• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Ubwanditsi 03 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nk’uko byatangajwe na Radio Okapi y’ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, tariki 02 Mutarama 2023, umutwe wa M23 wakubise inshuro abarwanyi ba FDLR bunganira ingabo za Kongo ku rugamba, maze ubambura agace ka Kisharo, muri Gurupoma ya Binza, Teritwari ya Rushuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Kisharo iri mu bilometero nka 20 uvuye ku mupaka wa Ishasha, uhuza Kongo na Uganda, kakaba agace kazwiho ubukungu bushingiye ku bucuruzi bw’amafi.

Kwirukanwa mu birindiro byo nta gishya kirimo, kuko igihe cyose bacokoje M23 yabahaye isomo ry’ikinyabupfura. Igishya ahubwo ni uko,  nubwo Radio Okapi ya Monusco itatangaje igihe FDLR yafatiye ako gace, bibaye ubwa mbere Monusco itangaza ko  uyu mutwe w’abajenosideri ufatanya n’igisirikari cya Kongo, FARDC, ibintu ubutegetsi bw’ i Kinshasa bwakomeje guhakana bwivuye inyuma.

Iyi nkuru kandi itangajwe nyuma y’iminsi 4 gusa hasohotse icyegeranyo cy’ Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi , nacyo cyagaragaje ubufatanye hagati ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro, ariko cyane cyane uw’abajenosideri wa FDLR, ndetse uwo muryango usaba Leta ya Kongo guhagarika ubwo bufatanye, kimwe n’imvugo zibiba urwango, zikibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’abatutsi. Ese iyo ushinjwa gufatanya n’abajenosideri, harya ubwo wowe uba uri iki? Nubwo abategetsi ba Kongo bibeshya ko bazakomeza gutwika inzu bagahisha umwotsi, bajye bazirikana ko jenoside ari icyaha kidasaza!

Kongo ikomeje kugaragaza ubushake buke mu kugarura umutekano muri icyo gihugu. Imyanzuro ya Luanda na Naïrobi  isaba ko imitwe yose yitajwe intwaro izishyira hasi, iy’abanyamahanga igataha mu bihugu byabo, ariko Perezida Tshisekedi n’abambari be bo ntibabikozwa, ahubwo bahisemo gukomeza kuba  umufatanyabikorwa wa FDLR, Mayi-Mayi, PARECO, URDPC, n’iyindi.

Hagati aho, umutwe wa M23 wo watangiye gushyira mu bikorwa iyo myanzuro, urekura agace ka Kibumba wari warigaruriye, ndetse ukaba uvuga ko witeguye no kuva muri Rumangabo na Kishishe mu minsi mike iri imbere. Abasesenguzi basanga iki ari igitego  M23 itsinze mu rwego rwa dipolomasi, mu gihe ubutegetsi bwa Kongo bwo bukomeza gutakarizwa icyizere, kubera kwanga kwitandukanya n’imitwe y’abicanyi,  no kwibasira abaturage b’inzirakarengane bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda.

Ikindi gituma ubutegetsi bwa Tshisekedi burushaho kurebwa nabi n’Umuryango Mpuzamahanga, ni ukwiyambaza umutwe wa WAGNER w’abacanshuro b’Abarusiya. Ibi biragagaragara nko gusuzugura umurava n’ubushake bw’abagerageza gushakira ikibazo cya Kongo umuti binyuze mu nzira y’ibiganiro, ariko Kongo yo ikaba ishakira igisubizo mu kumena amaraso.

Ujya gutsindwa afata uwo abonye wese nk’umwanzi, harimo n’abashaka kumufasha. Nyuma yo kwikoma uRwanda, Monusco ndetse na Uganda bavuga ko aribyo muzi w’ingorane za Kongo, ubu noneho abanyapolitiki bo muri icyo gihugu batangiye gushishikariza abaturage kwibasira ingabo za Kenya ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, bwo kugarura amahoro n’umutekano muri Kongo. Ingabo za Kenya zirashijwa kuba ibyitso bya M23 kuko zahisemo kumvikana n’uwo mutwe, aho kuwushoraho intambara zizi neza ko nta gisubizo yatanga.

 Nyamara ababikurikiranira hafi bemeza ko iyi nzira y’ubwumvikane yari yatangiye no gutanga umusaruro, kuko M23 yemeraga gushyira uduce yafashe mu biganza by’izo ngabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, mu gihe hagishakishwa izindi nzira zagarura amahoro n’umutekano muri Kongo. Iby’ibiganiro Leta ya Kongo ntibikozwa, ndetse igashishikariza abaturage bayo kubamagana, ari nayo mpamvu basaba ingabo za Kenya kugaba ibitero kuri M23, bitaba ibyo zigahambira utwazo. Uwavuga ko akavuyo mu burasirazuba bwa Kongo aribwo kaza, ubanza ataba yibeshye.

2023-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Ubwanditsi 03 May 2016
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida
ITOHOZA

Padiri Nahimana yemeje itariki ntarengwa yo kuza mu Rwanda kwiyamamaza kuba Perezida

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC  basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 
Amakuru

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Ubwanditsi 21 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru