• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Ubwanditsi 16 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kabiri itsinze Croatia ibitego 4-2, mu mukino w’ishiraniro waberaga kuri Luzhniki Stadium.

Wari umukino wa 64 w’iri rushanwa rimaze ukwezi ribera ku bibuga 12 bitandukanye byo mu Burusiya. U Bufaransa bwaherukaga kwegukana Igikombe cy’Isi mu 1998.

Igitego cya mbere cy’u Bufaransa muri uyu mukino cyabonetse ku munota wa 18 cyitsinzwe na Mario Mandžukić ku mupira wari utewe na Antoine Griezmann. Byatumye Mandžukić w’imyaka 32 ukinira Juventus yo mu Butaliyani, aba umukinnyi wa mbere witsinze igitego mu mukino wa nyuma mu mateka y’Igikombe cy’Isi.

Ivan Perišić yaje kwishyura icyo gitego ku munota wa 28, gusa aza no gusubiza amahirwe ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ubwo yakoraga umupira n’ukuboko, bituma umusifuzi Nestor Pitana ukomoka muri Argentine atanga penaliti, nyuma yo gushishoza neza yifashishije ikoranabuhanga ry’amashusho, VAR.

Antoine Griezmann yahise ayinjiza neza ku munota wa 38 ndetse igice cya mbere cy’umukino kirangira gityo.

Igice cya kabiri cyatangiye amakipe yombi agerageza kubona igitego, u Bufaransa bushaka gushimangira intsinzi mu gihe Croatia yashakaga igitego cyo kwishyura, ngo irebe niba yagaruka mu mukino.

Croatia yatangiye isatira, ariko inzozi zayo zirangizwa n’igitego cyatsinzwe na Paul Pogba ukinira Manchester United ku ishoti riremereye yateye ku munota wa 59. Uyu ni na we mukinnyi wa mbere ukinira Manchester United wakoze amateka yo kubona igitego mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Kylian Mbappé w’imyaka 19 n’iminsi 207 yaje gushyiramo agashinguracumu, akaba yanabaye umukinnyi muto wa kabiri ubonye igitego mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, nyuma y’Umunya-Brazil, Edson Arantes do Nascimento Pelé wabikoze mu 1958 ubwo yari afite imyaka 17 n’iminsi 249.

Ku munota wa 69 Mandžukić yabonye igitego cya kabiri cya Croatia, ku makosa akomeye y’umunyezamu Hugo Lloris waherejwe umupira woroshye na myugariro we, Samuel Umtiti, ariko awumutera mu maguru na we awuboneza mu rushundura.

Iki gikombe cy’Isi gisize amateka ko uyu mukino wa nyuma ari wo wabonetsemo ibitego bigera kuri bitatu mu gice cya mbere cy’umukino, bikaba byaherukaga mu 1974 ubwo u Budage bwatsindaga u Buholandi 2-1.

Umutoza w’u Bufaransa, Didier Deschamps, yahise aba umuntu wa gatatu utwaye Igikombe cy’Isi nk’umukinnyi akongera akagitwara nk’umutoza, nyuma y’Umunya-Brazil Mário Zagallo n’Umudage Franz Beckenbauer.

Intsinzi y’u Bufaransa igumishijeho agahigo ko kuba nta kipe yarangije igice cya mbere yatsinzwe ngo ihindukane mukeba imutware igikombe, uretse Uruguay iheruka kubikora mu 1930 ubwo yatsindaga Argentine.

Imbamutima z’abarebeye umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi muri KCC

Mu gihe abafana bagera ku 78011 bari bicaye muri Luzhniki Stadium bareba imbonankubone umukino, abandi batari bake bahuriye muri Kigali Convention Center ahari televiziyo nini bareberagaho ikibera mu kibuga cyose nta guhengeza.

U Bufaransa nibwo bwari bufite abafana benshi, baririmbaga ubutaruhuka bati “Allez les Bleus” bagira n’amahirwe yo kwegukana Igikombe cy’Isi baherukaga mu 1998, bamwe mu babukinira ubu barimo Mbappé bataravuka.

Minezero Issa w’imyaka 25 yatangarije IGIHE ko intsinzi y’u Bufaransa iri mu byamushimishije mu buzima bwe.

Yagize ati “U Bufaransa ni ikipe mfana kandi imba ku mutima cyane. Nayikunze kubera na data ariyo yafanaga akajya angurira imyenda yayo. Yegukanye Igikombe cy’Isi ntarakura, iki rero ndacyishimiye cyane kuko ni cyo cya mbere mbonye. Ikindi bamaze agahinda nagize dutsindwa na Portugal ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’u Burayi mu 2016.”

Murekatete Ange yasazwe n’ibyishimo avuga ko igisigaye ari ukubona umwe ku bakinnyi b’u Bufaransa yegukana Ballon d’Or kuko ibyo bakoze byivugira.

Abafana ba Croatia bo agahinda kari kose ariko bakavuga ko aho ikipe yabo yageze batabitekerezaga.

Gasana Kelly wafanaga iyi kipe yagize ati “Birababaje gutakaza igikombe ariko ibyo Croatia yakoze birahagije. Kugera ku mukino wa nyuma ntabwo ari ikintu cyoroshye, ibihugu byinshi byifuzaga kuhagera ariko biranga. Sinavuga ko nishimye ariko ntewe ishema no kuba narafannye ikipe nziza.”

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi butsinze Croatia ibitego 4-2

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Umutoza w’u Bufaransa, Didier Deschamps, yabaye uwa gatatu utwaye Igikombe cy’Isi nk’umukinnyi akongera akagitwara nk’umutoza

Igikombe cy’Isi cyatanzwe imvura ijojoba

Abafana barebeye umukino kuri Champs de Mars i Paris

Kuri Tour Eiffel byari ibirori bikomeye

Abafaransa benshi mu bice bitandukanye barebye uyu mukino ikipe yabo y’igihugu yanditsemo amateka mashya

Kylian Mbappé yegukanye Igikombe cy’Isi ku myaka 19 n’iminsi 207

Perezida Emmanuel Macron mu byishimo nyuma y’intsinzi y’u Bufaransa

Luka Modrić (ibumoso) yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa na Kylian Mbappé w’imyaka 19 aba umwiza mu bakiri bato

Abakinnyi b’u Bufaransa bishimira intsinzi

Mario Mandžukić yatsinze igitego cya kabiri cya Croatia nyuma yo guterwa umupira n’umunyezamu Hugo Lloris washatse kumucenga

Antoine Griezmann na Raphaël Varane bishimira igitego cya kabiri cy’u Bufaransa

Kylian Mbappé w’imyaka 19 ukinira Paris Saint-Germain ni we watsinze igitego cya kane

Paul Labile Pogba atsinda igitego cya gatatu cy’u Bufaransa

Umutwe wa Mario Mandžukić wanyuze ku munyezamu we Danijel Subašić, ananirwa kuwukuramo

Kylian Mbappé yabaye umukinnyi muto wa kabiri ubonye igitego mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi nyuma y’Umunya-Brazil, Edson Arantes do Nascimento Pelé wabikoze mu 1958

Abakinnyi b’u Bufaransa bishimiye intsinzi batera mu kirere umutoza Didier Deschamps

Igikombe cy’Isi gikoze muri zahabu gusa, gifite uburebure bwa santimetero 36.8, gipima ibiro 6.1

2018-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Ubwanditsi 11 Dec 2023
Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Ubwanditsi 13 Nov 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 16, 20189:18 am -

    Ubu narumiwe koko!! Aha ni mu Rwanda bari kwamamaza no kwishimira Instinzi y abafransa? yewewewe, politiki wee, uri mubi koko!! Abafransa twitaga interahamwe nibo bahindutse beza cyaneee! Aba nibo twirukanye Ambassadeur wabo ikitaraganya n agasuzuguro kenshi muri 2006??
    Aha ni mu Rwanda se? Koko? Kagame na Mushikiwabo bazi ibi bintu ?

    Ngo ni ukubera Candidature ya Mushikiwabo? Ashobora kutazanatorwa, . Buretse mwirebere, mutegereze… Ariko niba twiyibagiza ibitutsi n urwango tubafitiye, bo ntibabyibagiwe.

    Ndumva biteye isoni

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu
Amakuru

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye
ITOHOZA

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru