• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 06 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ku mukino w’ikirarane wahuzaga ikipe ya Police FC na Musanze , ikipe ya Police FC itahanye amanota 3 aho itsinze Musanze ibitego 2-1. Umukino wabaye Police FC idafite zimwe mu nkingi za mwamba nka Danny Usengimana, Mushimiyimana Mouhamed ndetse n’umuzamu Mvuyekure Emery.

Ikipe ya Police FC yatangiranye ishyaka ryinshi ubona ko ikeneye amanota atatu, ku munota wa gatatu gusa rutahizamu Nshuti Idesbald asigaranye n’umuzamu ahusha uburyo bwabazwe.

Abasore ba Cassa ntabwo bacitse intege, nyuma yo kuzamuka neza myugariro Muvandimwe JMV yahaye umupira mwiza Songa Isaie ku munota wa 23 nawe ntiyazuyaza ikipe ya Police FC iba yinjije igitego cya mbere.

Ikipe ya Musanze yabaye nkikanguka ishaka kwishyura, ariko Police nayo igakomeza kuyotsa igitutu izamuka cyane. Kalisa Rachid wabonaga hagati akina neza cyane aho yanabyerekanye ku munota wa 32 atanga umupira uvamo igitego naho rutahizamu Nshuti Idesbald ateramo n’umutwe bibiri bya Police FC biba biranyoye.

Nyuma y’iminota ine gusa ikipe ya Musanze yagomboye igitego kimwe ku makosa y’uburangare hagati y’umuzamu Marcel Nzarora na myugariro Mugabo Gabriel, igice cya mbere cyarangiye ari ibitego 2-1, mu gihe Police FC yari imaze gutera koloneli 6 Musanze nta n’mwe.

Igice cya kabiri abasore ba Police FC basatiriye cyane ikipe ya Musanze ariko ntibabasha kugira ikindi gitego bashyiramo. Aha twavuga nk’igihe rutahizamu Songa Isaie ku munota wa 76 ubwo yari asigaranye n’umuzamu wa Musanze agatera umupira ugafata umutambiko.

Umukino warangiye ikipe ya Police FC itsinze Musanze ibitego 2-1, byatumye izamuka ku rutonde rw’agateganyo, ubu ikaba ifite amanota 24 mu mikino 12 aho ihagaze ku mwanya wa gatanu.

Nyuma y’umukino umutoza wa Police FC Cassa Mbungo André yatangaje ko ntacyo yanenga abakinnyi be. Yagize ati: ” abakinnyi banjye bitwaye neza cyane bagerageje gusatira ariko kubyaza amahirwe umusaruro bikanga, ibi birimo n’umunaniro bakuye muri Sudan ariko muri rusange bitwaye neza”.

RNP

2016-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 30 May 2019
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Fears as Burundi starts census to register foreigners
ITOHOZA

Fears as Burundi starts census to register foreigners

Ubwanditsi 03 Mar 2016
FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!
Amakuru

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

Ubwanditsi 23 Feb 2021
U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026
Amakuru

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru