• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Ntamuhanga Cassien watorotse Gereza

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Ubwanditsi 09 Nov 2017 Mu Rwanda

Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa,RCS, ruracyashakisha abagororwa batatu bacitse Gereza ya Mpanga (Nyanza) mu cyumweru gishize,

Umuvugizi w’uru rwego yatangaje ko hari ibihembo k’uzatanga amakuru yageza ku ifatwa ryabo.

Cassien Ntamuhanga, Sibomana Kirenge na Batambarije Theogene mu ijoro rishyira kuwa 31 Ukwakira batorotse gereza buriye urukuta rwayo bakoresheje umugozi, RCS ivuga ko ari umugozi wakozwe mu myenda yabo.

Kugeza ubu aba ntibarafatwa, gucika kwabo CIP Hilary Sengabo umuvugizi wa RCS, avuga ko kugeza ubu nta bimenyetso biragaragaza ko hari umucungagereza wabibafashijemo.

Hari abantu bagiye bakemanga gukomera kw’imigozi aba bagororwa buririyeho, CIP Sengabo avuga ko biterwa n’uko baba bayirebera kure (ku mafoto RCS yatanze).

Ati “Abo babivuga ni uko batayigezeho ngo bayirebe. Yari ikoze mu mishumi y’imyenda yabo n’ubudeyi kandi ibyo ni ibikoresho bikomeye. Ababivuga kuriya ni kuko babibonera kure.”

CIP Sengabo avuga ko bibaye hari umucungagereza wabibafashijemo yari kubafungurira bagacika kuko kurira ruriya rukuta rurerure bikomeye kandi hejuru yarwo hari na senyenge.

Yemeza ko bateye uwo mugozi inyuma bakawuriririraho bagacika.

Ati “Ibimenyetso bifatika dufite bigaragaza ko nta ruhare abacungagereza babigizemo.”

RCS ngo irasaba abaturage gukomeza gufatanya n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano gushakisha aba bafungwa.

CIP Sengabo avuga ko hari ibihembo ku uzatanga amakuru azabafatisha.

Ati “Abatanga ubufasha mu gutuma bafatwa ibyo aribyo byose bashimirwa n’ubwo bitaba amafaranga ariko bashimirwa.”

Muri bariya bacitse harimo Cassien Ntamuhanga wahoze ari umunyamakuru kuri Amazing Grace Radio akaza guhamwa mu nkiko n’ibyaha bikomeye agahanishwa gufungwa imyaka 25.

Ntamuhanga yavutse mu 1982, indangamuntu ye (Numero 1 1982 800 02240 1 76) yayifatiye mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara.

Ntamuhanga amaze gukatirwa n’inkiko yabanje gufungirwa muri Gereza ya Gasabo (yahoze Kimironko), ayivanwamo ajyanwa muri gereza ya Miyove (Byumba) ayivanwamo nayo ajyanwa muri gereza ya Mpanga ari nayo aheruka gucika.

 

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi
Mu Mahanga

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.
Amakuru

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Ubwanditsi 30 May 2021
Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 05 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru