• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Feb 2018 IMIKINO

Bayern Munich yihanije Beşiktaş iyinyagira ibitego bitanu ku busa mu mikino ya 1/8 muri UEFA Champions League, Lionel Messi afasha FC Barcelona gukura inota rimwe kuri Chelsea mu mukino zanganyijemo igitego kimwe kuri kimwe asiba amateka mabi yari ayifiteho.

Chelsea ni imwe mu makipe Messi yari ataratsinda igitego mu nshuro umunani yari yarahuye nayo akaba yaraye akuyeho ayo mateka mabi kuri uyu wa Kabiri afasha ikipe ye kwishyura igitego yari yatsinzwe na Willian Borges da Silva, itahana inota rimwe.

Uyu mukino wari utegerejwe n’abafana benshi hirya no hino ku Isi, wabereye ku kibuga Stamford Bridge mu Bwongereza. Chelsea itahabwaga amahirwe ahanini kubera ibihe bibi imazemo iminsi, niyo yabonye uburyo bwinshi bwo gutsinda ibitego mu gice cya mbere harimo n’amashoti abiri Willian yateye akagarurwa n’inkingi z’izamu.

Uretse guhererekanya neza no kwiharira umupira, FC Barcelona nta buryo na bumwe bugana mu izamu mu minota 45 ya mbere yabonye ariko yakangutse Willian amaze kuyitsinda igitego cya mbere ku munota wa 62 ku ishoti ryo hanze y’urubuga rw’amahina yateye umunyezamu Marc-Andre ter Stegen ntiyakurikira.

Messi yacyishyuye ku munota wa 75 ku makosa ya myugariro Andreas Christensen. Ni igitego cya mbere yari abashije kwinjiza mu izamu rya Chelsea mu nshuro icyenda amaze guhura nayo ariko akaba ariwe mukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi mu mateka ahura n’amakipe yo mu Bwongereza muri rusange aho yayatsinze 18 akurikiwe na Ronaldo wayatsinze 11.

Mu wundi mukino, Beşiktaş yo muri Turikiya yari yasuye Bayern Munich mu Budage, ku mahirwe make mu minota 16 ya mbere ihita ihabwa ikarita y’umutuku ya myugariro Domagoj Vida wari ukoreye ikosa kuri Robert Lewandowski. Yihagazeho n’ubwo yari ifite abakinnyi 10, iminota 45 ya mbere irangira itsinzwe igitego kimwe cya Thomas Müller ku munota wa 43.

Mu gice cya kabiri nibwo yahuye n’ibibazo bikomeye, barayicenga cyane, Kingsley Coman ayitsinda igitego cya kabiri ku munota wa 53, Thomas Müller ashyiramo icya gatatu ku wa 66; Robert Lewandowski ashyiramo icya kane ku wa 79 anasoza akazi ku wa 88 atsinda icya gatanu.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu, saa 21:45

-  Sevilla vs Manchester United

-  Shakhtar Donetsk vs AS Roma

Abafana ba Chelsea FC bari babukereye i Stamford Bridge

Mbere y’umukino haririmbwe indirimbo yubahiriza UEFA Champions League

Antonio Conte yashidukaga ubwo Willian yateraga imipira ibiri ikagarurwa n’igiti cy’izamu

Marc-Andre ter Stegen yarebaga umupira ugana mu rushundura

Marc-Andre ter Stegen yirambuye umupira ananirwa kuwukuramo

Conte yishimira igitego cy’intsinzi

Willian yagoye ba myugariro ba FC Barcelona

Willian na bagenzi be bishimira intsinzi

Messi byamusabye iminota 730 kugira ngo yinjize igitego mu izamu rya Chelsea

Andreas Christensen yakoze amakosa yatumye ikipe ye itsindwa igitego

Lionel Messi yakuyeho agahigo ko gutsinda Chelsea bwa mbere mu myaka isaga irindwi ishize

Amafoto y’umukino wa Bayern inyagira Beşiktaş

Domagoj Vida yahawe ikarita itukura. Képler Laveran Lima Ferreira (wazamuye amaboko) ntiyabyumvaga

Kingsley Coman w’imyaka 21 niwe watsindiye Bayern Munich igitego cya kabiri

Abakinnyi ba Bayern Munich bishimira igitego cya Kingsley Coman

Robert Lewandowski yatsinze ibitego bibiri wenyine muri uyu mukino

Lewandowski yishimira igitego cya kane cya Bayern

Thomas Müller yishimira igitego cye cya kabiri

Thomas Müller yagoye Beşiktaş mu mukino yayibonyemo ibitego bibiri

2018-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga  REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 23 Jan 2024
PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022
Umuntu Ntaba Igihangange Gutyo Gusa Abigiramo Uruhare – Perezida Kagame

Umuntu Ntaba Igihangange Gutyo Gusa Abigiramo Uruhare – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Uganda Jackline Nabagesera Kasha yatawe muri yombi na Polisi i Kanombe
ITOHOZA

Umunya-Uganda Jackline Nabagesera Kasha yatawe muri yombi na Polisi i Kanombe

Ubwanditsi 12 May 2017
Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo
Mu Mahanga

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Ubwanditsi 04 Feb 2016
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro
UBUKUNGU

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru