• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Ubwanditsi 03 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nk’uko byatangajwe na Radio Okapi y’ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, tariki 02 Mutarama 2023, umutwe wa M23 wakubise inshuro abarwanyi ba FDLR bunganira ingabo za Kongo ku rugamba, maze ubambura agace ka Kisharo, muri Gurupoma ya Binza, Teritwari ya Rushuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Kisharo iri mu bilometero nka 20 uvuye ku mupaka wa Ishasha, uhuza Kongo na Uganda, kakaba agace kazwiho ubukungu bushingiye ku bucuruzi bw’amafi.

Kwirukanwa mu birindiro byo nta gishya kirimo, kuko igihe cyose bacokoje M23 yabahaye isomo ry’ikinyabupfura. Igishya ahubwo ni uko,  nubwo Radio Okapi ya Monusco itatangaje igihe FDLR yafatiye ako gace, bibaye ubwa mbere Monusco itangaza ko  uyu mutwe w’abajenosideri ufatanya n’igisirikari cya Kongo, FARDC, ibintu ubutegetsi bw’ i Kinshasa bwakomeje guhakana bwivuye inyuma.

Iyi nkuru kandi itangajwe nyuma y’iminsi 4 gusa hasohotse icyegeranyo cy’ Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi , nacyo cyagaragaje ubufatanye hagati ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro, ariko cyane cyane uw’abajenosideri wa FDLR, ndetse uwo muryango usaba Leta ya Kongo guhagarika ubwo bufatanye, kimwe n’imvugo zibiba urwango, zikibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’abatutsi. Ese iyo ushinjwa gufatanya n’abajenosideri, harya ubwo wowe uba uri iki? Nubwo abategetsi ba Kongo bibeshya ko bazakomeza gutwika inzu bagahisha umwotsi, bajye bazirikana ko jenoside ari icyaha kidasaza!

Kongo ikomeje kugaragaza ubushake buke mu kugarura umutekano muri icyo gihugu. Imyanzuro ya Luanda na Naïrobi  isaba ko imitwe yose yitajwe intwaro izishyira hasi, iy’abanyamahanga igataha mu bihugu byabo, ariko Perezida Tshisekedi n’abambari be bo ntibabikozwa, ahubwo bahisemo gukomeza kuba  umufatanyabikorwa wa FDLR, Mayi-Mayi, PARECO, URDPC, n’iyindi.

Hagati aho, umutwe wa M23 wo watangiye gushyira mu bikorwa iyo myanzuro, urekura agace ka Kibumba wari warigaruriye, ndetse ukaba uvuga ko witeguye no kuva muri Rumangabo na Kishishe mu minsi mike iri imbere. Abasesenguzi basanga iki ari igitego  M23 itsinze mu rwego rwa dipolomasi, mu gihe ubutegetsi bwa Kongo bwo bukomeza gutakarizwa icyizere, kubera kwanga kwitandukanya n’imitwe y’abicanyi,  no kwibasira abaturage b’inzirakarengane bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda.

Ikindi gituma ubutegetsi bwa Tshisekedi burushaho kurebwa nabi n’Umuryango Mpuzamahanga, ni ukwiyambaza umutwe wa WAGNER w’abacanshuro b’Abarusiya. Ibi biragagaragara nko gusuzugura umurava n’ubushake bw’abagerageza gushakira ikibazo cya Kongo umuti binyuze mu nzira y’ibiganiro, ariko Kongo yo ikaba ishakira igisubizo mu kumena amaraso.

Ujya gutsindwa afata uwo abonye wese nk’umwanzi, harimo n’abashaka kumufasha. Nyuma yo kwikoma uRwanda, Monusco ndetse na Uganda bavuga ko aribyo muzi w’ingorane za Kongo, ubu noneho abanyapolitiki bo muri icyo gihugu batangiye gushishikariza abaturage kwibasira ingabo za Kenya ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, bwo kugarura amahoro n’umutekano muri Kongo. Ingabo za Kenya zirashijwa kuba ibyitso bya M23 kuko zahisemo kumvikana n’uwo mutwe, aho kuwushoraho intambara zizi neza ko nta gisubizo yatanga.

 Nyamara ababikurikiranira hafi bemeza ko iyi nzira y’ubwumvikane yari yatangiye no gutanga umusaruro, kuko M23 yemeraga gushyira uduce yafashe mu biganza by’izo ngabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, mu gihe hagishakishwa izindi nzira zagarura amahoro n’umutekano muri Kongo. Iby’ibiganiro Leta ya Kongo ntibikozwa, ndetse igashishikariza abaturage bayo kubamagana, ari nayo mpamvu basaba ingabo za Kenya kugaba ibitero kuri M23, bitaba ibyo zigahambira utwazo. Uwavuga ko akavuyo mu burasirazuba bwa Kongo aribwo kaza, ubanza ataba yibeshye.

2023-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Ubwanditsi 15 Mar 2023
Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Ubwanditsi 08 Nov 2021
Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 06 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda
POLITIKI

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru