• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ubwanditsi 16 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, ubuyobozi bwishyirahamwe ry’umukino wa cricket mu Rwanda hamwe n’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umukino wa cricket muri Africa bwana Justine Ligyalingi waruhagarariye impuzamashyirahamwe y’umukino wa cricket muri Africa ICC barikumwe n’abakapiteni bamakipe yose uko ari ibihugu 7 bigiye kwitabira imikino yamajonjora y’igikombe cy’isi mubagabo, kigiye kubera mu Rwanda ku nshuro yambere bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru mu rwego rwo gutangaza aho imyiteguro igeze.

Muri iki kiganiro umuyobozi ushinzwe ibikorwa mwishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda Bwana Emmanuel Byiringiro yatangarije itangazamakuru ko imyiteguro yagenze neza, amakipe yose yamaze kugera mu rwanda, amakipe yose yamaze gupimwa covid 19 kandi ntamuntu numwe wagaragaje ubwandu bwa koronavirusi!

Abajijwe kumyiteguro yikipe yigihugu yu Rwanda nikizere itanga,yatangaje ko abasore bu rwanda biteguye neza,bagize amahirwe yogukina imikino 5 nigihugu cya Ghana kimwe mubihugu bikomeye muri africa muri uyu mukino,ariko kandi avuga ko bitari byoroshye kubera icyorezo cya koronavirusi, avuga ko abasore burwanda icyizere ari cyose kandi intego ari ukwerekeza mugikombe cy’isi.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umukino wa cricket mu mpuzamashyirahamwe y’umukino wa cricket muri africa bwana JUSTINE Ligyalingi yatangaje ko guha u Rwanda kwakira amarushanwa mpuzamahanga agera kuri 4 byose byavuye mumitegurire myiza yamarushanwa yabanje nkiryo kwibuka abatutsi bazize jenoside muri Mata 1994, ryateguwe rikarangira ntamuntu numwe ugaragaje ubwandu bwa koronavirusi,iriheruka kuba yogushaka ticket y’igikombe cy’isi mubatarengeje imyaka 19.

Yatangaje kandi ibi nanone biterwa nimbaraga ubuyobozi bw’igihugu bushyira mukwirinda no mugukurira icyorezo cya koronavirusi!

Clinton Rubagumya kapiteni wikipe yigihugu yu Rwanda, yatangarije itangazamakuru ko ikibajyanye muri iri rushanwa,ari uguhangana noguharanira guhesha ishema u Rwanda, yagize ati “Twariteguye igisigaye nuguhangana,igihe cyo kuvuga cyarangiye ubu tugiye mugikorwa,ubuyobozi bw’igihugu bwakoze uruhare rwabo,ubuyobozi bwa RCA bukora uruhare rwabo,igisigaye ni uruhare rwabakinnyi kandi intego yabo nukwerekeza mugikombe cy’isi “

Abakapiteni bamakipe yitabiriye imikino Nyafurika yo gushaka ticket y’igikombe cy’isi muri cricket igiye kubera mu Rwanda,bose bahuriye ku myiteguro itaragenze neza kubera icyorezo cya covid 19, gusa bose bakavuga ko ikibazanye mu Rwanda ari ukwegukana intsinzi.

Ibihugu bigiye guhatanira iri rushanwa bigizwe n’u Rwanda rwakiriye, Lesotho, Seychelles Uganda, Ghana, Malawi ndetse na Eswatini, iyi mikino ikaba igomba gutangira kuri uyu wa gatandatu aho ibera muri IPRC Kigali ndetse no ku kibuga cya Cricket cya Gahanga.

2021-10-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022
Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga  kubera kwishongora (ikimenyetso)

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga kubera kwishongora (ikimenyetso)

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye  ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi

Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi

Ubwanditsi 08 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we
Mu Rwanda

GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 27 Jan 2023
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde
Mu Mahanga

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Ubwanditsi 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru