• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ubwanditsi 16 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, ubuyobozi bwishyirahamwe ry’umukino wa cricket mu Rwanda hamwe n’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umukino wa cricket muri Africa bwana Justine Ligyalingi waruhagarariye impuzamashyirahamwe y’umukino wa cricket muri Africa ICC barikumwe n’abakapiteni bamakipe yose uko ari ibihugu 7 bigiye kwitabira imikino yamajonjora y’igikombe cy’isi mubagabo, kigiye kubera mu Rwanda ku nshuro yambere bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru mu rwego rwo gutangaza aho imyiteguro igeze.

Muri iki kiganiro umuyobozi ushinzwe ibikorwa mwishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda Bwana Emmanuel Byiringiro yatangarije itangazamakuru ko imyiteguro yagenze neza, amakipe yose yamaze kugera mu rwanda, amakipe yose yamaze gupimwa covid 19 kandi ntamuntu numwe wagaragaje ubwandu bwa koronavirusi!

Abajijwe kumyiteguro yikipe yigihugu yu Rwanda nikizere itanga,yatangaje ko abasore bu rwanda biteguye neza,bagize amahirwe yogukina imikino 5 nigihugu cya Ghana kimwe mubihugu bikomeye muri africa muri uyu mukino,ariko kandi avuga ko bitari byoroshye kubera icyorezo cya koronavirusi, avuga ko abasore burwanda icyizere ari cyose kandi intego ari ukwerekeza mugikombe cy’isi.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umukino wa cricket mu mpuzamashyirahamwe y’umukino wa cricket muri africa bwana JUSTINE Ligyalingi yatangaje ko guha u Rwanda kwakira amarushanwa mpuzamahanga agera kuri 4 byose byavuye mumitegurire myiza yamarushanwa yabanje nkiryo kwibuka abatutsi bazize jenoside muri Mata 1994, ryateguwe rikarangira ntamuntu numwe ugaragaje ubwandu bwa koronavirusi,iriheruka kuba yogushaka ticket y’igikombe cy’isi mubatarengeje imyaka 19.

Yatangaje kandi ibi nanone biterwa nimbaraga ubuyobozi bw’igihugu bushyira mukwirinda no mugukurira icyorezo cya koronavirusi!

Clinton Rubagumya kapiteni wikipe yigihugu yu Rwanda, yatangarije itangazamakuru ko ikibajyanye muri iri rushanwa,ari uguhangana noguharanira guhesha ishema u Rwanda, yagize ati “Twariteguye igisigaye nuguhangana,igihe cyo kuvuga cyarangiye ubu tugiye mugikorwa,ubuyobozi bw’igihugu bwakoze uruhare rwabo,ubuyobozi bwa RCA bukora uruhare rwabo,igisigaye ni uruhare rwabakinnyi kandi intego yabo nukwerekeza mugikombe cy’isi “

Abakapiteni bamakipe yitabiriye imikino Nyafurika yo gushaka ticket y’igikombe cy’isi muri cricket igiye kubera mu Rwanda,bose bahuriye ku myiteguro itaragenze neza kubera icyorezo cya covid 19, gusa bose bakavuga ko ikibazanye mu Rwanda ari ukwegukana intsinzi.

Ibihugu bigiye guhatanira iri rushanwa bigizwe n’u Rwanda rwakiriye, Lesotho, Seychelles Uganda, Ghana, Malawi ndetse na Eswatini, iyi mikino ikaba igomba gutangira kuri uyu wa gatandatu aho ibera muri IPRC Kigali ndetse no ku kibuga cya Cricket cya Gahanga.

2021-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Ubwanditsi 29 May 2024
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 27 Jan 2023
P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi

P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi

RUSHYASHYA 26 Jun 2026
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.
Amakuru

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18
Mu Rwanda

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

Ubwanditsi 04 Oct 2017
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda
ITOHOZA

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru