• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Ubwanditsi 19 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Bimaze kuba akamenyero ko umunyabyaha wese ufashwe ngo aryozwe amahano ye, ashakisha amayeri yatuma acika ubutabera: Kwigira umusazi, kwanga kurya no kwiyita umunyapolitiki uzira gukosora Leta. Ese ko babonye ko ntacyo bibafasha, babiretse bakaburana bagaragaza ingingo zibagira abere, cyangwa bakagira ubutwari bwo gusaba imbabazi?

Paul Rusesabagina aregwa ibyaha bikomeye by’iterabwoba. Amacuti ye yabonye”umunywanyi” ageze mu kaga, ati arazira kuba impirimbanyi ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Rusesabagina nawe abonye asumbirijwe ati ntabwo naburanira mu Rwanda kuko ndi “Umubiligi” nubwo nkomoka i Murama. Ntabonye aya matakirangoyi ananiranye, ahitamo kwivana mu rubanza, aho kuburana yerekana ko ari umwere nk’uko abamubeshya ko bamushyigikiye babivuga. Uko gutaratamba ntacyo byamumariye, kuko urubanza rwe rwabaye, ndetse rukazasomwa ejobundi tariki 20 Nzeri 2021.

Aimable Karasira yarafashwe aregwa ibyaha birimo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, abonye ageze mu y’abagabo ati burya ndwara mu mutwe!Ntacyo byamufashuije kuko urubanza rwe ruzaba nta kabuzam,agasobanura igituma akomeretsa imitima y’Abanyarwanda n’ikimutera kubateranya n’ubuyobozi.

Ubu uvugwa cyane ni Dr Chistopher Kayumba umaze kuba nk’urugi kubera gufungwa no gufungurwa bya hato na hato. Atangira kugaragara nk’ikibazo mu muryango nyarwanda, yarabanje arwanya abashinzwe umutekano ubwo bamubazaga ikimutera gutwara imodoka yasinze. Yarabifungiwe, ariko nyuma y’igihe gito ararekurwa. Ntibiteye kabiri, aba ateje imvururu ku kibuga cy’indege cya Kanombe, binamuviramo gufungwa umwaka wose.

Ubu Dr Kayumba yasubiye mu maboko y’inzego z’ubutabera bumukurikiranyeho gusambanya umugore ku ngufu. Amaze kubona ko ikirego kiremereye, hakaba hari ibimenyetso bimuhamya icyaha, yatangiye kwiyicisha inzara akanongeraho ko azira kuba yarashinze ishyaka rya politiki.

Icya mbere, incuro 2 za mbere yafunzwe, yari ataragira ayo mashyaka ye ya politiki. Yazize imyitwarire igayitse, ku muntu w’umwarimu, wagombye kuba ari umuturage ufite indangagaciro.

Icya kabiri, abafite amashyaka ya politiki mu Rwanda siko bose bafunze. Iyo ushinze ishyaka rya politiki rikemerwa, nyiraryo ahabwa rugari, agatanga ibitekerezo byubaka. Aho gufungwa abenshi tuzi ko bari mu myanya ifata ibyemezo nko mu Nteko Ishinga Amategeko n’ahandi. Hari n’abafite ibyo bita imitwe ya politiki itemewe, kandi baridegembya. Ingabire Victoire na Ntaganda Benard batanga ubuhamya.

Icya gatatu, kwiyicisha inzara ni si ibya none kuri Christopher Kayumba, kuko no mu buzima busanzwe ahitamo agasembuye kurusha ibyo kurya. Gutera ubwoba inzego zimufunze ngo azicwa n’inzara rero, byo nashaka abireke kuko ntawe utazi ko iyo gahunda yo kutarya cyangwa kurya gake gashoboka ayimaranye igihe.

Icya kane, mu nyandiko aherutse gushyira hanze, Dr Kayumba ntahakana ko ibyo aregwa bitabaye, ahubwo avuga ko aregwa icyaha cyabaye mu mwaka wa 2017.

Inama ya kigabo rero, yareka iyi mitwe, ahubwo akiga neza uko aziregura, yabona bitemera agasaba imbabazi.
Muri rusange, aba banyabyaha bigira abanyapolitiki, mbere yo kwishora mu mahano bagombye kujya babanza gutekereza ku ngaruka zayo, zirimo no gufungwa. Umutekano n’umudendezo dufite uyu munsi tubikomeyeho. Abashaka kubituvutsa rero bamenye ko bazishyura ikiguzi kiremereye.

2021-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Ubwanditsi 08 Jun 2023
Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ubwanditsi 20 Oct 2021
APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda  ari  i Kigali mu nama mpuzamahanga yiga ku ishoramari, 2016 Global African Investment Summit (TGAIS).
Mu Mahanga

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ari i Kigali mu nama mpuzamahanga yiga ku ishoramari, 2016 Global African Investment Summit (TGAIS).

Ubwanditsi 06 Sep 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe
Amakuru

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Ubwanditsi 22 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru