• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Amatariki y’ubujurire bwa Tito Barahira na Octavien Ngenzi yamenyekanye.

Ubwanditsi 28 Aug 2017 ITOHOZA

Urubanza rw’ubujurire rwa Octavien Ngenzi na Tito Barahira, bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ruzaburanishwa muri Mata na Kamena mu mwaka wa 2018, naho urukiko rw’ubujurire rw’i Paris mu Bufaransa ruzumva Padiri wensislas Munyeshyaka mu kwezi k’Ugushyingo mu 2017.gusa perezida w’ ishyirahamwe riharanira ko abakoze Jenoside bari mu Bufaransa baburanishwa Alain Gotien avuga ko batamenyeshejwe iby’ubujurire, ahubwo bamenyeshejwe itariki y’urubanza nyirizina gusa.

-7758.jpg

Octavien Ngenzi na Tito Barahira

Yagize ati”kugeza ubu icyo twamenyeshejwe n’itariki urubanza rw’ubujurire ruzaberaho ruzatangira tariki 17 Mata rugeze kuri 6 Nyakanga 2018, bishatse kuvuga ko urubanza ruzamara amezi abiri cyangwa abiri n’igice gusa ntituzi neza ikizatuma urubanza rumara igihe kirekire gutya ,ikintu kimwe twakwisabira nuko bakwiriye kuzirikana nk’ibibazo by’ubuzima bya Tito kuko ajya ku mashini zunganira impyiko inshuro eshatu mu cyumweru ku buryo mw’iburanishwa rya mbere abantu benshi bagaragaje ko byashoboraga kumunaniza cyane.”

Mu kwezi kwa Nyakanga umwaka ushize nibwo aba bagabo bombi bayoboye Komini Kabarondo bakatiwe gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi n’ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyoko muntu bahita bajurira.

Indi dosiye yongeye kuburwa ni iya Padiri wensislas Munyeshyaka wari muri paruwasi ya sainte Famille I Kigali mu mwaka w’1994, muri iki cyumweru nibwo hatangajwe ko ubujujrire bw’abamurega buzumvwa mu rukiko rw’ubujurire rw’I Paris.

-7759.jpg

Padiri wensislas Munyeshyaka

Alain akomeza avuga ko urubanza rwa Munyeshyaka Parike yari yatesheje agaciro ikirego, icyifuzo kinakurikizwa n’abacamanza bakora amaperereza, ariko bakurikije imiterere y’idosiye ntibarikwemera iki cyemezo niyo mpamvu bakijuririye none nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri ubusabe bwabo bukaba aribwo bugiye gusuzumwa, Ati” ku itariki 8 Ugushyingo 2017 tuzabimenya niba bazaha agaciro ubujurire bwacu”.

Gusa Alain ahamyaka ko hari amadosiye ari mu Bufaransa ataragira icyo akorwaho kandi kuva mu kwezi kwa mutarama 2017 babamenyesheje ko amaperereza yayakorwagaho yarangiye. Harimo iy’uwitwa Jean Claude Muhayimana wo ku Kibuye,Sosthene Munyemana wari umuganga I Butare na colonel S,Laurent wari umugaba wungirije w’ingabo za cyera n’abandi.

Norbert Nyuzahayo

2017-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.
Amakuru

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024
Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo
Mu Mahanga

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Pasiteri Antoine Rutayisire yemeje ko mu Rwanda hari abapasiteri bari muri Illuminati bakorana nayo mwibanga!!!
Mu Rwanda

Pasiteri Antoine Rutayisire yemeje ko mu Rwanda hari abapasiteri bari muri Illuminati bakorana nayo mwibanga!!!

Ubwanditsi 01 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru