• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Ubwanditsi 28 Aug 2017 ITOHOZA

Urubanza rw’ubujurire rwa Octavien Ngenzi na Tito Barahira, bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ruzaburanishwa muri Mata na Kamena mu mwaka wa 2018, naho urukiko rw’ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa ruzumva Padiri wensislas Munyeshyaka mu kwezi k’Ugushyingo mu 2017.gusa perezida w’ ishyirahamwe riharanira ko abakoze Jenoside bari mu Bufaransa baburanishwa Alain Gotien avuga ko batamenyeshejwe iby’ubujurire, ahubwo bamenyeshejwe itariki y’urubanza nyirizina gusa.

-7758.jpg

Octavien Ngenzi na Tito Barahira

Yagize ati”kugeza ubu icyo twamenyeshejwe n’itariki urubanza rw’ubujurire ruzaberaho ruzatangira tariki 17 Mata rugeze kuri 6 Nyakanga 2018, bishatse kuvuga ko urubanza ruzamara amezi abiri cyangwa abiri n’igice gusa ntituzi neza ikizatuma urubanza rumara igihe kirekire gutya ,ikintu kimwe twakwisabira nuko bakwiriye kuzirikana nk’ibibazo by’ubuzima bya Tito kuko ajya ku mashini zunganira impyiko inshuro eshatu mu cyumweru ku buryo mw’iburanishwa rya mbere abantu benshi bagaragaje ko byashoboraga kumunaniza cyane.”

Mu kwezi kwa Nyakanga umwaka ushize nibwo aba bagabo bombi bayoboye Komini Kabarondo bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi n’ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyoko muntu bahita bajurira.

Indi dosiye yongeye kuburwa ni iya Padiri wensislas Munyeshyaka wari muri paruwasi ya sainte Famille I Kigali mu mwaka w’1994, muri iki cyumweru nibwo hatangajwe ko ubujujrire bw’abamurega buzumvwa mu rukiko rw’ubujurire rw’I Paris.

-7759.jpg

Padiri wensislas Munyeshyaka

Alain akomeza avuga ko urubanza rwa Munyeshyaka Parike yari yatesheje agaciro ikirego, icyifuzo kinakurikizwa n’abacamanza bakora amaperereza, ariko bakurikije imiterere y’idosiye ntibarikwemera iki cyemezo niyo mpamvu bakijuririye none nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri ubusabe bwabo bukaba aribwo bugiye gusuzumwa, Ati” ku itariki 8 Ugushyingo 2017 tuzabimenya niba bazaha agaciro ubujurire bwacu”.

Gusa Alain ahamyaka ko hari amadosiye ari mu Bufaransa ataragira icyo akorwaho kandi kuva mu kwezi kwa mutarama 2017 babamenyesheje ko amaperereza yayakorwagaho yarangiye. Harimo iy’uwitwa Jean Claude Muhayimana wo ku Kibuye,Sosthene Munyemana wari umuganga I Butare na colonel S,Laurent wari umugaba wungirije w’ingabo za cyera n’abandi.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ubwanditsi 30 May 2018
Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu
POLITIKI

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.
Amakuru

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021
Umudiho uva mu itako
ITOHOZA

Umudiho uva mu itako

Ubwanditsi 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru