Kuri iki cyumweru tariki ya 2 Gashyantare 2025, muri Petit Stade nibo hasojwe irushanwa ry’intwari muri Volleyball, igikombe cyegukanywe n’ikipe ya Kepler VC mu bagabo na Police WVC mu bagore.
Ni irushanwa ritegurwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB).
Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’amakipe 16 mu byiciro byombo, mu Bagabo n’abagore ryari ryatangiye ku wa Gatanu w’icyumweru cyaraye gisojwe.
Umukino wabanje kuba, Mu bagore ikipe ya Kepler WVC yatsinze RRA WVC amaseti 3-1 (21-25, 25-18-25, 19-25), mu gihe mu bagabo Police VC yatsinze APR VC amaseti 3-0 (21-25, 18-25, 23-25).
Nyuma y’iyi mikino yombi niyo hakinwe ikikino ya nyuma mu byiciro byombi, ni imikino nayo yabereye muri Petit Stade.
Mu Bagore, ikipe ya APR WVC niyo yatangiye neza muri uyu mukino yegukana iseti ya mbere ku manota 25-16, Iya kabiri yegukanywe na Police WVC ku manota 25-19, iya gatatu itwarwa na APR WVC itsinze 25-23, iya kane iba iya Police WVC kuri 26-24, mu gihe iya nyuma yatwawe na Police WVC itsinze 15-10, ihita inatwara Igikombe.
Umukino wa nyuma mu Bagabo ni uwahuje Kepler VC na REG VC zageze ku mukino wa nyuma nyuma yo gusezerera APR VC na Police VC.
Kepler yatangiye neza muri uyu mukino yatsinze amaseti abiri ya mbere ku manota 25-17 na 25-23. Iya gatatu yegukanywe na REG VC ku manota 25-23.
Iseti ya kane yari ikomeye kuri uyu munsi, yegukanywe na Kepler VC imaze gutsinda REG VC amanota 36-34, ihita inegukana Igikombe cy’Intwari cya 2025.
Hasozwa iyi imikino, abayobozi mu nzego zitandukanye bari bitabiriye iyi mikino, harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), Nkusi Deo n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis.
Amakipe yose yamaze gukina iri rushanwa agomba guhita atangira kwitegura umunsi wa 10 ndetse n’uwa 9 wa Shampiyona ya Volleyball iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.