• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Feb 2018 IMIKINO

Bayern Munich yihanije Beşiktaş iyinyagira ibitego bitanu ku busa mu mikino ya 1/8 muri UEFA Champions League, Lionel Messi afasha FC Barcelona gukura inota rimwe kuri Chelsea mu mukino zanganyijemo igitego kimwe kuri kimwe asiba amateka mabi yari ayifiteho.

Chelsea ni imwe mu makipe Messi yari ataratsinda igitego mu nshuro umunani yari yarahuye nayo akaba yaraye akuyeho ayo mateka mabi kuri uyu wa Kabiri afasha ikipe ye kwishyura igitego yari yatsinzwe na Willian Borges da Silva, itahana inota rimwe.

Uyu mukino wari utegerejwe n’abafana benshi hirya no hino ku Isi, wabereye ku kibuga Stamford Bridge mu Bwongereza. Chelsea itahabwaga amahirwe ahanini kubera ibihe bibi imazemo iminsi, niyo yabonye uburyo bwinshi bwo gutsinda ibitego mu gice cya mbere harimo n’amashoti abiri Willian yateye akagarurwa n’inkingi z’izamu.

Uretse guhererekanya neza no kwiharira umupira, FC Barcelona nta buryo na bumwe bugana mu izamu mu minota 45 ya mbere yabonye ariko yakangutse Willian amaze kuyitsinda igitego cya mbere ku munota wa 62 ku ishoti ryo hanze y’urubuga rw’amahina yateye umunyezamu Marc-Andre ter Stegen ntiyakurikira.

Messi yacyishyuye ku munota wa 75 ku makosa ya myugariro Andreas Christensen. Ni igitego cya mbere yari abashije kwinjiza mu izamu rya Chelsea mu nshuro icyenda amaze guhura nayo ariko akaba ariwe mukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi mu mateka ahura n’amakipe yo mu Bwongereza muri rusange aho yayatsinze 18 akurikiwe na Ronaldo wayatsinze 11.

Mu wundi mukino, Beşiktaş yo muri Turikiya yari yasuye Bayern Munich mu Budage, ku mahirwe make mu minota 16 ya mbere ihita ihabwa ikarita y’umutuku ya myugariro Domagoj Vida wari ukoreye ikosa kuri Robert Lewandowski. Yihagazeho n’ubwo yari ifite abakinnyi 10, iminota 45 ya mbere irangira itsinzwe igitego kimwe cya Thomas Müller ku munota wa 43.

Mu gice cya kabiri nibwo yahuye n’ibibazo bikomeye, barayicenga cyane, Kingsley Coman ayitsinda igitego cya kabiri ku munota wa 53, Thomas Müller ashyiramo icya gatatu ku wa 66; Robert Lewandowski ashyiramo icya kane ku wa 79 anasoza akazi ku wa 88 atsinda icya gatanu.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu, saa 21:45

-  Sevilla vs Manchester United

-  Shakhtar Donetsk vs AS Roma

Abafana ba Chelsea FC bari babukereye i Stamford Bridge

Mbere y’umukino haririmbwe indirimbo yubahiriza UEFA Champions League

Antonio Conte yashidukaga ubwo Willian yateraga imipira ibiri ikagarurwa n’igiti cy’izamu

Marc-Andre ter Stegen yarebaga umupira ugana mu rushundura

Marc-Andre ter Stegen yirambuye umupira ananirwa kuwukuramo

Conte yishimira igitego cy’intsinzi

Willian yagoye ba myugariro ba FC Barcelona

Willian na bagenzi be bishimira intsinzi

Messi byamusabye iminota 730 kugira ngo yinjize igitego mu izamu rya Chelsea

Andreas Christensen yakoze amakosa yatumye ikipe ye itsindwa igitego

Lionel Messi yakuyeho agahigo ko gutsinda Chelsea bwa mbere mu myaka isaga irindwi ishize

Amafoto y’umukino wa Bayern inyagira Beşiktaş

Domagoj Vida yahawe ikarita itukura. Képler Laveran Lima Ferreira (wazamuye amaboko) ntiyabyumvaga

Kingsley Coman w’imyaka 21 niwe watsindiye Bayern Munich igitego cya kabiri

Abakinnyi ba Bayern Munich bishimira igitego cya Kingsley Coman

Robert Lewandowski yatsinze ibitego bibiri wenyine muri uyu mukino

Lewandowski yishimira igitego cya kane cya Bayern

Thomas Müller yishimira igitego cye cya kabiri

Thomas Müller yagoye Beşiktaş mu mukino yayibonyemo ibitego bibiri

2018-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Ubwanditsi 26 Feb 2025
Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Ubwanditsi 13 Jun 2024
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo
Amakuru

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC
INKURU NYAMUKURU

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Ubwanditsi 02 Nov 2019
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo
Mu Mahanga

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru