashobora kubafata nkaho nabo bashyigikira Museveni, kandi abenegihugu barimo gushakisha umuti wakemura icyo cyibazo cyibaraje ishinga.

Kuki  Museveni, akoresha imvugo nka  “Abanzi b’igihugu,” cyangwa “abagambanyi”  iyo avuga ku batavuga rumwe n’ubutegetsi, kandi itegeko nshinga ribaha ubwo burenganzira, bityo gusaba ko hajya hakoreshwa imbaraga z’umurengera mu rwego rwo kujya babica kandi baba bari mu bikorwa bya politike, bigaragaza ko aho igihugu cya Uganda kiri kwerecyeza atari heza namba.

Utiriwe ujya kure, reba ukuntu Perezida yavuze ngo uburyo Yusuf Kawooya yafashwe byari bikwiye. Ku bwa Perezida we, ngo kuba Kawooya yarakorewe buriya bugome, ngo niwe wabwikururiye igihe yarumaga abashinzwe umutekano. Kandi amajwi yibyakorwaga arahari agaragaza neza ko atigeze aruma abashinzwe umutekano. Icyakabiri, n’ubwo Kawooya yaba yarabarumye, ese  imbaraga zakoreshejwe zari zikwiye?

Niba abashinzwe umutekano bari basanzwe bakorera iyicarubozo abaturage nta nkomyi, amabwiriza mashyashya ya Museveni agiye kubongerera umurava ndetse no kubamara umususu banakube inshuro bajyaga bafatamo abaturage.

Nguko uko  igihugu cya Uganda,  kiteguye kuvusha amaraso, abazaraswa ntibashobora kuvuga ko batigeze baburirwa!

2018-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki ya 19 Ugushyingo 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki ya 19 Ugushyingo 2018

Ubwanditsi 20 Nov 2018
Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ubwanditsi 14 Feb 2020

2 Ibitekerezo

  1. Sunday
    November 13, 201812:50 pm -

    Ibicucu bya Rushyashya

    Subiza
  2. Lille
    November 13, 20181:54 pm -

    Yeee? Ngo ntibyumvikana ko umuyobozi yatanga amabwiriza yo kurasa abturage???
    Ngahooo, Perezida Kagame Paul yavugiye Nyabihu ko azajya arasa abanyarwanda ku manywa y ihangu. Ariko mwabaye mute koko??

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca
Amakuru

Tombola ya 1/4 cya CAF Champions League yasize Simba izakina na Kaizer Chief naho muri CAF Confederations Cup Orlando Pirates izakine na Raja Cassablanca

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda
ITOHOZA

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo
Amakuru

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru