• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Al Nasr yo muri Libye yasezereye As Kigali mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, APR FC irakina umukino w’ikirararane na Police FC

Al Nasr yo muri Libye yasezereye As Kigali mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, APR FC irakina umukino w’ikirararane na Police FC

Ubwanditsi 17 Oct 2022 Amakuru, IMIKINO

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 16 Ukwakira 2022, nibwo ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu nikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup yasezerewe na Al Nasr yo mu Libye ku giteranyo cy’igitego kimwe ku busa.

Ni umukino watangiye ku isaha ya saa Moya z’ijoro zo mu mumujyi wa Benghazi ari  nayo saha yo mu Rwanda, watangiye amakipe yombi arnganya ubusa ku busa nk’umusaruro wabonetse mu mukino ubanza.

As Kigali yasabwaga gutsinda kugirango ikomeze mu kiciro cya nyuma cyashoboraga kuyigeza mu matsinda cyangwa se kunganya byibuze ku bitego runaka, ariko ntabwo byakundiye iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Byasabye iminota 70 gusa kugirango ikipe ya Al Nasr yari iri iwayo igere mu kindi kiciro, ni nyuma yaho yabonye igitego kimwe cyabonetse muri uyu mukino cyanatumye As Kigali ihita isezererwa.

Al Nasr SC de Benghazi ikaba yahise ibona itike yo kuyigeza mu ijonjora rya gatatu aho igomba gutegereza imwe mu makipe yasezerewe muri CAF Champions League kugirango bahatanire kugera mu matsinda y’uyu mwaka w’imikino.

Mu Rwanda, kuri uyu wa mbere ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, harabera umukino uri buhuze ikipe ya APR FC ndetse na Police FC.

 


Ni umukino shampiyona ugiye guhuza aya makipe yombi yagombaga kuba yarahuye ku munsi wa 3, gusa ntabwo wakinwe kuko ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yari mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League.

APR FC igiye gukina uyu mukino idafite umutoza mukuru Adil Erradi Mohamed wahagaritswe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ibi bivuze ko Ben Moussa wari umwungirije ari we uri bufate izi nshingano zo kuyobora iyi kipe.

Si umutoza gusa wahagaritswe kuko na Kapiteni wa APR FC, Manishimwe Djabel nawe yahagaritswe igihe kingana n’ukwezi kumwe atari mukazi ko gukinira iyi kipe ndetse no kuyibera Kapiteni.

2022-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Rayon Sports irakira APR FC mu mukino kwinjira mu myanya y’icyubahiro ari ibihumbi 100Frw, ibiranga umunsi wa 14 wa PNL

Rayon Sports irakira APR FC mu mukino kwinjira mu myanya y’icyubahiro ari ibihumbi 100Frw, ibiranga umunsi wa 14 wa PNL

Ubwanditsi 16 Dec 2022
Gasogi United yatangaje umugande Kiwanuka Paul nk’umutoza wayo w’agateganyo, imikino y’ibirarane yarangiye amakipe yose anganyije

Gasogi United yatangaje umugande Kiwanuka Paul nk’umutoza wayo w’agateganyo, imikino y’ibirarane yarangiye amakipe yose anganyije

Ubwanditsi 04 Nov 2022
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Ubwanditsi 28 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya
ITOHOZA

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016
Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina
Amakuru

Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Ubwanditsi 17 May 2023
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi
POLITIKI

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru