• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

“Muzaraswa,” Museveni aburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Ubwanditsi 13 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Museveni aherutse  gutanga amabwiriza agiraga ati, ‘‘ Uko abigaragambya, abaterabwoba, inkozi z’ibibi n’abasahuzi bagomba gutabwa muri yombi n’uburyo bugomba kujya bukoreshwa.” Igitangaje  n’uko muri aya mabwiriza harimo no ‘kurasa’ yatanzwe n’umukuru w’igihugu. Ntabwo byumvikana impamvu Umuperezida yatanga bene ariya mabwiriza ku bashinzwe umutekano kandi ntakintu nakimwe abatavugaruwe n’ubutegetsi baba bakoze, mu rwego rw’ubushotoranyi. Ahari impamvu yabimuteye, n’ivuka ry’inkundura y’Ishyaka rizwi nka People Power rituma atakigoheka.

Nkuko greatlakeswatchman.com ibyandika , muri aya mabwiriza, Museveni atandukanya amatsinda y’abantu n’uko bagomba kujya bafatwa, hagati  y’abenegihugu n’abanyamahanga, buri cyiciro cyikaba hari uko cyigomba kujya gifatwa mu buryo bunyuranye n’abashinzwe umutekano be,  bagizwe na (ISO, CMI, UPF). Ubwo yavugaga ku banyamahanga, Museveni yatanze amabwiriza agira ati, ‘‘ Aba ntibagomba kujya bakubitwa, gusunikwa no kubwirwa nabi ku mpamvu iyo ariyo yose,” aha, akaba yarakomeje kubabwira ko ahubwo bagomba kujya babavugisha neza mu cyinyabupfura.”

Ku ‘‘bandi,’’ Ubutabera bwagenewe Abatalibani burabategereje. Muri aba bandi, harimo bakeba be mu rwego rwa politike, abo afata nk’abagambanyi, Museveni akaba abashyira mu gatebo kamwe n’abakora imyigaragambyo, inkozi z’ibibi, abasahuzi n’abaterabwoba, kandi kuri bene aba bantu, ntakundi bagomba gufatwa n’abashizwe umutekano.

Abashinzwe umutekano bagomba, nk’uko Museveni yabitegetse, bakoresha amazi mu rwego rwo kugirango babashwiragize. Nyamara kandi ngo ubu buryo buramutse budatanze umusaruro, ngo polisi ishobora kurasa mu kirere bwa mbere; ariko bakomeza, polisi izajya irasa ku nyama ,” akaba ari uko amabwiriza yanditse.

Museveni mu buryo bwo gusasira aya mabwiriza mu rwego rw’amategeko, yavuze ko Abenegihugu bashobora kuraswa mu buryo bukurikije amategeko, kandi ko bashobora no gukubitwa byemewe n’amategeko,” ibi akaba ari ibikubiye muri aya mabwiriza y’inshamugongo. “Muzaraswa!”

Ubutabera bwagenewe Abatalibani bugomba guhabwa intebe kubera ko, ‘‘Polisi iramutse itabamugaje cyangwa se ngo ibice, ntiyazongera kubona andi mahirwe yo kubafata kugirango muryozwe amabi muba mwarakoze,” amagambo yavuzwe na Museveni.

Ntibisanzwe kugirango Umukuru w’igihugu abwire bene aya magambo abaturage. Ukuriye Intumwa za rubanda bakomoka mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi  mu Nteko Nshinamategeko ya Uganda , Hon. Ibrahim SemujjuNganda yaratunguwe cyane nyuma yo kumva aya mabwiriza Perezida yahaye abashinzwe umutekano yo kujya “batera ingumi cyangwa kurasa mu bivunge by’abaturage,” nkuko yabibyivugiye. “Nta kizere aya magambo atanga. Amagambo nkaya avugwa n’umuntu uhangayitse bikabije, kubera ibintu bimaze iminsi biba. Sinzi impamvu yaba yaramuteye kuvuga bene ariya magambo.”

Bityo, Semujju akaba atekereza ko Perezida afite ‘‘umuhangayiko utagira ingano.’’ Ariko se waba ari muhangayiko nyabaki watuma  ubwira abantu bawe bene ariya magambo? Nanone kandi, kuba yaravuze ko hagomba gutandukanywa ifatwa ry’abenegihgu n’abanyamahanga, abiba urwango ku banyamahanga, kuko Abenegihugu bashobora kubafata nkaho nabo bashyigikira Museveni, kandi abenegihugu barimo gushakisha umuti wakemura icyo cyibazo cyibaraje ishinga.

Kuki  Museveni, akoresha imvugo nka  “Abanzi b’igihugu,” cyangwa “abagambanyi”  iyo avuga ku batavuga rumwe n’ubutegetsi, kandi itegeko nshinga ribaha ubwo burenganzira, bityo gusaba ko hajya hakoreshwa imbaraga z’umurengera mu rwego rwo kujya babica kandi baba bari mu bikorwa bya politike, bigaragaza ko aho igihugu cya Uganda kiri kwerecyeza atari heza namba.

Utiriwe ujya kure, reba ukuntu Perezida yavuze ngo uburyo Yusuf Kawooya yafashwe byari bikwiye. Ku bwa Perezida we, ngo kuba Kawooya yarakorewe buriya bugome, ngo niwe wabwikururiye igihe yarumaga abashinzwe umutekano. Kandi amajwi yibyakorwaga arahari agaragaza neza ko atigeze aruma abashinzwe umutekano. Icyakabiri, n’ubwo Kawooya yaba yarabarumye, ese  imbaraga zakoreshejwe zari zikwiye?

Niba abashinzwe umutekano bari basanzwe bakorera iyicarubozo abaturage nta nkomyi, amabwiriza mashyashya ya Museveni agiye kubongerera umurava ndetse no kubamara umususu banakube inshuro bajyaga bafatamo abaturage.

Nguko uko  igihugu cya Uganda,  kiteguye kuvusha amaraso, abazaraswa ntibashobora kuvuga ko batigeze baburirwa!

2018-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023
Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Ubwanditsi 26 Feb 2019
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018

2 Ibitekerezo

  1. Sunday
    November 13, 201812:50 pm -

    Ibicucu bya Rushyashya

    Subiza
  2. Lille
    November 13, 20181:54 pm -

    Yeee? Ngo ntibyumvikana ko umuyobozi yatanga amabwiriza yo kurasa abturage???
    Ngahooo, Perezida Kagame Paul yavugiye Nyabihu ko azajya arasa abanyarwanda ku manywa y ihangu. Ariko mwabaye mute koko??

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo
Mu Mahanga

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Urupfu rwa Mudacumura rwaba rugiye kugarura agahenge mu burasirazuba bwa Kongo
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Mudacumura rwaba rugiye kugarura agahenge mu burasirazuba bwa Kongo

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 24 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru