• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Ntamuhanga Cassien watorotse Gereza

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Ubwanditsi 09 Nov 2017 Mu Rwanda

Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa,RCS, ruracyashakisha abagororwa batatu bacitse Gereza ya Mpanga (Nyanza) mu cyumweru gishize,

Umuvugizi w’uru rwego yatangaje ko hari ibihembo k’uzatanga amakuru yageza ku ifatwa ryabo.

Cassien Ntamuhanga, Sibomana Kirenge na Batambarije Theogene mu ijoro rishyira kuwa 31 Ukwakira batorotse gereza buriye urukuta rwayo bakoresheje umugozi, RCS ivuga ko ari umugozi wakozwe mu myenda yabo.

Kugeza ubu aba ntibarafatwa, gucika kwabo CIP Hilary Sengabo umuvugizi wa RCS, avuga ko kugeza ubu nta bimenyetso biragaragaza ko hari umucungagereza wabibafashijemo.

Hari abantu bagiye bakemanga gukomera kw’imigozi aba bagororwa buririyeho, CIP Sengabo avuga ko biterwa n’uko baba bayirebera kure (ku mafoto RCS yatanze).

Ati “Abo babivuga ni uko batayigezeho ngo bayirebe. Yari ikoze mu mishumi y’imyenda yabo n’ubudeyi kandi ibyo ni ibikoresho bikomeye. Ababivuga kuriya ni kuko babibonera kure.”

CIP Sengabo avuga ko bibaye hari umucungagereza wabibafashijemo yari kubafungurira bagacika kuko kurira ruriya rukuta rurerure bikomeye kandi hejuru yarwo hari na senyenge.

Yemeza ko bateye uwo mugozi inyuma bakawuriririraho bagacika.

Ati “Ibimenyetso bifatika dufite bigaragaza ko nta ruhare abacungagereza babigizemo.”

RCS ngo irasaba abaturage gukomeza gufatanya n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano gushakisha aba bafungwa.

CIP Sengabo avuga ko hari ibihembo ku uzatanga amakuru azabafatisha.

Ati “Abatanga ubufasha mu gutuma bafatwa ibyo aribyo byose bashimirwa n’ubwo bitaba amafaranga ariko bashimirwa.”

Muri bariya bacitse harimo Cassien Ntamuhanga wahoze ari umunyamakuru kuri Amazing Grace Radio akaza guhamwa mu nkiko n’ibyaha bikomeye agahanishwa gufungwa imyaka 25.

Ntamuhanga yavutse mu 1982, indangamuntu ye (Numero 1 1982 800 02240 1 76) yayifatiye mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara.

Ntamuhanga amaze gukatirwa n’inkiko yabanje gufungirwa muri Gereza ya Gasabo (yahoze Kimironko), ayivanwamo ajyanwa muri gereza ya Miyove (Byumba) ayivanwamo nayo ajyanwa muri gereza ya Mpanga ari nayo aheruka gucika.

 

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025
Bishop Rugagi yarekuwe

Bishop Rugagi yarekuwe

Ubwanditsi 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 
Amakuru

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Ubwanditsi 15 Oct 2024
Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN
IMIKINO

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru